• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ukwigiza nkana kw’Abanya-Uganda bareze u Rwanda mu rukiko rwa EAC

Ukwigiza nkana kw’Abanya-Uganda bareze u Rwanda mu rukiko rwa EAC

Ubwanditsi 03 Jul 2019 ITOHOZA

Imiryango itegamiye kuri Leta muri Uganda, yakoze icyafashwe nko gushakira ikibazo aho kitari ubwo yaregaga mu Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACJ), Leta y’u Rwanda n’iya Uganda ko zatanze amabwiriza yo gufunga imipaka, bikaba byarakenesheje abaturage.

Ikirego cy’iyi miryango kivuga ko gufunga imipaka binyuranyije n’amabwiriza ashyiraho EAC kandi byagize ingaruka ku baturage cyane cyane abaturiye ibice byegereye imipaka. Aha ni ho bahera barasaba n’indishyi z’akababaro ku bagizweho ingaruka n’ibi byemezo bise ibya politiki.

Umuyobozi wungirije mu Ishyirahamwe ry’Abacuruzi b’Abagore ku Mupaka wa Gatuna igice cya Uganda, Deborah Kyarisiima, avuga ko hari abantu bari barafashe inguzanyo ngo bakore ubucuruzi bwambukiranya imipaka ariko ubu bahunze kuko bari kwishyuzwa kandi badafite icyo bishyura.

Nta mupaka wafunzwe

Ku wa 28 Gashyantare 2019 u Rwanda rwahagaritse amakamyo yacaga ku mupaka wa Gatuna uruhuza na Uganda, kubera imirimo yo kubaka umupaka uhuriweho n’ibihugu byombi, One Stop Border Post.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) cyamenyesheje abantu bose ko imodoka zose zitwaye ibicuruzwa zanyuraga ku mupaka wa Gatuna zakwifashisha umupaka wa Kagitumba/Mirama Hills.

Ni umwanzuro iki kigo kivuga ko wafashwe hagamijwe kwihutisha imirimo y’ubwubatsi irimo gukorerwa ku mupaka wa Gatuna, igamije koroshya ingendo z’abantu n’ibicuruzwa kuri uyu mupaka.

Ku ruhande rwa Uganda bakomeje kuvuga ko ari ugufunga umupaka, ibintu u Rwanda rwagaragaje ko bitandukanye n’ukuri. Mu minsi ishize nibwo umupaka wa Gatuna wafungurwaga by’agateganyo ku modoka nini mu gihe cy’ibyumweru bibiri hagati ya tariki ya 10 – 22 Kamena 2019.

Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi mu Rwanda (RTDA) cyatangaje ko nyuma y’isuzuma basanze hasigaye utuntu duke tuzarangira muri Nyakanga umupaka ukongera gukora uko bisanzwe.

Umupaka wa Gatuna niwo woroshya ingendo hagati y’ibihugu byombi kuko kuva i Gatuna ugera i Kigali mu Rwanda ari ibilometero 86.6 gusa, mu gihe uturutse Kagitumba ugana i Kigali ukoresha ibilometero 185.1, naho uturuka Cyanika uza i Kigali naho ukoresha ibilometero 130.5.

Uganda ikomeje gushegeshwa n’ubushotoranyi ku Rwanda

Uwavuga ko Uganda itabaye umuturanyi mwiza ku Rwanda ntiyaba abeshye kuko ubuhamya bw’abarenga 1000 birukanwe nabi ku butaka bw’icyo gihugu ndetse bakagaragaza ihohoterwa n’iyicarubozo bakorewe bwivugira.

Ibi byatumye kuva muri Werurwe uyu mwaka Guverinoma y’u Rwanda isaba abaturage bayo guhagarika kujya muri Uganda, kubera impungenge z’umutekano wabo. Ni ku nshuro ya mbere mu buryo bweruye ubuyobozi bw’u Rwanda bwari buburiye abaturage bubasaba guhagarika ingendo bagirira muri Uganda.

Imibare igaragaza ko Uganda yahungabanyijwe byihariye n’ubu bushotoranyi ku Rwanda kuko Banki Nkuru yayo ivuga ko ibyoherezwaga mu Rwanda byagabanutseho 80% muri Mata ugereranyije na Gicurasi uyu mwaka.

Mu busesenguzi bw’Umwarimu mu by’Ubukungu muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda, Ramathan Ggoobi, yavuze ko u Rwanda aricyo gihugu gifite agaciro gakomeye ku buzima bw’ubukungu bwa Uganda kurusha u Bushinwa, u Buhinde, u Buyapani, u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Muri Werurwe, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko mu gihe umubano hagati y’u Rwanda na Uganda utifashe neza, abaturage badakwiye guhangayika kuko hagize igihugu kibangamirwa mu bukungu, Uganda yo yohereza mu Rwanda ibicuruzwa byinshi ari yo yahura n’igihombo kinini.

Dr Ndagijimana yavuze ko mu bucuruzi hagati y’ibihugu byombi, u Rwanda rwiteguye ko ibicuruzwa byavagayo bishobora gushakirwa ahandi.

Yagize ati “Umwaka ushize ibyo twavanaga muri Uganda byikubye inshuro nyinshi ibyo twoherezayo. Ibyo twakuragayo byari bifite agaciro ka miliyoni $242 twe twoherezayo gusa miliyoni $27. Urumva rero haramutse hagize igituma ubwo bucuruzi bugabanyuka, igihombo cyinshi kiba kuri wa wundi wacuruzaga hanze, kiva ku utakaje isoko.”

“Igihombo cyaba kuri Uganda kurusha u Rwanda, kubera ko kuri twe, Uganda ni isoko rito twoherezagaho ibintu bike, bo batugurishaho byinshi inshuro nyinshi.”

Abareze bashakiye ikibazo aho kitari

Imyaka ibiri irirenze umubano w’ibihugu byombi utifashe neza, aho u Rwanda rutishimiye uburyo Abanyarwanda muri Uganda bafungwa, bagatotezwa nta mpamvu igaragara, bamwe bakabwirwa ko bazira kuba intasi mu gihe ari abaturage bagiye gushaka ubuzima.

U Rwanda kandi ntiruhwema kugaragaza ko hari ibikorwa byinshi birimo kubera muri Uganda bigamije guhungabanya umutekano warwo binyuze mu mitwe ya RNC iyoborwa na Kayumba Nyamwasa na FDLR, amakuru Uganda yo yahakanye.

Iyo urebye ibi byose, abareze mu rukiko birengagije ko Abanyarwanda bakorerwa iyicarubozo muri Uganda umusubirizo. Niba bo bakura urwunguko mu Rwanda, ni uko nta Munya-Uganda, ukomwa mu nkokora mu Rwanda, mu gihe ibicuruzwa by’Abanyarwanda nk’amata yafungiwe Uganda ahanyuze ajyanwa Kenya, arinda yangirika nta n’igisobanuro gitanzwe.

Amabuye y’agaciro nayo yavaga mu Rwanda anyujijwe Uganda yamaze amezi menshi yarafatiriwe na Leta ku mpamvu na n’ubu zitasobanuwe.

Ugendeye ku bikorwa by’ubushotoranyi bikorwa na Leta ya Uganda ku Rwanda n’Abanyarwanda, aba bareze u Rwanda na Uganda ikirego cyabo kirimo kwibeshya, ahubwo hagombaga kuregwa Uganda yo ihohotera Abanyarwanda kugeza ubwo bagiriwe inama yo kutambuka umupaka, nyamara abaturage baho bo batembera, bagakora ubucuruzi ndetse bagasura inshuti nta nkomyi.

Uyu mwuka mubi ukaba warahemberewe na Uganda itoteza Abanyarwanda ndetse igafasha imitwe y’iterabwoba igamije kugirira nabi u Rwanda irimo RNC, FDLR, FLN n’indi, yose yahawe icyicaro muri Uganda.

Muri make abo bareze bakwiye kubanza bakabaza Leta yabo icyo igamije mu bikorwa irimo byo gushotora u Rwanda no guhohotera Abanyarwanda kuko ari yo ahanini yatanga igisubizo ku bibazo by’ubukene barimo kuko ariyo nyirabayazana.

2019-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FLN [ Force De Libération National ] Umutwe Wa Gisirikare W’impuzamashyaka Ugamije Guhungabanya Umutekano W’u Rwanda

FLN [ Force De Libération National ] Umutwe Wa Gisirikare W’impuzamashyaka Ugamije Guhungabanya Umutekano W’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Ese ni iki gituma umuryango wa Karegeya wiriza kandi wari waramuciye

Ese ni iki gituma umuryango wa Karegeya wiriza kandi wari waramuciye

Ubwanditsi 27 Jan 2016
ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!

ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!

Ubwanditsi 12 May 2017
Ikimwaro : Benzinge, Rujugiro  na RNC basohoye ‘Proclamation’, bayitirira ko yanditswe n’Umwami Kigeli V Ndahindurwa

Ikimwaro : Benzinge, Rujugiro na RNC basohoye ‘Proclamation’, bayitirira ko yanditswe n’Umwami Kigeli V Ndahindurwa

Ubwanditsi 04 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23
IMIKINO

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Ubwanditsi 15 Aug 2018
RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane
POLITIKI

RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro
IMIKINO

Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro

Ubwanditsi 13 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru