• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ategerejwe i Kigali

Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ategerejwe i Kigali

Ubwanditsi 06 May 2018 Mu Rwanda

Perezida w’Inteko Rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye, Miroslav Lajčák, ategerejwe mu Rwanda ku wa Kabiri tariki 8 Gicurasi, aho azitabira inama ya Transform Africa 2018, itangira kuri uyu wa Mbere.

Uyu ni umwe mu bayobozi bategerejwe mu nama ikomeye ya Transform Africa 2018, itegerejwemo abayobozi n’abikorera basaga 4000 bazaturuka mu bihugu 80, bazakoranira muri Kigali Convention Centre, mu minsi ine baganira ku nsanganyamatsiko yo “kwihutisha ishyirwaho ry’isoko rimwe mu ikoranabuhanga”.

Lajčák azagera i Kigali aturutse mu yindi nama muri Suède, aho azageza ijambo ku bazitabira inama yiga ku mahoro n’iterambere, 2018 Stockholm Forum on Peace and Development. I Kigali naho azageza ijambo ku bazitabira Transform Africa 2018.

Itangazo ry’Umuryango w’Abibumbye rivuga ko “Ateganya kugirana ibiganiro n’abayobozi batandukanye bo mu Rwanda, agasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali n’Icyicaro cy’Ikigo kizafasha Afurika mu ishyirwa mu bikorwa ry’intego z’iterambere rirambye, ‘Sustainable Development Goals Center for Africa.’”

Azaba aherekejwe n’Umujyanama wihariye akaba n’Umuhuzabikorwa w’ibijyanye na politiki, Lenka Miháliková; umuvugizi we Brenden Varma; n’umujyanama we mukuru Mateus Luemba. Biteganywa ko uyu muyobozi azasubira i New York kuwa 9 Gicurasi.

Mu bandi bazageza ijambo kuri Transform Africa Summit 2018, barimo Umuyobozi Mukuru wa MTN Group, Rob Shuter; Uwashinze Mara Group, Ashish Takkar; Umunyamabanga Mukuru wa ITU, Haolin Zhao; Uwashinze OneWeb, Gregory Wyler; Umushoramari wa Econet, Strive Masiyiwa, Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi n’abandi.

Iyi nama kandi izitabirwa n’abaminisitiri bashinzwe ikoranabuhanga mu bihugu bisaga 15, barimo Jean De Dieu Rurangirwa w’u Rwanda; Moustapha Diaby wa Guinea; Abdoulaye Bibi wa Sénégal: Alain Claude wa Gabon n’abandi.

Hazaba kandi hari abaminisitiri b’ikoranabuhanga mu bihugu bya Cote d’Ivoire, Bruno Nabagné Koné; Cina Lawson wa Togo; Michael Makuei wa Sudani y’Epfo; Arouna Modibo Toure wa Mali; Aurélie Adam wa Benin na Joe Mucheru wa Kenya, Jose Carvalho wa Angola, Yasser ElKady wa Misiri n’abandi.

2018-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuri ni nk’inkorora, ntiguhishwa, Andi makuru acukumbuye ku binyoma byose bya Paul Rusesabagina

Ukuri ni nk’inkorora, ntiguhishwa, Andi makuru acukumbuye ku binyoma byose bya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 19 Dec 2021
Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare

Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare

Ubwanditsi 03 Apr 2017
Radio Amazing Grace yayobowe na Ntamuhanga Cassier yasabiwe guhagarikwa amezi3

Radio Amazing Grace yayobowe na Ntamuhanga Cassier yasabiwe guhagarikwa amezi3

Ubwanditsi 13 Feb 2018
Umuderevu w’Indege ya FARDC ukomoka mu Burusiya yafashwe bugwate n’Ingabo  za M23

Umuderevu w’Indege ya FARDC ukomoka mu Burusiya yafashwe bugwate n’Ingabo za M23

Ubwanditsi 07 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa
Mu Rwanda

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Ubwanditsi 05 Jun 2018
APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere
Amakuru

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru