• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rwemarika yatangaje imigabo n’imigambi irimo guha isura nshya umupira wo mu Rwanda

Rwemarika yatangaje imigabo n’imigambi irimo guha isura nshya umupira wo mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Dec 2017 IMIKINO

Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Ferwafa, Madamu Rwemarika Felicitee yaraye atangaje imigabo n’imigambi ye yiganjemo impinduka mu isura y’umupira w’amaguru

Kuri uyu wa Gatanu mu nyubako ya Kigali Convention Center, Madamu Rwemarika Felicitee yagiranye ikiganiro kirambuye n’itangazamakuru, aho ahanini yiganje mu gusobanura imigabo n’imigambi ye mu gihe ari kwiyamamariza kuyobora Ferwafa mu gihe cy’imyaka ine iri imbere.

Madamu Rwemarika wari usanzwe akuriye umupira w’abagore muri Ferwafa, yatangaje ko iki ari cyo gihe cye cyo kuvugurura umupira w’amaguru mu Rwanda, aho abona mu minsi yashize umupira wari urimo ugenda utakaza isura yawo mu Rwanda.

Arifuza Ferwafa ya bose, itari iy’umuntu umwe

Rwemarika yagize ati “Turashaka kuzaha ijambo abanyamuryango bose, bakagira uruhare mu kwitorera ingengo y’imari izajya ikoreshwa, ndetse bakajya banagezwaho raporo ku gihe, baba abagize inteko rusange, FIFA ndetse na CAF.”

“Hari amategeko menshi dushaka kuzavugurura, agahuzwa n’aya FIFA ndetse na CAF, ariko ibyo byose bikazanagirwamo uruhare n’abanyamuryango, tukubaka umupira ushingiye ku bunyamwuga, atari umupira udigadiga”

Barateganya guha imbaraga ibyiciro bitatu mu mupira w’amaguru kandi bikigenga

“Turabizeza ko nituramuka dutowe, tuzaha imbaraga icyiciro cya mbere, icya kabiri n’icya gatatu mu mupira w’amaguru, ku buryo hazaba hari amarushanwa byibura atatu atandukanye, ndetse kandi turashaka ko buri cyiciro kizaba kigenga, kandi na buri ntara igategura amarushanwa abiri mu mwaka”

JPEG - 232.7 kb
Madamu Rwemarika wagiye yegukana ibihembo mpuzamahanga, arifuza no kugeza umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga

Rwemarika yabajijwe n’itangazamakuru, aho akura icyizere cyo kuzagera ku byo yatangaje, mu gihe mu mupira w’abagore yayoboraga hari ibitarabashije kugerwaho, Rwemarika abasubiza ko atari we wafataga ijambo rya nyuma

“Byari bigoye kuko si njye wafataga ijambo rya nyuma, hari byinshi twifuzaga gukora ntitubyemerwe, ibindi tukabyemererwa twakubise amavi hasi, ariko ndamutse mbaye Umuyobozi wa Ferwafa naba mbasha gufata umwanzuro”

“Mu mupira w’abagore nayoboraga, mu bushobozi buke twari dufite hari byinshi twabashije kugeraho, harimo kuba dufite byibura icyiciro cya mbere n’icya kabiri kandi bikora neza, hari ibihembo mpuzamahanga twagiye twegukana kandi ntitwabihabwaga gutyo gusa”

Bahize guhanga udushya, ndetse bagaha imbaraga ibikorerwa mu Rwanda

Habanabakize Fabrice wahoze ayobora Sunrise, ni umwe mu bafatanyije kwiyamamazanya na Madamu Rwemarika, akaba yazamubera Visi-Perezida baramutse batowe, we yatangaje ko mu bindi bashyize imbere ari uguhanga utundi dushya hakazanwa n’indi mikino ishamikiye ku mupira w’amaguru

JPEG - 161.4 kb
Habanabakize Fabrice wahoze ayobora Sunrise, ariyamamaza nka Visi-Perezida wa Rwemarika

Yagize ati “Hari indi mikino dushaka kuzana harimo Football ikinirwa mu nzu “Futsali” ndetse n’ikinirwa ku mucanga “Beach Soccer”, ni imikino ikinwa ku rwego mpuzamahanga kandi ifite icyo yatumarira”

“Kuki buri gihe twumva ko kuvurwa neza ari ukujya hanze, turifuza kuba twavugurura iri vuriro rya Ferwafa ku buryo ryakongererwa ubushobozi rikajya ku rwego mpuzamahanga, abakinnyi bacu bakajya bivuriza mu Rwanda kandi ku buryo bwihuse hatabanje gutegereza amezi n’amezi ngo bajye hanze”

“Turifuza gushyigikira gahunda y’ibikorerwa mu Rwanda, tugashyiraho uruganda rukora imyenda ya Siporo hano mu Rwanda,ikazakora ubucuruzi bw’iyo myenda kandi inyungu zikaba iz’abanyarwanda”

JPEG - 161.6 kb
Uwintwari John we yazaba akuriye Komisiyo y’umutekano
JPEG - 131 kb
Kanamugire Fidele, we azaba ashinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru, igihe Rwemarika yazaba atowe
JPEG - 172.3 kb
Musanabaganwa Christine, we ariyamamaza nk’uzaba ushizwe iterambere ry’umupira w’abagore muri Ferwafa

Nyinawumuntu Grace wahoze atoza As Kigali n’ikipe y’igihugu y’abagore, nawe wari witabiriye iki kiganiro, yashimiye Rwemarika intambara yarwanye yo kuzamura umupira w’abagore ndetse n’abaterankunga yagize azana mu Rwanda barimo na Sosiyete ya Nike, maze Rwemarika nawe amwizeza ko aramutse atowe yazana abandi baterankunga barenze abo kandi bafsha byinshi mu mpira.

JPEG - 360.9 kb
Nyinawumuntu Grace wahoze atoza AS Kigali n’Amavubi ashimira Rwemarika
JPEG - 130.7 kb
Nyinawumuntu Grace yari yaje gukurikirana imigabo n’imigambi y’umudamu mugenzi we
JPEG - 185.6 kb
Rwemarika na Komite bafatanya kwiyamamaza mu kiganiro n’itangazamakuru

Bimwe mu bigwi bya Rwemarika Felicite

  • Yabaye umunyamuryango w’inama y’Ubuyobozi bwa Ferwafa kuva 2007 kugeza ubu
  • Ni Vice perezida wa Komite Olimpike mu Rwanda
  • Afite impamyabumenyi z’ubuyobozi mu mikino zitangwa na FIFA
  • Umwe mu bari bagize komite yateguye igakurikirana CAN U17 yabareye mu Rwanda muri 2011
  • Umwe mu bari bagize Komite ikurikirana igikombe cy’isi cya U17 cyabereye muri Mexique 2011
  • Umwe mu bagize Komisiyo y’abagore muri CECAFA kuva 2011
  • Umwe mu bagize Komisiyo ya Komite mpuzamahanga y’imikino Olimpike
  • Muri 2016 yahawe igihembo na Komite Mpuzamahanga y’imikino Olimpike gihabwa abagore bitabira siporo
  • Muri 2015 yaherewe mu Bwongereza igihembo cya Stars Foundation Kingdom Award
  • Ni umuyobozi w’umuryango wa Act for Hope

Kugeza ubu Madamu Rwemarika n’abo bafatanyije batangaje ko bamaze kwizera abantu 35 bashobora kuzabatora, mu matora ateganyijwe kuba tariki ya 30 Ukuboza, aho Madame Félicité Rwemarika ahanganye na Nzamwita Vincent De Gaulle wari usanzwe ayobora Ferwafa.

2017-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ubwanditsi 04 Oct 2021
CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino

CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino

Ubwanditsi 03 Feb 2016
Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira

Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira

Ubwanditsi 03 Dec 2016
CAN U20: UGANDA na GHANA zageze ku mukino wa nyuma muri Mauritania

CAN U20: UGANDA na GHANA zageze ku mukino wa nyuma muri Mauritania

Ubwanditsi 02 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph
IMIKINO

Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph

Ubwanditsi 14 Nov 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 29 Mar 2023
Abarundi bazindukiye mu matora ya Kamarampaka ishobora kwemerera Nkurunziza kuyobora kugeza mu 2034
INKURU NYAMUKURU

Abarundi bazindukiye mu matora ya Kamarampaka ishobora kwemerera Nkurunziza kuyobora kugeza mu 2034

Ubwanditsi 17 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru