• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Ubwanditsi 27 Feb 2017 ITOHOZA

Nyuma y’imyaka isaga 20 Indege yari itwaye uwari Perezida Habyarimana na Ntaryamira w’u Burundi, irasiwe mu kirere cya Masaka n’umutwe w’ingabo zitaramenyekana neza n’ubwo bikekwa ko intagondwa z’Abahutu bari mu buyobozi bwa Ex.FAR baba aribo barashe iyo ndege, ibimenyetso bishya bitangiye kujya ahagaragara bigaragaza ko koko Ingabo z’Inzirabwoba zifatanyije n’Abafaransa bari barinze ikibuga cy’Indege cya Kanombe baba barabigizemo uruhare.

Raporo y’ibanga y’Umuryango w’Abibumbye muri Congo, Ikinyamakuru The Globe and Mail cyabashije kubona, ivuga ko imbunda irasa missile yakozwe n’Abasoviyete yafashwe n’ingabo za leta ya Congo FARDC ziyambuye inyeshyamba z’Abanyarwanda ziba mu mutwe wa FDLR, mu kwezi kwa Kanama mu mwaka ushize wa 2016.

-5916.jpg

Ibisigazwa by’Indege ya Habyarimana

Iyi raporo nshya y’Umuryango w’Abibumbye ivuga ko iyi mbunda yafashwe ifite ibimenyetso nk’amatariki yakoreweho n’umubare wa serie (Serial number) nk’uw’imbunda yahanuye indege ya perezida Habyarimana Juvenal mu 1994.

Iyi raporo ivuga ko itagamije kugaragaza uwaba warahanuye indege ya Habyarimana, ariko igasaba ko ibimenyetso byabonetse byashyikirizwa Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Loni cyangwa inzego z’ubutabera z’u Bufaransa.

-5914.jpg

Inyeshyamba za FDLR

Mu ijoro ryo kuwa 06 rishyira kuwa 07 Mata 1994 nibwo ibisasu bibiri bya missiles byarashwe ku ndege, Falcon 50, ya perezida Habyarimana wari kumwe na mugenzi we w’u Burundi, Cyprien Ntaryamira, ndetse n’abandi bayobozi bagera kuri 7 n’abakozi b’indege 3 bakomoka mu Bufaransa ubwo yari akubutse mu mishyikirano muri Tanzania. Abari mu ndege bose nta n’umwe warokotse.

Nyuma y’amasaha macye iyi ndege ihanuwe, abahezanguni b’Abahutu batangiye guhiga bukware no kwica Abatutsi n’Abahutu batavugaga rumwe n’ubutegetsi, ubwicanyi bwaje guhagarikwa n’izari ingabo za FPR ziyobowe na Perezida w’u Rwanda kuri ubu, Paul Kagame.

Nyuma hagiye habaho amaperereza n’ubushakashatsi butandukanye hagamijwe kumenya uwaba waragize uruhare mu ihanurwa ry’iyi ndege yahise ikurikirwa na Jenoside, ariko ibigezweho ntibivugweho rumwe. Bamwe bashinja abayoboye u Rwanda kuri ubu, mu gihe abandi bemeza ko indege yahanuwe n’intagondwa zari mu butegetsi bwa Habyarimana zitifuzaga ko asangira ubutegetsi n’Abatutsi.

Iyi raporo y’ibanga ya Loni y’amapaje 9 yo kuwa 20 Nzeri ikaba yanditseho ko ari ibanga rikomeye (strictly confidential) ngo ifitemo amapaje menshi agizwe n’amafoto agaragaza isano iri hagati y’imbunda yafashwe n’iyahanuye indege ya Habyarimana aho bivugwa ko zose zakozwe muri Mata 1987.

-5915.jpg

Abafaransa kuri bariyeri zo mu Rwanda 1994.

Raporo ya Loni yo mu 2010 yari yavuze ko inyeshyamba z’Abanyarwanda zigambye gufata imbunda irasa missile yakorewe mu cyahoze ari Repubulika Zunze Ubumwe z’Abasoviyete ubwo ngo zarwanaga n’izindi nyeshyamba zari zishyigikiwe n’u Rwanda mu 1998. Raporo nshya ikaba ivuga ko iyi mbunda ari nayo ingabo za Congo zatse izi nyeshyamba mu kwezi kwa munani mu mwaka ushize.

2017-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inkoni y’Umwana ishira Dondi Dondi : Abandi bapasiteri 3 ba Zion Temple basezeye kuri Apotre Gitwaza, amaherezo ni ayahe?

Inkoni y’Umwana ishira Dondi Dondi : Abandi bapasiteri 3 ba Zion Temple basezeye kuri Apotre Gitwaza, amaherezo ni ayahe?

Ubwanditsi 26 May 2017
Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Ubwanditsi 26 Sep 2022
Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Ubwanditsi 23 Aug 2016
Rudasingwa Theogene yaba ahugiye kuki?

Rudasingwa Theogene yaba ahugiye kuki?

Ubwanditsi 23 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!
Amakuru

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Ubwanditsi 18 May 2021
Gatera wa BK  agiye  kuyobora Crystal Ventures Ltd
Mu Mahanga

Gatera wa BK agiye kuyobora Crystal Ventures Ltd

Ubwanditsi 10 Feb 2016
Burundi:  Ibikorwa bya  Kinyamanswa bikorwa n’” Imbonerakure “ mugihe Nkurunziza azigereranya n’Imana ye
Mu Mahanga

Burundi: Ibikorwa bya  Kinyamanswa bikorwa n’” Imbonerakure “ mugihe Nkurunziza azigereranya n’Imana ye

Ubwanditsi 25 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru