• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Ubwanditsi 07 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Muriyi minsi nta gihe kiri gushira hatumvikanye mu bitangazamakuru Perezida w’u Burundi Petero Nkurunziza kenshi ashyira mu majwi u Rwanda mu rwego rwo gukomeza ayobya uburari ku bibera mu gihugu cye.

Ibi byongeye nyuma yaho taliki 04 Ukuboza Nkurunziza yandikiye ibaruwa mugenzi we wa Uganda ashinja u Rwanda kuba inyuma y’ibibazo biri mu Burundi. Nyuma yaho iyi baruwa yaje gukwirakwizwa mu bitangamakuru ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, mu gihe itari ibaruwa ifunguriwe rubanda.

Igitangaje umuntu yakwibaza ni uburyo u Burundi bukomeje gukurura u Rwanda mu bibazo byarwo amahanga amaze kubona ko biterwa n’ubutegetsi buriho; ikindi gitangaje ni uburyo ibaruwa ivuye k’umukuru w’igihugu ikajya ku wundi isakara mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, bigatera kwibaza inyungu irimo.

U Burundi bubifitemo nyungu ki?

Leta y’u Burundi yamaze kubona ko amahanga amaze gusobanukirwa amabi abera mu Burundi, bityo leta ikaba igishakisha uko yakurura abaturanyi mu bibazo ngo amaso ahanze Nkurunziza atatanire mu baturanyi. Si ibi gusa kuko Nkurunziza amaze kubona ko mugenzi we wa Uganda yamubera intwaro ikomeye kubera atarebana neza n’u Rwanda, ruhora rumwerurira ko aha urwaho abashaka kurubangamira. Nkurunziza amaze kubona ko ubufatanye bwe na Museveni bwamuha imbaraga mu kuzana u Rwanda mu bibazo bye dore ko ubu Museveni ariwe uyoboye umuryango w’ibihugu byo muri Afurika y’iburasirazuba (EAC) akaba afite ijambo muri uyu muryango u Rwanda rubarizwamo.

Uganda ifitemo nyungu ki?

Leta ya Uganda kuba yakwandikirwa ibaruwa iyigaragariza ibivugwa ku Rwanda ibibona nk’amahirwe, binatuma umuntu yibaza uwaba ri inyuma yo gushyira ku karubanda iyi baruwa ivugamo u Rwanda bisanzwe bizwi ko rutabanye neza na Uganda. Nta gitangaza kuri Uganda iramutse ibikoze cyane ko kuriyo ari amahirwe kubona u Rwanda rugarukwaho mu bibazo by’u Burundi.

U Rwanda mur’ibi byose ruhagaze he?

Leta y’u Rwanda ntabwo yigeze ihwema kugaragariza amahanga ko ibibazo by’abarundi aribo nyirabayazana ariko ko bigira ingaruka ku karere. Nyakubahwa Perezida Paul Kagame mu kiganiro na Jeune Afrique cyabaye taliki 4 Gicurasi 2017 mu biro by’Umukuru w’Igihugu ku Kacyiru muri “Village Urugwiro”, yabajijwe kuri Nkuruniza agira ati: “Iyo umuntu afite ikibazo agashaka kukiguturaho, ni byiza ko wirinda kugwa muri uwo mutego. Ibi ntabwo bisobanuye ko kuba twarifashe tutumva ko ikibazo kitureba. Tuzi ko ibibera mu Burundi bishobora kugira ingaruka ku mutekano wacu, kandi ntidushobora kwemera ko ibyo bitugeraho.

Abanyarwanda kenshi bakunda kuvuga ko ubusanzwe ntawurahemukira u Rwanda ngo agire amahoro kuko buri gihe bimukurikirana kugeza abonye ingaruka zabyo.

Turabararikira gukurikirana inkuru zizakurikira zisesengura neza ibiri inyuma y’ibikorwa nk’ibi byo gushotorana ndetse no guharabika abaturanyi biri gukorwa ku ruhande rumwe na Nkurunziza no ku rundi ruhande bigakorwa na Museveni ariko noneho bakaba baratangiye ubufatanye busesuye mu migambi yabo mibisha ku Rwanda.

2018-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Ubwanditsi 18 May 2023
Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwanditsi 19 Nov 2025
Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf

Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Umuhanzi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bamaze gusohoka muri Gereza ya Mageragere

Umuhanzi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bamaze gusohoka muri Gereza ya Mageragere

Ubwanditsi 15 Sep 2018

7 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    December 7, 20182:34 pm -

    ARIKO. KUKI MUKUNDA
    KWITIRANYA IBINTU NIBINDI
    NIBA KAGÀME ATUMVIKANA
    NA MUSEVENI MUKAVUGA NGO
    URWANDA RUFITANYE UMUBANO MUBI NA OUGANDA
    MUEVENI SE=UGANDA?
    KAGAME SE=URWANDA?
    BATARA FATA UBUTEGETSI
    BITWAGA UGANDA CG RWANDA
    UBUSE ABAGANDE NABANYARWANDA
    NTIBASURANA BAGASANGIRA?

    Subiza
    • Sunday
      December 9, 20184:28 pm -

      Bwira ibyobicucu bikoreshwa na Kagome. Unabibutseko Kagome arikibazo mukarere tugomba gushakira umuti

      Subiza
  2. Beatrice Bomgwa
    December 7, 20183:45 pm -

    Kuba U Rwanda ruvugwa mu bibazo by’i Burundi byashyizwe hanze n’amahanga, cyane cyane USAyabikozeho ubushakashatsi. Ese U Burundi bubivuze bwaba buvuga ukuri cyanga bubeshya? Nkeka abakurikira ibiba mu karere, bose baziko abahungabanya igihugu duturanye batuye i Kigali kandi bafitanye ubushuti nubufasha by”abategetsi b’u Rwanda. Gusa nkeka dukwiye kutikoma Uganda yuko byazadukururira ibibazo tutakwikura! Nkaba nsaba Rushyashya kujya itubwira amakuru y’u Rwanda badashotoye ibihugu duturanye. Kuba abandika muri iki kinyamakuru bakunda gutukana, gusebanya no guhimbira abandi!

    Subiza
  3. rukundo
    December 7, 201810:00 pm -

    Nonese Beatrice we wowe ufite gihamya ko babeshya? jya wisomera inkuru za RNC nizababandi biyemeje no gusebya ibyiza bihari

    Subiza
  4. Beatrice Bomgwa
    December 8, 20184:12 pm -

    Rukundo, Muvandimwe! Ibyo nanditse ni “facts” utabasha kunyomoza. Nkuko abateye i Nyabimata bavuye mu Burundi baciye muri Nyungwe, bizwiko abateye Uburundi guhirila ubutegetsi bavuye mu Rwanda kandi baza gusubirayo. Si ngombwako ungira inama y’ibyo nsoma. Njye Igihe.com, Rushyashya.net, Umuseke.net kandi nkumva Itahuka radio, Inkingi radio, urumuri radio n’ibindi byinshi. Nize itangazamakuru ndikoramo ndetse ndariyobora ku nzego ntiriwe ndondora. Ibyerekeye u Rwanda mbisoma byose, nkashima ibikwiye gushimwa naho ibindi nkabiha agaciro biba byihesheje. Tutaterana amagambo ahubwo twimakaze icyatuma Urwanda rugaragara neza aho guhora twiyamwa n’abaturanyi.

    Subiza
  5. Kalisa
    December 12, 20186:31 am -

    Ariko kuki abantu birengagiza ukuri kandi ntacyo kubatwaye. Rwanda ntibanye neza na Burundi, Rwanda ntibanye neza na Uganda,Rwanda ntibanye neza na DRC, Rwanda ntibanye neza na Tanzanie, ubwo se bigaragara ko nyirabayazana ari nde?

    Subiza
    • Sunday
      December 13, 20185:47 am -

      Twebwe nkabanyarwanda dufite kwihandura ivunja ritarakosa ukuguru kwoose kuko abaturage bibibihugu byose ntakibazo bafitanye.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

[ VIDEO ] Walk to Remember|#Kwibuka23| Kigali, 7 April 2017
Mu Rwanda

[ VIDEO ] Walk to Remember|#Kwibuka23| Kigali, 7 April 2017

Ubwanditsi 08 Apr 2017
Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 11 May 2016
Champions league: PSG irahabwa amahirwe yo gutsinda Chealsea
IMIKINO

Champions league: PSG irahabwa amahirwe yo gutsinda Chealsea

Ubwanditsi 16 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru