• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ategerejwe i Kigali

Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ategerejwe i Kigali

Ubwanditsi 06 May 2018 Mu Rwanda

Perezida w’Inteko Rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye, Miroslav Lajčák, ategerejwe mu Rwanda ku wa Kabiri tariki 8 Gicurasi, aho azitabira inama ya Transform Africa 2018, itangira kuri uyu wa Mbere.

Uyu ni umwe mu bayobozi bategerejwe mu nama ikomeye ya Transform Africa 2018, itegerejwemo abayobozi n’abikorera basaga 4000 bazaturuka mu bihugu 80, bazakoranira muri Kigali Convention Centre, mu minsi ine baganira ku nsanganyamatsiko yo “kwihutisha ishyirwaho ry’isoko rimwe mu ikoranabuhanga”.

Lajčák azagera i Kigali aturutse mu yindi nama muri Suède, aho azageza ijambo ku bazitabira inama yiga ku mahoro n’iterambere, 2018 Stockholm Forum on Peace and Development. I Kigali naho azageza ijambo ku bazitabira Transform Africa 2018.

Itangazo ry’Umuryango w’Abibumbye rivuga ko “Ateganya kugirana ibiganiro n’abayobozi batandukanye bo mu Rwanda, agasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali n’Icyicaro cy’Ikigo kizafasha Afurika mu ishyirwa mu bikorwa ry’intego z’iterambere rirambye, ‘Sustainable Development Goals Center for Africa.’”

Azaba aherekejwe n’Umujyanama wihariye akaba n’Umuhuzabikorwa w’ibijyanye na politiki, Lenka Miháliková; umuvugizi we Brenden Varma; n’umujyanama we mukuru Mateus Luemba. Biteganywa ko uyu muyobozi azasubira i New York kuwa 9 Gicurasi.

Mu bandi bazageza ijambo kuri Transform Africa Summit 2018, barimo Umuyobozi Mukuru wa MTN Group, Rob Shuter; Uwashinze Mara Group, Ashish Takkar; Umunyamabanga Mukuru wa ITU, Haolin Zhao; Uwashinze OneWeb, Gregory Wyler; Umushoramari wa Econet, Strive Masiyiwa, Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi n’abandi.

Iyi nama kandi izitabirwa n’abaminisitiri bashinzwe ikoranabuhanga mu bihugu bisaga 15, barimo Jean De Dieu Rurangirwa w’u Rwanda; Moustapha Diaby wa Guinea; Abdoulaye Bibi wa Sénégal: Alain Claude wa Gabon n’abandi.

Hazaba kandi hari abaminisitiri b’ikoranabuhanga mu bihugu bya Cote d’Ivoire, Bruno Nabagné Koné; Cina Lawson wa Togo; Michael Makuei wa Sudani y’Epfo; Arouna Modibo Toure wa Mali; Aurélie Adam wa Benin na Joe Mucheru wa Kenya, Jose Carvalho wa Angola, Yasser ElKady wa Misiri n’abandi.

2018-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutumwa bwa Victoire Ingabire bushimagiza umutwe wa Wazalendo bugenewe FDLR iri muzigize uwo mutwe 

Ubutumwa bwa Victoire Ingabire bushimagiza umutwe wa Wazalendo bugenewe FDLR iri muzigize uwo mutwe 

Ubwanditsi 21 Nov 2023
APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 11 Jun 2021
Huye: Polisi yataye muri yombi umugabo ukekwaho kwiba miliyoni 10 muri T2000

Huye: Polisi yataye muri yombi umugabo ukekwaho kwiba miliyoni 10 muri T2000

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Ubwanditsi 04 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n’umunsi wa 16 wa shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Rayon Sports na Police FC mu makipe atarahiriwe n’umunsi wa 16 wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Jan 2024
Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC  1-1
Amakuru

Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC 1-1

Ubwanditsi 14 Sep 2024
Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 
Amakuru

Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Ubwanditsi 18 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru