• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Ubwanditsi 09 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

RNC yari yaragize Afurika y’Epfo indiri yayo, akaba ariho ibikorwa by’iterabwoba bya RNC byategurirwaga. Kuko umukuru nyawe wa RNC Kayumba Nyamwasa yabaga muri icyo gihugu kandi atemerewe kukivamo, byabaga ngombwa ko abandi bayoboke ba RNC bamusangayo, bityo akaba ariho icyicaro cyayo gikuru kibarizwa. Usibye ibitero by’iterabwoba byagabwe mu Rwanda, aho hatewe za Gerenade zikica benshi abandi bagakomereka, Kayumba yanashyizeho umutwe w’ingabo wa P5 yibereye muri Afurika y’Epfo aho yakoreshaga ikoranabuhanga rya Skype.

Nkuko byatangajwe na Minisitiri w’ibikorwa by’imbere mu gihugu Aaron Motsoaledi, itegeko rishya ribuza impunzi zibarizwa ku butaka bwicyo gihugu gukora ibikorwa bya politiki ijyanye n’ibihugu bakomokamo, aho bibaye ngombwa bagomba kubyakira uburenganzira.

Ibi bivuzeko ko inama za RNC yaba iya babiri baba batatu, bagomba kubyakira uburenganzira, Kayumba kandi yibuke ko no gukora politiki bibujijwe bityo kwifungirana mu cyumba akajya kuri Skype cyangwa kuri Radio Itahuka, bizatuma bamuhambiriza.

Mu bindi RNC ndetse n’indi mitwe ya politiki yo mu bindi bihugu batemerewe, harimo kuba batakandagiza ikirenge aho ambasade z’ibihugu bakomokamo ziherereye. Ntibagomba kandi kujya mu bikorwa bw’amatora, byaba gutora cyangwa gutorwa, ibi birareba cyane abo muri Kongo Kinshasa na Zimbabwe batoraga kandi biyita Impunzi.

Minisitiri Motsoaledi yavuzeko ibi ntaho bihuriye no kubangamira impunzi, ahubwo ko ari ukubabuza ibikorwa bya politiki nkuko yabitangarije umunyamakuru Kieno Kammies wa CaptTalk. Yongeyeho kandi ko iri tegeko rishya risimbura iryo muri 1998, rigamije kubahiriza amategeko agenga impunzi.

Nta kabuza ko iri tegeko rizagira ingaruka nziza ku banyarwanda dore iko ibitero bya grenade bya RNC byahitanye benshi,ndetse bigahesha amahoro uburasirazuba bwa Kongo, dore ko RNC irota kuhagira indiri yayo.

Impera za 2019 ndetse n’intangiriro za 2020 zije zica intege RNC, kuko muri 2019 ingabo zayo zizwi nka P5 zatezwe umutego zose zirahashirira izindi zifatwa mpiri harimo Maj (Rtd) Mudathiru. Mu karere RNC yari yaragize indiri Uganda, ariko biragaragara ko Uganda igenda yubahiriza amasezerano ya Luanda kuburyo na RNC izahacika.

2020-01-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA

Intambara y’ubutita hagati y’ubuyobozi bwa Museveni na Leta zunze ubumwe za Amerika- USA

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Ubwanditsi 20 Feb 2020
PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa

PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 10 Mar 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Ko
    January 10, 20208:09 am -

    Bambara imyenda ya yellow nka NRM
    Umwanda ugira iyo uva. Sinshaka kuvuga ngo isuku igira isoko

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda
Mu Mahanga

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Jun 2016
Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera
IMIKINO

Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana
POLITIKI

Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana

Ubwanditsi 12 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru