• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo

EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017 Mu Rwanda

Umuryango uwo ariwo wose ushyirwaho kugira ngo uhindure imibereho y’abawugize ngo ibe myiza kurusha uko byakabaye uwo muryango utariho.

Uko niko umuryango w’ibihugu byo mu burasirazuba bwa Afurika (EAC) washinzwe, ubu ukaba ugizwe n’ibihugu bitandatu bituwe n’abantu basaga miliyoni 100. Uyu muryango, nk’uko bimeze ku yindi nkawo, kugira ngo ubeho unakomere n’uko ugomba kugira abakozi n’amafaranga yo gukoresha.

Ingengo y’imari ya East African Community (EAC), irangirana n’uku kwezi (2016/2017), yari amadolari ya Amerika moliyoni 101.4 naho ingengo y’imari y’uyu mwaka (2017/2018) byemeranyijwe yuko itaziyongeraho n’urumiya (zero increase), nubwo izaba ari amadolari miliyoni 110. Ahanini iyo nyongera izaba iturutse ku munyamuryango mushya, Sudan y’Epfo kuko izatanga umusanzu wa hafi USD miliyoni umunani nk’uko bimeze ku bandi banyamuryango basanzwemo !

EAC guhitamo kutongera amafaranga ateganywa ku ngengo y’imari yayo ntabwo ari uko yasanze ayo bari bateganyije ubushije yari ahagije ngo babe batakwifuza arenzeho. Ntabwo yari ahagije ariko nta n’uguteganya umubare w’amafaranga uzi neza yuko udashobora kubona !

Ubusanzwe ingengo y’imari ya EAC iba itegerejwe guturuka ahantu habiri. Iy’uyu mwaka biteganyijwe yuko miliyoni 57.3 azaturuka mu banyamuryango, naho asigaye akava mu baterankunga. Nyamara abo banyamuryango ntabwo batanga imisanzu yabo neza ku buryo wakwizera yuko amafaranga yose yaboneka cyangwa akabonekera igihe.

Urugero n’uko muri iyi ngengo y’imari igihugu cya Kenya nicyo kimaze kwishyura ayo gisabwa yose. Uganda imaze kwishyuraho 91.5 %, u Rwanda 64.2 %, Tanzania 30.5 %, naho u Burundi ntabwo burishyuraho n’urumiya nk’uko bunafitiye uwo muryango ibirarane by’ubushize bingana na USD 771.037.

Uretse no kuba u Burundi budatanga imisanzu yabwo neza ahubwo bushobora no gutuma uwo muryango ubura n’amafaranga y’imfashanyo yaturukaga ahandi. Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu byu Bulayi (EU) ni umuterankunga w’imena wa EAC ariko ukaba warahagaritse inkunga ku butegetsi b’u Burundi.

EU igerageza uko ishoboye kose kugira ngo inkunga itera ibindi bihugu cyangwa indi miryango zitaba zagera ku butegetsi bwa Nkurunziza mu bundi buryo. EA ubu rero ikaba ifite icyo kibazo ku bunyamabanga bwa EAC, ubu buyobowe na Liberat Mfumukeko ukomoka mu gihugu cy’u Burundi. EAC iboneka ko yananiwe mu guhuza ubutegetsi mu Burundi n’abatavuga rumwe nabwo ! EU yo yifuza yuko EAC yafatira ibihano ubwo butegetsi mu Burundi ariko yo ntigire icyo ikora !

Amategeko agenga EAC ashingiye kuba ibihugu bigize uyu muryango biwufitemo uburenganzira n’inshingano zingana. Niyo mpamvu ibihugu biwugize bigenda bisimburana ku buyobozibw’inzego nkuru zawo harimo ubunyamabanga bukuru, bwari bufitwe n’u Rwanda muri manda ishize ubu bukaba bufitwe n’u Burundi, kimwe n’u rwego rw’ubuyobozi bw’abakuru b’ibihugu ( Authority) rwari ruyobowe na Pombe Magufuli muri manda ishize ubu rukaba ruyobowe na Yoweri Museveni. N’ubuyobozi bw’inteko nshingamategeko bw’uwo muryango bugenda busimburanwaho nk’uko buri gihugu kiba gifitemo umubare w’abadepite (9) unga n’uwikindi.

Abi rero binavuze yuko buri gihugu kigomba gutanga umusanzu w’ubunyamuryango ungana n’uwibindi (hafi miliyoni 8 z’amadolari) buri mwaka. Iby’uwo musanzu ungana byongewe gusinyirwa n’ibihugu bigize EAC tariki 30 Werurwe uyu mwaka, ariko u Burundi bwanga kubisinyira. Ubutegetsi mu Burundi busanga umubare w’amafaranga atangwa muri EAC wazajya ushingira ku nyungu igihugu kibona muri uwo muryango wigeze kuba ugizwe na Tanzania, Uganda na Kenya mbere yuko u Rwanda n’u Burundi biwinjiramo muri 2007.

-6996.jpg

Ibi byo kujya impaka ku mubare w’amafaranga buri gihugu cyatanga muri EAC ni kimwe mu byashenye iya mbere mu 1978, aho Tanzania yavugaga yuko Kenya yagombaga gutanga imisanzu myinshi ngo kuko ariyo yabonaga inyungu nyinshi kuva mu muryango.

Ikindi nacyo ubona gishobora kuba kidateza imbere EAC ni uburyo n’ayo mafaranga ibona akoreshwamo. Dufatiye ku rugero rw’iyi ngengo y’imari ya 2017/2018 n’uko muri za miliyoni 110.13 z’amadolari ziteganyijwe kuboneka, miliyoni 60.20 azakoreshwa mu bunyamabanga bw’umuryango (secretariat); 18.00 agakoreshwa n’inteko (EALA); naho urukiko rwa EAC rugakoresha amadolari miliyoni 4.14.

Amafaranga ateganywa gukoreshwa mu bikorwa wavuga yuko byapfa kubyara inyungu zifatika ni miliyoni 1.50 zizakoreshwa mu guteza imbere ururimi rw’igiswayire na miliyoni 2.50 zizajya mu bikorwa by’uburobyi mu kiyaga cya Victoria !

Ibi bibazo by’amafaranga EAC ifite, uburyo buke bwo kuyashakisha n’ubukemurampaka butariho birakomeza kugenda byiyongera ku buryo hatagize ingamba zifatwa uyu muryango wazisanga mu mazi abira !

Casmiry Kayumba

2017-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2017
Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye

Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye

Ubwanditsi 16 Apr 2018
U Rwanda ntirurajwe ishinga n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC)-Mushikiwabo

U Rwanda ntirurajwe ishinga n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC)-Mushikiwabo

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Uganda: Uwitwa Enos Maniriho yaba yararogewe muri gereza yari afungiyemo

Uganda: Uwitwa Enos Maniriho yaba yararogewe muri gereza yari afungiyemo

Ubwanditsi 23 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa
Mu Mahanga

RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza
Amakuru

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Ubwanditsi 29 May 2025
Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019
Amakuru

Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019

Ubwanditsi 09 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru