• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Nyuma ya Arsenal, u Rwanda rwatangiye gukorana na Paris Saint Germain muri gahunda ya Visit Rwanda

Nyuma ya Arsenal, u Rwanda rwatangiye gukorana na Paris Saint Germain muri gahunda ya Visit Rwanda

Ubwanditsi 04 Dec 2019 IMIKINO

Nyuma y’umwaka u Rwanda rugiranye amasezerano y’imikoranire na Arsenal FC yo mu Bwongereza, ikaba igenda neza kandi inyungu zikaba zikomeje kuba nyinshi ku ruhande rw’u Rwanda, ubu hakurikiyeho ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa mu gihe cy’amasezerano y’imyaka itatu y’imikoranire muri gahunda ya Visit Rwanda.

Mu mukino uteganyijwe Kuri uyu wa Gatatu ubwo ikipe ya Paris Saint-Germain iza kuba ikina na Nantes muri Shampiyona, haraza kuba hatangazwa ku mugaragaro ubufatanye hagati y’ikipe ya Paris Saint Germain ndetse n’u Rwanda igikorwa biteganyijwe ko kibera i Parc des Princes ku kibuga iyi kipe isanzwe ikiniraho.

Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB, gihagarariye u Rwanda muri aya masezerano kimwe n’aya Arsenal,  Claire Akamanzi, yatangarije ikinyamakuru Le Figaro cyo mu Bufaransa ko bahisemo gukorana na Paris Saint Germain mu rwego rwo kugaragaza ubwiza bw’u Rwanda.

Yagize ati “Twahisemo Paris Saint-Germain kuko ifite izina rikomeye kuruta kuba ari ikipe y’umupira w’amaguru. Ni ikipe imaze igihe gito nyamara iri mu makipe y’ibihangange i Burayi, kandi mu ndangagaciro zayo ifite nyinshi zihura n’iz’u Rwanda: Ishyaka, kwagura imikoranire n’isi yose, gukorana n’urubyiruko no guharanira kuba indashyikirwa.”

Mu bikubiye muri aya masezerano, harimo kuba Paris Saint Germain izajya yambara Visit Rwanda ku myenda yishyushyanya mbere y’umukino, kuzana bamwe mu bakinnyi b’ibihangange bo muri Paris Saint Germain mu Rwanda, ndetse no gushinga ishuri ry’umupira w’amaguru mu Rwanda byanatanga umusaruro ufatika ku banyarwanda bakaba babona n’amahirwe yo kujya gukina mu Bufaransa by’umwihariko muri Paris Saint Germain ari benshi.

Visit Rwanda imaze kugira uruhare rugaragara mu gukurura ba mukerarugenda baturutse mu bice bitandukanye by’isi barimo n’ibihangange bimaze gusura u Rwanda aho twavugamo umukinnyi wa Tennis ukomeye ku isi Maria Sharapova, David Luiz ukinira Arsenal, Didier Drogba na Luis Van Gal watoje Manchester United, hakaba hanitezwe ibindi birangirire muri siporo bizaza kwirebera ubwiza bw’u Rwanda babwirwa bakanasoma mu bitabo birimo n’abakinnyi ba PSG.

Nihamara gutangazwa ku mugaragaro iyi mikoranire, birashoboka ko mu minsi ya vuba abanyarwanda bashobora kongera kugira amahirwe yo kwibonera abakinnyi bakomeye bakina muri iyi kipe y’ubukombe ku isi barimo Mbappe na Neymar.

2019-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi

Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi

Ubwanditsi 28 Sep 2024
U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 21 Nov 2024
Team Rwanda yatwaye umudali w’umwanya wa kabiri muri shampiyona ya Afurika 2021.

Team Rwanda yatwaye umudali w’umwanya wa kabiri muri shampiyona ya Afurika 2021.

Ubwanditsi 02 Mar 2021
Abakobwa 300 nibo bazagaragara mundirimbo ya Senderi agiye gusohora amashusho yayo

Abakobwa 300 nibo bazagaragara mundirimbo ya Senderi agiye gusohora amashusho yayo

Ubwanditsi 24 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze
POLITIKI

AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Ibishushungwa bya P5 na MRCD mu mugambi wo kwihuza, Kayumba Nyamwasa yahiriye mu nzu abura aho apfunda imitwe
INKURU NYAMUKURU

Ibishushungwa bya P5 na MRCD mu mugambi wo kwihuza, Kayumba Nyamwasa yahiriye mu nzu abura aho apfunda imitwe

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Umunyamabanga wa APR FC wagize ibyago agarutse i Kigali igitaraganya
IMIKINO

Umunyamabanga wa APR FC wagize ibyago agarutse i Kigali igitaraganya

Ubwanditsi 06 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru