• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo

EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017 Mu Rwanda

Umuryango uwo ariwo wose ushyirwaho kugira ngo uhindure imibereho y’abawugize ngo ibe myiza kurusha uko byakabaye uwo muryango utariho.

Uko niko umuryango w’ibihugu byo mu burasirazuba bwa Afurika (EAC) washinzwe, ubu ukaba ugizwe n’ibihugu bitandatu bituwe n’abantu basaga miliyoni 100. Uyu muryango, nk’uko bimeze ku yindi nkawo, kugira ngo ubeho unakomere n’uko ugomba kugira abakozi n’amafaranga yo gukoresha.

Ingengo y’imari ya East African Community (EAC), irangirana n’uku kwezi (2016/2017), yari amadolari ya Amerika moliyoni 101.4 naho ingengo y’imari y’uyu mwaka (2017/2018) byemeranyijwe yuko itaziyongeraho n’urumiya (zero increase), nubwo izaba ari amadolari miliyoni 110. Ahanini iyo nyongera izaba iturutse ku munyamuryango mushya, Sudan y’Epfo kuko izatanga umusanzu wa hafi USD miliyoni umunani nk’uko bimeze ku bandi banyamuryango basanzwemo !

EAC guhitamo kutongera amafaranga ateganywa ku ngengo y’imari yayo ntabwo ari uko yasanze ayo bari bateganyije ubushije yari ahagije ngo babe batakwifuza arenzeho. Ntabwo yari ahagije ariko nta n’uguteganya umubare w’amafaranga uzi neza yuko udashobora kubona !

Ubusanzwe ingengo y’imari ya EAC iba itegerejwe guturuka ahantu habiri. Iy’uyu mwaka biteganyijwe yuko miliyoni 57.3 azaturuka mu banyamuryango, naho asigaye akava mu baterankunga. Nyamara abo banyamuryango ntabwo batanga imisanzu yabo neza ku buryo wakwizera yuko amafaranga yose yaboneka cyangwa akabonekera igihe.

Urugero n’uko muri iyi ngengo y’imari igihugu cya Kenya nicyo kimaze kwishyura ayo gisabwa yose. Uganda imaze kwishyuraho 91.5 %, u Rwanda 64.2 %, Tanzania 30.5 %, naho u Burundi ntabwo burishyuraho n’urumiya nk’uko bunafitiye uwo muryango ibirarane by’ubushize bingana na USD 771.037.

Uretse no kuba u Burundi budatanga imisanzu yabwo neza ahubwo bushobora no gutuma uwo muryango ubura n’amafaranga y’imfashanyo yaturukaga ahandi. Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu byu Bulayi (EU) ni umuterankunga w’imena wa EAC ariko ukaba warahagaritse inkunga ku butegetsi b’u Burundi.

EU igerageza uko ishoboye kose kugira ngo inkunga itera ibindi bihugu cyangwa indi miryango zitaba zagera ku butegetsi bwa Nkurunziza mu bundi buryo. EA ubu rero ikaba ifite icyo kibazo ku bunyamabanga bwa EAC, ubu buyobowe na Liberat Mfumukeko ukomoka mu gihugu cy’u Burundi. EAC iboneka ko yananiwe mu guhuza ubutegetsi mu Burundi n’abatavuga rumwe nabwo ! EU yo yifuza yuko EAC yafatira ibihano ubwo butegetsi mu Burundi ariko yo ntigire icyo ikora !

Amategeko agenga EAC ashingiye kuba ibihugu bigize uyu muryango biwufitemo uburenganzira n’inshingano zingana. Niyo mpamvu ibihugu biwugize bigenda bisimburana ku buyobozibw’inzego nkuru zawo harimo ubunyamabanga bukuru, bwari bufitwe n’u Rwanda muri manda ishize ubu bukaba bufitwe n’u Burundi, kimwe n’u rwego rw’ubuyobozi bw’abakuru b’ibihugu ( Authority) rwari ruyobowe na Pombe Magufuli muri manda ishize ubu rukaba ruyobowe na Yoweri Museveni. N’ubuyobozi bw’inteko nshingamategeko bw’uwo muryango bugenda busimburanwaho nk’uko buri gihugu kiba gifitemo umubare w’abadepite (9) unga n’uwikindi.

Abi rero binavuze yuko buri gihugu kigomba gutanga umusanzu w’ubunyamuryango ungana n’uwibindi (hafi miliyoni 8 z’amadolari) buri mwaka. Iby’uwo musanzu ungana byongewe gusinyirwa n’ibihugu bigize EAC tariki 30 Werurwe uyu mwaka, ariko u Burundi bwanga kubisinyira. Ubutegetsi mu Burundi busanga umubare w’amafaranga atangwa muri EAC wazajya ushingira ku nyungu igihugu kibona muri uwo muryango wigeze kuba ugizwe na Tanzania, Uganda na Kenya mbere yuko u Rwanda n’u Burundi biwinjiramo muri 2007.

-6996.jpg

Ibi byo kujya impaka ku mubare w’amafaranga buri gihugu cyatanga muri EAC ni kimwe mu byashenye iya mbere mu 1978, aho Tanzania yavugaga yuko Kenya yagombaga gutanga imisanzu myinshi ngo kuko ariyo yabonaga inyungu nyinshi kuva mu muryango.

Ikindi nacyo ubona gishobora kuba kidateza imbere EAC ni uburyo n’ayo mafaranga ibona akoreshwamo. Dufatiye ku rugero rw’iyi ngengo y’imari ya 2017/2018 n’uko muri za miliyoni 110.13 z’amadolari ziteganyijwe kuboneka, miliyoni 60.20 azakoreshwa mu bunyamabanga bw’umuryango (secretariat); 18.00 agakoreshwa n’inteko (EALA); naho urukiko rwa EAC rugakoresha amadolari miliyoni 4.14.

Amafaranga ateganywa gukoreshwa mu bikorwa wavuga yuko byapfa kubyara inyungu zifatika ni miliyoni 1.50 zizakoreshwa mu guteza imbere ururimi rw’igiswayire na miliyoni 2.50 zizajya mu bikorwa by’uburobyi mu kiyaga cya Victoria !

Ibi bibazo by’amafaranga EAC ifite, uburyo buke bwo kuyashakisha n’ubukemurampaka butariho birakomeza kugenda byiyongera ku buryo hatagize ingamba zifatwa uyu muryango wazisanga mu mazi abira !

Casmiry Kayumba

2017-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4

Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4

Ubwanditsi 30 Sep 2021
Kiyovu SC yanganyije na APR FC yasoje ifite abakinnyi 10, Mukura idaheruka gutsinda Police FC barakina bazosa umunsi wa 12 wa shampiyona

Kiyovu SC yanganyije na APR FC yasoje ifite abakinnyi 10, Mukura idaheruka gutsinda Police FC barakina bazosa umunsi wa 12 wa shampiyona

Ubwanditsi 17 Jan 2022
Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

RUSHYASHYA 18 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira
Amakuru

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Ubwanditsi 22 Sep 2025
U Buyapani: Abasaga 100 bishwe n’umwuzure, abandi benshi baburirwa irengero
HIRYA NO HINO

U Buyapani: Abasaga 100 bishwe n’umwuzure, abandi benshi baburirwa irengero

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye
Mu Rwanda

Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 04 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru