• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rwemarika yatangaje imigabo n’imigambi irimo guha isura nshya umupira wo mu Rwanda

Rwemarika yatangaje imigabo n’imigambi irimo guha isura nshya umupira wo mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Dec 2017 IMIKINO

Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Ferwafa, Madamu Rwemarika Felicitee yaraye atangaje imigabo n’imigambi ye yiganjemo impinduka mu isura y’umupira w’amaguru

Kuri uyu wa Gatanu mu nyubako ya Kigali Convention Center, Madamu Rwemarika Felicitee yagiranye ikiganiro kirambuye n’itangazamakuru, aho ahanini yiganje mu gusobanura imigabo n’imigambi ye mu gihe ari kwiyamamariza kuyobora Ferwafa mu gihe cy’imyaka ine iri imbere.

Madamu Rwemarika wari usanzwe akuriye umupira w’abagore muri Ferwafa, yatangaje ko iki ari cyo gihe cye cyo kuvugurura umupira w’amaguru mu Rwanda, aho abona mu minsi yashize umupira wari urimo ugenda utakaza isura yawo mu Rwanda.

Arifuza Ferwafa ya bose, itari iy’umuntu umwe

Rwemarika yagize ati “Turashaka kuzaha ijambo abanyamuryango bose, bakagira uruhare mu kwitorera ingengo y’imari izajya ikoreshwa, ndetse bakajya banagezwaho raporo ku gihe, baba abagize inteko rusange, FIFA ndetse na CAF.”

“Hari amategeko menshi dushaka kuzavugurura, agahuzwa n’aya FIFA ndetse na CAF, ariko ibyo byose bikazanagirwamo uruhare n’abanyamuryango, tukubaka umupira ushingiye ku bunyamwuga, atari umupira udigadiga”

Barateganya guha imbaraga ibyiciro bitatu mu mupira w’amaguru kandi bikigenga

“Turabizeza ko nituramuka dutowe, tuzaha imbaraga icyiciro cya mbere, icya kabiri n’icya gatatu mu mupira w’amaguru, ku buryo hazaba hari amarushanwa byibura atatu atandukanye, ndetse kandi turashaka ko buri cyiciro kizaba kigenga, kandi na buri ntara igategura amarushanwa abiri mu mwaka”

JPEG - 232.7 kb
Madamu Rwemarika wagiye yegukana ibihembo mpuzamahanga, arifuza no kugeza umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga

Rwemarika yabajijwe n’itangazamakuru, aho akura icyizere cyo kuzagera ku byo yatangaje, mu gihe mu mupira w’abagore yayoboraga hari ibitarabashije kugerwaho, Rwemarika abasubiza ko atari we wafataga ijambo rya nyuma

“Byari bigoye kuko si njye wafataga ijambo rya nyuma, hari byinshi twifuzaga gukora ntitubyemerwe, ibindi tukabyemererwa twakubise amavi hasi, ariko ndamutse mbaye Umuyobozi wa Ferwafa naba mbasha gufata umwanzuro”

“Mu mupira w’abagore nayoboraga, mu bushobozi buke twari dufite hari byinshi twabashije kugeraho, harimo kuba dufite byibura icyiciro cya mbere n’icya kabiri kandi bikora neza, hari ibihembo mpuzamahanga twagiye twegukana kandi ntitwabihabwaga gutyo gusa”

Bahize guhanga udushya, ndetse bagaha imbaraga ibikorerwa mu Rwanda

Habanabakize Fabrice wahoze ayobora Sunrise, ni umwe mu bafatanyije kwiyamamazanya na Madamu Rwemarika, akaba yazamubera Visi-Perezida baramutse batowe, we yatangaje ko mu bindi bashyize imbere ari uguhanga utundi dushya hakazanwa n’indi mikino ishamikiye ku mupira w’amaguru

JPEG - 161.4 kb
Habanabakize Fabrice wahoze ayobora Sunrise, ariyamamaza nka Visi-Perezida wa Rwemarika

Yagize ati “Hari indi mikino dushaka kuzana harimo Football ikinirwa mu nzu “Futsali” ndetse n’ikinirwa ku mucanga “Beach Soccer”, ni imikino ikinwa ku rwego mpuzamahanga kandi ifite icyo yatumarira”

“Kuki buri gihe twumva ko kuvurwa neza ari ukujya hanze, turifuza kuba twavugurura iri vuriro rya Ferwafa ku buryo ryakongererwa ubushobozi rikajya ku rwego mpuzamahanga, abakinnyi bacu bakajya bivuriza mu Rwanda kandi ku buryo bwihuse hatabanje gutegereza amezi n’amezi ngo bajye hanze”

“Turifuza gushyigikira gahunda y’ibikorerwa mu Rwanda, tugashyiraho uruganda rukora imyenda ya Siporo hano mu Rwanda,ikazakora ubucuruzi bw’iyo myenda kandi inyungu zikaba iz’abanyarwanda”

JPEG - 161.6 kb
Uwintwari John we yazaba akuriye Komisiyo y’umutekano
JPEG - 131 kb
Kanamugire Fidele, we azaba ashinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru, igihe Rwemarika yazaba atowe
JPEG - 172.3 kb
Musanabaganwa Christine, we ariyamamaza nk’uzaba ushizwe iterambere ry’umupira w’abagore muri Ferwafa

Nyinawumuntu Grace wahoze atoza As Kigali n’ikipe y’igihugu y’abagore, nawe wari witabiriye iki kiganiro, yashimiye Rwemarika intambara yarwanye yo kuzamura umupira w’abagore ndetse n’abaterankunga yagize azana mu Rwanda barimo na Sosiyete ya Nike, maze Rwemarika nawe amwizeza ko aramutse atowe yazana abandi baterankunga barenze abo kandi bafsha byinshi mu mpira.

JPEG - 360.9 kb
Nyinawumuntu Grace wahoze atoza AS Kigali n’Amavubi ashimira Rwemarika
JPEG - 130.7 kb
Nyinawumuntu Grace yari yaje gukurikirana imigabo n’imigambi y’umudamu mugenzi we
JPEG - 185.6 kb
Rwemarika na Komite bafatanya kwiyamamaza mu kiganiro n’itangazamakuru

Bimwe mu bigwi bya Rwemarika Felicite

  • Yabaye umunyamuryango w’inama y’Ubuyobozi bwa Ferwafa kuva 2007 kugeza ubu
  • Ni Vice perezida wa Komite Olimpike mu Rwanda
  • Afite impamyabumenyi z’ubuyobozi mu mikino zitangwa na FIFA
  • Umwe mu bari bagize komite yateguye igakurikirana CAN U17 yabareye mu Rwanda muri 2011
  • Umwe mu bari bagize Komite ikurikirana igikombe cy’isi cya U17 cyabereye muri Mexique 2011
  • Umwe mu bagize Komisiyo y’abagore muri CECAFA kuva 2011
  • Umwe mu bagize Komisiyo ya Komite mpuzamahanga y’imikino Olimpike
  • Muri 2016 yahawe igihembo na Komite Mpuzamahanga y’imikino Olimpike gihabwa abagore bitabira siporo
  • Muri 2015 yaherewe mu Bwongereza igihembo cya Stars Foundation Kingdom Award
  • Ni umuyobozi w’umuryango wa Act for Hope

Kugeza ubu Madamu Rwemarika n’abo bafatanyije batangaje ko bamaze kwizera abantu 35 bashobora kuzabatora, mu matora ateganyijwe kuba tariki ya 30 Ukuboza, aho Madame Félicité Rwemarika ahanganye na Nzamwita Vincent De Gaulle wari usanzwe ayobora Ferwafa.

2017-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame yaganiriye n’abayobozi ba Basketball muri Afurika ku iterambere ryayo mu bagore

Perezida Paul Kagame yaganiriye n’abayobozi ba Basketball muri Afurika ku iterambere ryayo mu bagore

Ubwanditsi 28 Aug 2024
AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

Ubwanditsi 09 Jul 2024
Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa

Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa

Ubwanditsi 25 Aug 2025
Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023

Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023

Ubwanditsi 11 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu rwego rwo gukomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibigarasha n’interahamwe barategura guha “icyubahiro” abicanyi baguye mu ntambara yo guhagarika iyo Jenoside
Amakuru

Mu rwego rwo gukomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibigarasha n’interahamwe barategura guha “icyubahiro” abicanyi baguye mu ntambara yo guhagarika iyo Jenoside

Ubwanditsi 28 Mar 2022
U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore
Mu Rwanda

U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Kugirango  u Rwanda  rugire amahoro ni uko Abafaransa bava muri Uganda, ese  birashoboka ?
ITOHOZA

Kugirango u Rwanda rugire amahoro ni uko Abafaransa bava muri Uganda, ese birashoboka ?

Ubwanditsi 23 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru