• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru bibogama – Mbanda

Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru bibogama – Mbanda

Ubwanditsi 25 Aug 2017 ITOHOZA

Human Right Watch(HRW) iherutse gusohora raporo ku Rwanda ko nta bwisanzure bwa politiki bwaranze ibikorwa by’ amatora ya Perezida wa Repubulika, nyamara Gerald Mbanda uzobereye muri politiki yari aherutse gusohora inyandiko ivuga ko hari raporo zikorwa ku bw’izindi nyungu, ngo cyane ko byatangiye kare itangazamakuru mpuzamahanga n’iyo miryango bigaragaza uruhare bibogamiyeho.

Umunsi Perezida Paul Kagame arahirira gukomeza kuyobora u Rwanda, ku wa Gatanu tariki ya 18 Kanama 2017, HRW, Umuryango Mpuzamahanga urengera uburenganzira bwa muntu, nibwo wasohoye raporo igaragaza ko nta bwisanzure bwa politiki bwaranze ibikorwa by’ amatora ya Perezida wa Repubulika.

Iyo raporo irasa nk’aho nta gishya yari yitezweho ku Rwanda, kuko atari rimwe cyangwa kabiri uyu muryango ushyize mu majwi u Rwanda, raporo u Rwanda rutahwemye guhakana ko zikorwa ku nyungu z’abatifuriza u Rwanda ineza.

-7689.jpg

Gerard Mbanda

Mbanda ukuriye itangazamakuru mu rwego rw’igihugu rushinzwe imiyoborere(RGB), aherutse gusohora inyandiko igaragaza uburyo itangazamakuru n’imiryango mpuzamahanga imwe n’imwe usanga bibogamiye ku nyungu zabo basebya u Rwanda ndetse banangisha Perezida Kagame abantu batandukanye. Nk’uko abigaragara mu nyandiko ishingiye ku bitekerezo bye aherutse gucisha mu kinyamakuru Newsghana, ifite umutwe ugira uti, ‘How Western Media gets it wrong on Rwanda, uko itangamamakuru ry’i Burayi ryibeshya ku Rwanda.

Mbanda asanga Abanyafurika barabayeho batekereza ko kugirango batere imbere ari uko bagendera ku byo abanyaburayi bababwiwa, uhirahiriye gukora ibidashingiye kuri icyo gitugu nk’uko Abanyarwanda babikora, bamufata nk’icyigomeke.

Ikindi ni uko itangazamakuru ry’i Burayi risa n’iribereyeho guharabika gahunda zitandukanye zo mu bihugu bidashingira kuri ayo mabwiriza bikora ku mwihariko wabyo[nyamara abanyaburayi bashaka ko buri gihugu kigomba kugendera ku mahame agendeye ku bitekerezo byabo], aribyo u Rwanda na Kagame bamaze kurengaho.

Ukuri ku Rwanda n’ibivugwa na HRW

Iyi raporo yakozwe na na Ida Sawyer, umuyobozi wa HRW muri Afurika yo hagati. Igaragaza ko ayo matora atakozwe mu bwisanzure bwa Politiki, ko hatabayeho iyubahirizwa ry’uburenganzira mu kuvuga ibyo bashaka n’ibindi,

Mu bikorwa byo guhatanira kuyobora u Rwanda, byitabiriwe n’abakandida batatu, bazengurutse igihugu biyamamaza, itangazamakuru ryo mu Burayi ndetse n’imiryango irengera uburenganzira bwa muntu batangiye guharabika umukandida umwe gusa, ari we Paul Kagame.

-7690.jpg

Sawyer Ida uhagarariye HRW muri Afurika yo hagati

Abakandida bose bari bafite amahirwe angana mu binyamakuru bya Leta n’iby’abikorera, buri mukandida yari afite itsinda ry’abanyamakuru ajyana naryo, kandi nta n’umwe wahuye na HRW.

Philippe Mpayimana yari kumwe n’abanyamakuru nka batanu, Dr Frank Habineza ari kumwe na 15, mu gihe Kagame yari kumwe n’abanyamakuru basaga 60. Kuko byaterwaga n’ubushobozi buri mukandida afite bwo kubasha kwita ku banyamakuru.

Ku bwa Mbanda asanga itangazamakuru ry’i Burayi ryarigaragaje mu buryo bubogamye, nk’iriharanira guharabika Kagame rimwangisha abaturage ngo ntibazamutore. Ibyo bikubiye mu ngingo eshatu zikurikira.

Iya mbere : Rigamije kumwangisha abatora , gushaka kwereka Abanyarwanda batora ko umuyobozi wabo atemera demokarasi bityo ntibazamutore.

Iya kabiri : Kubuza amahanga gushyigikira Kagame no kumwitaza

Iya gatatu : Kugoreka amateka y’u Rwanda nk’igihugu cyabayemo Jenoside, biciye mu gufata intwari zigahindurwa abanyabyaha, abagizweho ingaruka na jenoside bagahindurwa abicanyi.

«Ibyo byose bigamije kunenga Kagame byaje mu gihe, Isi ishobora guhamya nta shiti uburyo u Rwanda rwahindutse rukava ku rwego rw’igihugu cyari cyarasabitswe n’ivangura , rukaba igihugu cyunze ubumwe kandi giteye imbere.

Abo banyaburayi kandi batangiye gukwirakwiza imvugo zishinja u Rwanda kubaho mu cyuka cy’ubwoba, mu butegetsi bw’igitugu kandi ko uburenganzira bw’Abanyarwanda butubahirizwa.

Igitangaje ariko yibaza aho ibi binyamakuru byari biri mu 1994, ubwo u Rwanda rwarimo rushya, miliyoni y’Abana barwo ikaburira ubuzima muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyi raporo ikomoza ku misanzu yatanzwe n’abayoboke ba FPR ko bayitanze ku ngufu. Aha bisanzwe bizwi ko mu Rwanda amashyaka hafi ya yose abeshwaho n’imisanzu y’abayoboke bayo.

HRW ikomeza ivuga ko hari umwe mu baturage wo mu karere ka Rutsiro wahatiwe gutora , undi w’i Nyamagabe wavuze ko yabonye abashinzwe amatora basinya ku mpapuro z’amajwi zigenewe abantu nka 200 bataje gutora.

Ku bijyanye n’iki kibazo, itangazamakuru ryo mu Rwanda na mpuzamahanga ryari hirya no hino mu Rwanda ku buryo nta ryigeze ritangaza ikibazo nk’iki aho ryageze hose.

Abanyamakuru bari bakwiriye mu gihugu hose ntabyo babonye

Umunsi umwe mbere yuko amatora atangira, ni ukuvuga tariki ya 3 Kanama 2017, Inama Nkuru y’itangazamakuru mu Rwanda(MHC), yafashije abanyamakuru basaga 100 bo mu bigo bya leta n’iby’abikorera kujya kureba uko amatora agenda hirya no hino mu gihugu.

-7685.jpg

Abanyamakuru baganira n’umusaza watoye bwa 1 kuri site ya Nyagatare ati “ubu ni ubukwe”.

Abo banyamakuru bari bibumbiye mu matsinda 8 : rimwe mu Majyaruguru( Musanze),irindi mu Majyepfo (Huye), atatu mu Ntara y’i Burasirazuba mu turere twa Nyagatare, Kirehe na Bugesera n’andi atatu mu ntara y’i Burengerazuba mu turere twa Rubavu, Karongi na Rusizi.

Si aba gusa bakurikiranaga aya matora kuko n’Umuryango w’Abanyamakuru Baharanira Amahoro, Paxpress nawo wari wohereje abanyamakuru 60 mu gihugu hose, ni ukuvuga babiri muri buri karere.

-7686.jpg

Abanyamakuru bakurikiye amatora mu karere ka Kirehe, umwe aratangaza uko ari kugenda kuri telefoni, undi araganira n’abaturage

Abo banyamakuru bose bakoze inkuru eshatu aho bari bagiye gukurikirana ibyo bikorwa. By’akarusho uwo muryango wahuje umurongo wa radio 10 zigenga, aho buri munyamakuru yarahamagarwaga agatanga uko aho ari gukorera ibikorwa by’amatora biri kugenda ndetse n’ikidasanzwe cyahabaye. Uwo murongo wahujwe inshuro eshatu uwo munsi.

-7687.jpg

Abanyamakuru i Nyagatare baganira n’umaze gutora

Buri munyamakuru yagombaga gukora inkuru 3 za MHC, n’abajyanywe na Pax Press bagombaga gukora eshatu, ni ukuvuga ko izo nkuru zisaga 420 zakozwe kuri uwo munsi, hiyongereyeho n’iz’abanyamakuru mpuzamahanga.

Muri izo nkuru nta n’imwe yigeze igaragaraza ibyo bibazo bivugwa mu karere ka Rutsiro na Nyamagabe , ndetse nta n’indorerezi zigeze zigaragaza ibyo bibazo.

HRW na Mbanda ntibumva kimwe ibyo isaba

-7688.jpg

Ida Sawyer, Umuyobozi wa HRW muri Afurika yo hagati

HRW isaba abatarenkunga n’abafatanyabikorwa bose b’u Rwanda guhindura imyitwarire bakumvisha u Rwanda ko rugomba kubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu kandi ko hari ingaruka bizarugiraho.

Uyu muryango wemera ko u Rwanda rwateye imbere mu bukungu n’iterambere ariko ko bitagomba kuba urwitwazo ngo habe hahonyorwa uburenganzira bw’ibanze bwa muntu.

Gerard Mbanda yemeza ko ibyo binyamakuru ndetse n’iyo miryango ntacyo bahindura ku matora yo mu Rwanda cyane ko bo ubwabo bananiwe kubwira leta zabo ngo zirukane abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside bakidegembyayo.

Asoza avuga ko raporo zabo nta ruhare zizigera zigira ku biva mu matora , kubera ko Abanyarwanda bazi icyo bashaka, naho icyo abandi bashaka ntikibaraje ishinga.

Mu gusoza, Mbanda ati, “Abanenga n’abarwanya u Rwanda bazahoraho ariko ntibaruta umubare w’Abanyarwanda bishimiye kandi banyuzwe n’ubuyobozi bwabo.

Naho ku bijyanye na demokarasi Abanyarwanda bazi icyo bifuza n’aho bagana”.

2017-08-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMATEKA Y’ICUMU RYATEWE YESU MU RUBAVU

AMATEKA Y’ICUMU RYATEWE YESU MU RUBAVU

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Ubwanditsi 31 Jul 2018
Tumenye Bamwe Mu Barwanya Leta Y’u Rwanda

Tumenye Bamwe Mu Barwanya Leta Y’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2018
NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira

NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira

Ubwanditsi 09 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’
UBUKUNGU

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Ubwanditsi 07 Sep 2019
Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego
Amakuru

Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego

Ubwanditsi 14 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru