• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kugirango u Rwanda rugire amahoro ni uko Abafaransa bava muri Uganda, ese birashoboka ?

Kugirango u Rwanda rugire amahoro ni uko Abafaransa bava muri Uganda, ese birashoboka ?

Ubwanditsi 23 Feb 2017 ITOHOZA

Ubwo hizihizwaga icyunamo cya jenoside ku ncuro ya mbere muri Mata 1995, Perezida Paul Kagame yavuze ko leta y’igihugu cy’Ubufaransa igomba kuzasaba imbabazi u Rwanda kubera uruhare rwayo muri Jenoside.

Mu buzima hari ihame rigira riti : « Iyo inshuti yawe ikundanye n’umwanzi wawe, iyo nshuti nayo ihita ihinduka umwanzi wawe »! Abafaransa n’abarwanya u Rwanda nka Kayumba Nyamwasa ni abanzi b’u Rwanda ; niba Museveni abaye inshuti z’abo banzi ibyo bizitwa iki ?

Mugice kimwe cy’inyandiko yasohotse mu Kinyamakuru “The Ugandan ” cyandikirwa muri Uganda cyashyize ahagaraga uyu munsi , Saturday, February 18, 2017 iragira iti :

“The recruits are said to be at least 400 and being trained in the forest by several French Armed Forces’ Land Army (French: Armée de terre [aʀme də tɛʀ]) and that they were instructed in the use of weapons including assault rifles and rocket-propelled grenades. The report said that the recruits were transported from the Rwanda border with an unarmed military escort and that the combatants “reported that their ultimate goal was to remove Rwandan President Paul Kagame from power.””

Ibi abanyamakuru bo muri Uganda bakaba babyanditse bifashishije inyandiko yasohotse kuri Rushyashya.net “Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda” n’ubwo umugambi w’abanzi b’u Rwanda waba ukomeje gutahurwa ntakibazo kiragaraga u Rwanda rufitanye na Uganda kuko umubano w’ibihugu byombi uracyari ” ntamakemwa”.

Ariko inzika y’ ingabo zombi muri Congo mu ntambara zirenga 2 zabereye i Kisangani nayo ikomeje kugarukwaho n’ibinyamakuru byandikirwa muri Uganda byagize icyo bivuga kunyandiko yacu y’uyu munsi, bigira biti : iyo nzika iracyanuka.

Uganda yakomeje guha inzira bamwe mu barwanya u Rwanda bagahunga u Rwanda ,bakanyura muri Uganda bakajya mu bindi bihugu kurwanya u Rwanda; ibyo ariko u Rwanda rwakomeje kubyihanganira rukomeza gushaka umubano uko bwije n’ uko bucyeye, kuburyo ibi bibazo bitakomye mu nkokora umubano mwiza w’ibihugu byombi bisanzwe ari ibivandimwe kumpande zombi.

Nubwo intambara y’ubutita hagati y’u Rwanda na Uganda yaba imaze igihe kirekire, ariko muri icyo gihe cyose Museveni ntiyigeze agaragariza u Rwanda urwango n’ubwo haba hatangiye kuza agatotsi kubera ibintu bidasobanutse biri kugaragara muri iki gihe.

Kuba abanyamerika n’abongereza bahugiye mu bibazo bya Politiki biri mu bihugu byabo, byatumye Uganda isigara mu bwigunge, cyane ko n’abayobozi bashya b’Ubwongereza n’Amerika bafite indi myumvire ku mugabane w’Afurika.

Museveni abanye neza n’Abafaransa mu rwego rw’ubukungu n’igisilikare, kandi Abafaransa ari abanzi b’ u Rwanda. Kugirango u Rwanda rugire amahoro ni uko Abafaransa bava muri Uganda, ese birashoboka ?

-5785.jpg

-5786.jpg

Ntabwo Abafaransa bashobora guhara Peteroli ya Uganda bacukura kandi Museveni nawe ntiyakwitesha amaboko ya gisilikare Abafaransa bamuha. Isosiyeti y’abafaransa Total yeguriwe isoko ryo gucukura peteroli muri Uganda ariko Total ikaba yariyemeje gusubiza « Tullow oil » miliyo 900 z’amadolari kubera ko ariyo yari ifite iryo soko.

-5787.jpg

Sosiyete y’abafaransa Total ikaba yaratangiye ku mugaragaro ibikorwa byo gucukura peteroli ya Uganda guhera ku italiki ya 1 Mutarama 2017. Total ikaba iteganya ko izajya icukura utugunguru twa peteroli turenga 230000 ku munsi muri Uganda, iyo peteroli ikazajya inyuzwa mu bitembo biri munsi y’ubutaka ikavomerwa hafi y’icyambu cya «Daresalamu» muri Tanzaniya. Kubera iyo peteroli ya Uganda, byatumye abafaransa barushaho gushinga ibirindiro mu karere k’ibiyaga bigari .

u Rwanda narwo rugomba kubungabunga amahoro n’ umutekano n’ ubusugire bw’Igihugu ntibwakwihanganira uwariwe wese ushuka abaturage barwo mu inyungu ze cyangwa se niz’ ubufaransa kandi ibi byose bigamije guteza umutekano mucye muri aka karere.

Ikindi giteye impungenge nigute Uganda yakwakira abanyarwanda batorezwa mu ishyamba rya Kijuru border with Kibaale and Kyenjojo districts, nkuko bivugwa, bigakorerwa mu bwisanzure muri Uganda hafi y’u Rwanda kuburyo bivugwa ko abasaga 400 baba bamaze kubona iyo myitozo ( including assault rifles and rocket-propelled grenades). Ibi n’ikibazo gikomeye.

Ikindi giteye impungenge n’uko umunyemari Rujugiro wahunze u Rwanda bizwi ko akorana n’imitwe yiterabwoba FDLR na RNC yashora imari agashinga uruganda regera kuri miliyali 200 rw’itabi mu majyaruguru ya Uganda, bivugwa ko akorana na RNC ndetse na bamwe mubakozi be bakaba bakorera Kayumba, bityo bakaba bafite n’umugambi wo kwica amatora mu Rwanda azaba muri kanama 2017.

Ubwanditsi.

2017-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Ubwanditsi 17 Dec 2023
Col. Gahimano wari muri Coup d’Etat yo kuya 5 Nyakanga 73 yitabye Imana

Col. Gahimano wari muri Coup d’Etat yo kuya 5 Nyakanga 73 yitabye Imana

Ubwanditsi 17 Nov 2016
Leta y’u Burundi imaze kwemeza mu nyandiko ko umurambo wa Bihozagara ucyurwa mu Rwanda

Leta y’u Burundi imaze kwemeza mu nyandiko ko umurambo wa Bihozagara ucyurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Uganda: Umunyarwandakazi n’uwari umuherekeje barasiwe Entebbe bahita bashiramo umwuka

Uganda: Umunyarwandakazi n’uwari umuherekeje barasiwe Entebbe bahita bashiramo umwuka

Ubwanditsi 06 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa
Amakuru

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Ubwanditsi 22 May 2024
RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni
POLITIKI

RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi
Amakuru

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Ubwanditsi 20 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru