• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ategerejwe i Kigali

Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ategerejwe i Kigali

Ubwanditsi 06 May 2018 Mu Rwanda

Perezida w’Inteko Rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye, Miroslav Lajčák, ategerejwe mu Rwanda ku wa Kabiri tariki 8 Gicurasi, aho azitabira inama ya Transform Africa 2018, itangira kuri uyu wa Mbere.

Uyu ni umwe mu bayobozi bategerejwe mu nama ikomeye ya Transform Africa 2018, itegerejwemo abayobozi n’abikorera basaga 4000 bazaturuka mu bihugu 80, bazakoranira muri Kigali Convention Centre, mu minsi ine baganira ku nsanganyamatsiko yo “kwihutisha ishyirwaho ry’isoko rimwe mu ikoranabuhanga”.

Lajčák azagera i Kigali aturutse mu yindi nama muri Suède, aho azageza ijambo ku bazitabira inama yiga ku mahoro n’iterambere, 2018 Stockholm Forum on Peace and Development. I Kigali naho azageza ijambo ku bazitabira Transform Africa 2018.

Itangazo ry’Umuryango w’Abibumbye rivuga ko “Ateganya kugirana ibiganiro n’abayobozi batandukanye bo mu Rwanda, agasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali n’Icyicaro cy’Ikigo kizafasha Afurika mu ishyirwa mu bikorwa ry’intego z’iterambere rirambye, ‘Sustainable Development Goals Center for Africa.’”

Azaba aherekejwe n’Umujyanama wihariye akaba n’Umuhuzabikorwa w’ibijyanye na politiki, Lenka Miháliková; umuvugizi we Brenden Varma; n’umujyanama we mukuru Mateus Luemba. Biteganywa ko uyu muyobozi azasubira i New York kuwa 9 Gicurasi.

Mu bandi bazageza ijambo kuri Transform Africa Summit 2018, barimo Umuyobozi Mukuru wa MTN Group, Rob Shuter; Uwashinze Mara Group, Ashish Takkar; Umunyamabanga Mukuru wa ITU, Haolin Zhao; Uwashinze OneWeb, Gregory Wyler; Umushoramari wa Econet, Strive Masiyiwa, Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi n’abandi.

Iyi nama kandi izitabirwa n’abaminisitiri bashinzwe ikoranabuhanga mu bihugu bisaga 15, barimo Jean De Dieu Rurangirwa w’u Rwanda; Moustapha Diaby wa Guinea; Abdoulaye Bibi wa Sénégal: Alain Claude wa Gabon n’abandi.

Hazaba kandi hari abaminisitiri b’ikoranabuhanga mu bihugu bya Cote d’Ivoire, Bruno Nabagné Koné; Cina Lawson wa Togo; Michael Makuei wa Sudani y’Epfo; Arouna Modibo Toure wa Mali; Aurélie Adam wa Benin na Joe Mucheru wa Kenya, Jose Carvalho wa Angola, Yasser ElKady wa Misiri n’abandi.

2018-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
Nyuma y’imyaka itanu ari umuvugizi wa APR FC, Kazungu Claver ntakiri kuri uyu mwanya

Nyuma y’imyaka itanu ari umuvugizi wa APR FC, Kazungu Claver ntakiri kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 19 Jul 2021
Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Ubwanditsi 09 Jun 2021
Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda

Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda

Ubwanditsi 05 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania
Mu Rwanda

Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya
IMIKINO

Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Mu Bufaransa: Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ifungwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana
Amakuru

Mu Bufaransa: Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ifungwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 03 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru