• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Ubwanditsi 09 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

RNC yari yaragize Afurika y’Epfo indiri yayo, akaba ariho ibikorwa by’iterabwoba bya RNC byategurirwaga. Kuko umukuru nyawe wa RNC Kayumba Nyamwasa yabaga muri icyo gihugu kandi atemerewe kukivamo, byabaga ngombwa ko abandi bayoboke ba RNC bamusangayo, bityo akaba ariho icyicaro cyayo gikuru kibarizwa. Usibye ibitero by’iterabwoba byagabwe mu Rwanda, aho hatewe za Gerenade zikica benshi abandi bagakomereka, Kayumba yanashyizeho umutwe w’ingabo wa P5 yibereye muri Afurika y’Epfo aho yakoreshaga ikoranabuhanga rya Skype.

Nkuko byatangajwe na Minisitiri w’ibikorwa by’imbere mu gihugu Aaron Motsoaledi, itegeko rishya ribuza impunzi zibarizwa ku butaka bwicyo gihugu gukora ibikorwa bya politiki ijyanye n’ibihugu bakomokamo, aho bibaye ngombwa bagomba kubyakira uburenganzira.

Ibi bivuzeko ko inama za RNC yaba iya babiri baba batatu, bagomba kubyakira uburenganzira, Kayumba kandi yibuke ko no gukora politiki bibujijwe bityo kwifungirana mu cyumba akajya kuri Skype cyangwa kuri Radio Itahuka, bizatuma bamuhambiriza.

Mu bindi RNC ndetse n’indi mitwe ya politiki yo mu bindi bihugu batemerewe, harimo kuba batakandagiza ikirenge aho ambasade z’ibihugu bakomokamo ziherereye. Ntibagomba kandi kujya mu bikorwa bw’amatora, byaba gutora cyangwa gutorwa, ibi birareba cyane abo muri Kongo Kinshasa na Zimbabwe batoraga kandi biyita Impunzi.

Minisitiri Motsoaledi yavuzeko ibi ntaho bihuriye no kubangamira impunzi, ahubwo ko ari ukubabuza ibikorwa bya politiki nkuko yabitangarije umunyamakuru Kieno Kammies wa CaptTalk. Yongeyeho kandi ko iri tegeko rishya risimbura iryo muri 1998, rigamije kubahiriza amategeko agenga impunzi.

Nta kabuza ko iri tegeko rizagira ingaruka nziza ku banyarwanda dore iko ibitero bya grenade bya RNC byahitanye benshi,ndetse bigahesha amahoro uburasirazuba bwa Kongo, dore ko RNC irota kuhagira indiri yayo.

Impera za 2019 ndetse n’intangiriro za 2020 zije zica intege RNC, kuko muri 2019 ingabo zayo zizwi nka P5 zatezwe umutego zose zirahashirira izindi zifatwa mpiri harimo Maj (Rtd) Mudathiru. Mu karere RNC yari yaragize indiri Uganda, ariko biragaragara ko Uganda igenda yubahiriza amasezerano ya Luanda kuburyo na RNC izahacika.

2020-01-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Ubwanditsi 12 Oct 2017
Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika

Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo ku wa 08 Ugushyingo 2017

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo ku wa 08 Ugushyingo 2017

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC

Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC

Ubwanditsi 25 Dec 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Ko
    January 10, 20208:09 am -

    Bambara imyenda ya yellow nka NRM
    Umwanda ugira iyo uva. Sinshaka kuvuga ngo isuku igira isoko

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Salome Nyirarukundo uherutse gushimirwa na Perezida Kagame yahawe amasezerano muri APR
Mu Rwanda

Salome Nyirarukundo uherutse gushimirwa na Perezida Kagame yahawe amasezerano muri APR

Ubwanditsi 31 May 2017
Bobi Wine yamaganye ibikorwa by’ubugome ndengakamere Polisi  ya Uganda yakoreye  Kizza Besigye
INKURU NYAMUKURU

Bobi Wine yamaganye ibikorwa by’ubugome ndengakamere Polisi  ya Uganda yakoreye  Kizza Besigye

Ubwanditsi 05 Nov 2019
Mu Rwanda hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus=41
HIRYA NO HINO

Mu Rwanda hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus=41

Ubwanditsi 26 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru