• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Impuguke mu by’umutekano Alex Ward yavuze uko abona ahazaza ha Trump na Iran

Impuguke mu by’umutekano Alex Ward yavuze uko abona ahazaza ha Trump na Iran

Ubwanditsi 21 May 2018 POLITIKI

Muri iki gihe Isi yose ikomeje kwibaza byinshi ku myitwarire ya Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ku birebana n’amasezerano ajyanye n’intwaro za kirimbuzi muri Iran, cyane cyane ku mwanzuro wo kuvana igihugu cye muri aya masezerano.

Ku wa 14 Nyakanga 2015, i Vienne muri Autriche, ibihugu by’ibihangange ku Isi byageze ku masezerano y’ubwumvikane na Iran, bwo kugabanya gahunda yayo yo gucura intwaro za kirimbuzi hanyuma na yo ikoroherezwa ibihano mu bijyanye n’ubukungu n’ibindi.

Perezida Donald Trump aherutse gufata icyemezo cyo kwikura muri aya masezerano agabanya ububasha bwa Iran bwo kugera ku ntwaro za kirimbuzi. Ibi byatumye abahanga mu bya dipolomasi, igisirikare n’umutekano mpuzamahanga, bakomeje kwibaza byinshi ku hazaza ha Iran n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi.

Alex Ward usanzwe akorera Ikinyamakuru Vox.com cyandikirwa muri Amerika, aherutse gusesengura ingingo zitandukanye zikubira hamwe uko abona iki kibazo, ndetse hamwe na hamwe agatanga n’imyanzuro y’uko we abona byagakwiye kugenda kuva kera kose.

Ward ntiyemeranya n’ababona ko Trump yahubutse mu mwanzuro yafashe w’uko Amerika izava muri aya masezerano.

Avuga ko ubwayo atari shyashya kuko n’uburyo agomba gukurikiranwa budatanga icyizere ku guhangana n’imbaraga za gisirikare za Iran, ku rwego rwashobora kuyambura igihagararo n’ubuhangange ifite mu karere k’Uburasirazuba bwo hagati, yaba igishingiye ku bukungu, ububanyi n’amahanga n’igisirikare.

Ward avuga ko ariya masezerano adakoza urwara ku mugambi wo gucura intwaro za misile zambukiranya imipaka Iran isanganywe. Ibi rero ngo ni ingingo yaba Barack Obama n’ibihugu byasinye ariya masezerano batigeze barebaho.

Mu nyandiko ye ndende iri ku rubuga rwa Vox.com, Ward yemeza ko igihe cyose amasezerano ku ntwaro za kirimbuzi adakumira Iran, mu kwigwizaho za misile zishobora kurasa ku butaka bwa Israel, ubwabyo bitari gutanga umusaruro uzarama.

Ikindi gihangayikishije, ngo ni ukuba Iran yaragiye irema ibirindiro ku butaka bwa Syria na Yemen, ntibinezeze amahanga arimo na Arabia Saudite bihora birebana ay’ingwe kandi ubwami bwayo ari incuti magara ya Amerika.

Mu mwaka aya masezerano yashyiriweho umukono, Igikomangoma cyo mu Bwami bwa Arabia Saudite Mohammed Bin Salman, yatangarije CBS ko aya masezerano ari icyo yise mu Cyongereza “Flawed Agreement” ni nko kuvuga ko nta kintu kizima kiyarimo.

Yanongeyeho ko igihe Iran yacura ibisasu bya kirimbuzi n’Ubwami bwa Saudi Arabia bwahita bucura ibindi nta kabuza.

Kuba rero Iran ari ikibazo ku bakeba bayo kandi bafite ubukungu bukataje n’inyungu runaka bahuriraho na Amerika, ubwabyo nabyo biri mu byatuma Amerika igira amahitamo nk’ayo Trump aherutse gutangaza.

Biri no mu bishobora kuba byarakanguriye Trump ko Amerika idacunze neza yazisanga Israel yagabweho ibitero by’ibisasu bya karahabutaka, byaba bitewe na Iran, Syria cyangwa Hezbollah ndetse na Hamas.

Bityo mu gihe gito misile zikaba zakwibasira bikomeye imijyi imwe n’imwe yo ku butaka bwa Israel kandi Amerika ifite inshingano ku mutekano wa Israel uko byagenda kose.

Ward kandi yibajije niba koko Iran yaba ishishikajwe no kwibikaho intwaro kirimbuzi. Yifashishije amagambo ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Javad Sarif yabwiye imwe muri Televiziyo yo muri Amerika CBS, aho yagize ati “Ntitwigeze na rimwe tugira gahunda yo gucura intwaro kirimbuzi.”

Imwe mu mpamvu ihatse izindi iyi mpuguke itangaza kandi ko yaba ariyo ntandaro y’uko Iran yaba ihorana inzozi zo gutunga bene izo ntwaro, ngo nuko byatuma igira ijambo ntakuka ku bakeba bayo nka Arabia Saudite, kandi yaba Amerika cyangwa Israel bikajya biyitinya.

Iyi mpuguke yemeza ko n’ubusanzwe Iran itarusha imbaraga Israel cyangwa Amerika mu bya gisirikare, ariko ko iri mu bihugu byihagazeho mu by’intambara n’igisirikare.

Kuba rero yatunga intwaro za kirimbuzi rero ngo ntagushidikanya ko yabuza amahwemo ibihugu by’bihangange nka Amerika n’ibindi.

Kugeza ubu haribazwa niba nta bindi bihugu bizava muri aya masezerano. By’umwihariko ibicuditse na Amerika nk’u Bwongereza n’u Bufaransa nibyo bigarukwaho cyane. Gusa hari n’abacungira hafi uko Iran izarushaho kwitwara mu bihe bikurikira icyemezo cya Trump.

Ku itariki 19 Ukuboza 2016, ikinyamakuru Le Parisien cyasohoye inyandiko y’uko Iran ifite umugambi wo kugura indege nini 100 zo mu bwoko bwa Airbus, ndetse n’izindi 80 za Boeing ifite icyicaro i Seattle muri Amerika.

Ubucuruzi nk’ubu bwo ku rwego ruhanitse, ni bumwe mu byo yaba Iran cyangwa ibihugu by’ibihanganye byakagombye kwitaho, ariko mu bigaragara hirya y’ubucuruzi n’inyungu mu by’ubukungu, hari indi mizi iruta kure uko abantu babona ikibazo.

Perezida wa Iran, Hassan Rouhani, yabwiye itangazamakuru ko ‘Niba dushobora kugera kubyo twifuza bitarindiriye kuba hamwe na Amerika, ni iki kizatubuza gukomeza ayo masezerano n’abo turi kumwe bandi babyifuza ko akomeza?”

Ibyo Rouhani yatangaje ariko bihabanye n’ibyo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga we yari yaratangaje, yemeza ko mu gihe Amerika yahirahira ikivana muri ayo masezerano, Iran nayo itazajijinganya kuyakuramo akarenge.

2018-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubushinwa : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’aba ambasaderi b’ibihugu bya Afurika

Ubushinwa : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’aba ambasaderi b’ibihugu bya Afurika

Ubwanditsi 18 Mar 2017
Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Ubwanditsi 18 Apr 2018
PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite

PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Ubwanditsi 17 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega
UBUKUNGU

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Ubwanditsi 30 Jan 2020
U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’
IKORANABUHANGA

U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’

Ubwanditsi 10 Mar 2020
Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa
HIRYA NO HINO

Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa

Ubwanditsi 18 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru