• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera
Inzego za polisi z'ibihugu byombi ziraganira ku kibazo cyo gufunga inzira ihuza Uganda n'u Rwanda ku mupaka wa Gatuna

Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera

Ubwanditsi 22 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

K’umunsi wejo mu masaha ya saa tatu za mugitondo, igikundi cy’abagande cyafunze umuhanda uhuza impande ebyiri z’umupaka wa Gatuna (Rwanda) na Katuna (Uganda) mu cyiswe imyigaragambyo kubera umuvunjayi w’umugande uri mu maboko ya polisi y’u Rwanda.

Abantu benshi bakomeje kwibaza uburyo abaturage bakwihandagaza bakinjira mu mupaka bagafata amabuye n’ibiti bagafunga inzira ihuza ibihugu byombi inzego (cyane cyane iz’umutekano) zikorera k’umupaka zitabigizemo uruhare.

Abagande bigaragambya bavugaga ko bari kwamagana itabwa muri yombi ry’umuvunjayi w’Umugande, Justus Tweyogere, ufungiye mu Rwanda. Soma hano inkuru twakoze mbere kuri uwo muvunjayi.

Ubusanzwe k’umupaka habarizwa inzego zose z’umutekano, haba iza gisirikare, igipolisi ndetse n’abashinzwe iperereza bafatanya mu kazi ka buri munsi n’izindi nzego za leta ndetse n’abikorera ku giti cyabo.

Biratangaje kubona abaturage bikora bakinjira mu mupaka bagafunga umuhanda mu gihe kitari gito (amasaha 3) inzego zishinzwe umupaka ntacyo ziri gukora.

Ibya Justus Tweyogere

Umuvugizi w’igipolisi cy’u Rwanda, ACP Theos badege, yemeje ko Tweyogere yatawe muri yombi kuwa 16 Ukuboza ashinjwa gukoresha inyandiko mpimbano ndetse no kuvunja mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

ACP Badege yongeyeho ko ikibazo cya Tweyogere kiri gukurikiranwa binyuze mu nzira zisanzwe z’ubutabera.

Yakomeje avuga ko ambasade ya Uganda mu Rwanda yabimenyeshejwe akimara gutabwa muri yombi kandi ko asurwa n’umuryango we n’abakozi ba ambasade ndetse abasha kubonana n’umunyamategeko.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko uyu mugande yatawe muri yombi ari kumwe na mugenzi we w’Umunyarwanda bakora akazi kamwe witwa Aime Chaste Nyirishema nawe ashinjwa gukoresha inyandiko mpimbano no kuvunja amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Hari hashize ukwezi na none uyu Tweyogere ahaswe ibibazo n’Igipolisi cy’u Rwanda nyuma y’uko yari yambutse umupaka yinjira mu Rwanda afite amafaranga arenze 10,000$ yemewe kwambutsa umupaka kandi Atari yabimenyesheje nk’uko bisabwa na Banki Nkuru y’u Rwanda.

Yaje kurekurwa nyuma asubira I Kabale muri Uganda amaze kwerekana bimwe mu bimenyetso by’uko yahererekanyaga amafaranga no kugaragaza ko afitanye ubufatanye n’ibiro by’ivunjisha mu Rwanda.

Icyo gihe akaba yarasabwe kujya yubahiriza ibiteganywa na Banki Nkuru y’u Rwanda.

Abanti benshi bakurikiye iki gikorwa cyabereye k’umupaka, bemeza ko hari ukuboko gukomeye kubiri inyuma kuko ubusanzwe nta kintu kibera mu mupaka inzego ziwuyobora zitabyemeye.

Abandi barabihuza n’igisa n’urwiyerurutso rwa leta ya Uganda ku baturage bayo kubera ibikorwa byo gufata binyuranije n’amategeko, abanyarwanda bambuka imipaka bagiye Uganda mu bikorwa byo gusura abavandimwe ndetse no gukorerayo business.

 

2017-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ubwanditsi 27 Feb 2024
Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Ubwanditsi 14 Apr 2024
Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Perezida Kagame asanga imikoranire itanoze iha urwaho umutekano muke

Perezida Kagame asanga imikoranire itanoze iha urwaho umutekano muke

Ubwanditsi 13 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we
SHOWBIZ

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we

Ubwanditsi 08 Nov 2017
FLN [ Force De Libération National ] Umutwe Wa Gisirikare W’impuzamashyaka Ugamije Guhungabanya Umutekano W’u Rwanda
ITOHOZA

FLN [ Force De Libération National ] Umutwe Wa Gisirikare W’impuzamashyaka Ugamije Guhungabanya Umutekano W’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.
Amakuru

Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ubwanditsi 03 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru