• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside
CNLG yamaganye ibitaro byo mu Bufaransa byahaye akazi Twagira ukurikiranyweho Jenoside

U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 07 Feb 2018 ITOHOZA

Ibitaro bya Paul Doumer byita ku ndwara z’abageze mu zabukuru bicungwa n’umuryango ‘Assistance publique des hôpitaux de Paris ‘ (AP-HP), i Labruyère mu Bufaransa, byahagaritse kontaro byari byarahaye Dr Charles Twagira wahamijwe icyaha cya Jenoside n’inkiko zo mu Rwanda akaba akinakurikiranwe mu Bufaransa.

Ku wa Mbere tariki ya 5 Gashyantare 2018, Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yari yasohoye itangazo ryamagana isubizwa mu kazi rya Dr Twagira w’imyaka 60 y’amavuko, rigaragaza ko icyo gikorwa igifata nko gupfobya jenoside no kwica amategeko ahana y’u Bufaransa ndetse n’inshingano mpuzamahanga yo gukumira no guhana icyaha cya jenoside.

Nyuma y’umunsi umwe, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène, yatangarije Igihe ko yamenye ihagarikwa mu kazi rya Dr Twagira ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 6 Gashyantare.

Yagize ati “Twamenye ko kontaro ye yahagaritswe akaba ari icyemezo twishimiye kandi twifuza ko gikwiye no ku bandi bose bashyiriweho impapuro zo kubafata ariko bakiri mu mirimo hirya no hino mu mahanga.”

Yakomeje avuga ko CNLG igiye gukurikirana ikamenya neza icyo icyo cyemezo cyafatiwe Dr Twagira kivuga.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, uyu Munyarwanda yari ashinzwe serivisi z’ubuzima mu yari Perefegitura ya Kibuye, agashinjwa kuba yari mu bahateguye Jenoside.

Mu 2009 nibwo Urukiko rwo ku Kibuye rwamukatiwe gufungwa burundu adahari, ahamije ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu.

Yahamwe no kuba yarashishikarije abaturage gukora jenoside no gukorera ibikorwa by’iyicarubozo Abatutsi bari bahungiye kuri Stade Gatwaro no ku barwayi bari barwariye mu bitaro bya Kibuye.

Yahamijwe kwicisha abana n’umugore wa Dr Camille Karimwabo, mugenzi we w’umuganga wahoze ari Umuyobozi w’ibitaro bya Kibuye.

Muri 1994, Dr Charles Twagira muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ahava ajya muri Benin kugeza mu 2006, nyuma asanga umuryango we mu Bufaransa ndetse anabona ubwenegihugu bw’icyo gihugu.

Hashingiwe ku kirego cyatanzwe na Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda (CPCR) Dr Charles Twagira yafatiwe i Vire mu Bufaransa muri Werurwe 2014 aho yari yarahungiye mu gace ka Calvados, akurikiranwa n’ubutabera ku byaha bya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu yakoreye mu Rwanda.

Muri Gicurasi 2015, Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris rwarekuye Dr Twagira ariko agakomeza gukurikiranwa acunzwe n’ubutabera.

Mu gitabo cy’amategeko ahana mu Bufaransa mu ngingo yacyo ya 138 mu gika cyayo cya 12, ivuga ko umuntu wese ucunzwe n’ubutabera adashobora gukora imirimo ya kinyamwuga ndetse n’imuhuza n’abantu benshi; n’umwuga w’ubuganga.

2018-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amazing Grace yambuwe uburenganzira bwo gukora nka Radio mu Rwanda

Amazing Grace yambuwe uburenganzira bwo gukora nka Radio mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Kumena amabanki n’Imirenge Sacco umugambi mushya wa RNC wo guhungabanya umutekano mu Rwanda

Kumena amabanki n’Imirenge Sacco umugambi mushya wa RNC wo guhungabanya umutekano mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Jun 2016
Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier

Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier

Ubwanditsi 14 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo
Mu Rwanda

EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017
RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC
INKURU NYAMUKURU

RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

Ubwanditsi 16 Feb 2018
Diane Rwigara mwene nyina n’umubyeyi wabo Adeline  bahakanye ibyaha baregwa
Mu Rwanda

Diane Rwigara mwene nyina n’umubyeyi wabo Adeline bahakanye ibyaha baregwa

Ubwanditsi 11 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru