• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera
Inzego za polisi z'ibihugu byombi ziraganira ku kibazo cyo gufunga inzira ihuza Uganda n'u Rwanda ku mupaka wa Gatuna

Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera

Ubwanditsi 22 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

K’umunsi wejo mu masaha ya saa tatu za mugitondo, igikundi cy’abagande cyafunze umuhanda uhuza impande ebyiri z’umupaka wa Gatuna (Rwanda) na Katuna (Uganda) mu cyiswe imyigaragambyo kubera umuvunjayi w’umugande uri mu maboko ya polisi y’u Rwanda.

Abantu benshi bakomeje kwibaza uburyo abaturage bakwihandagaza bakinjira mu mupaka bagafata amabuye n’ibiti bagafunga inzira ihuza ibihugu byombi inzego (cyane cyane iz’umutekano) zikorera k’umupaka zitabigizemo uruhare.

Abagande bigaragambya bavugaga ko bari kwamagana itabwa muri yombi ry’umuvunjayi w’Umugande, Justus Tweyogere, ufungiye mu Rwanda. Soma hano inkuru twakoze mbere kuri uwo muvunjayi.

Ubusanzwe k’umupaka habarizwa inzego zose z’umutekano, haba iza gisirikare, igipolisi ndetse n’abashinzwe iperereza bafatanya mu kazi ka buri munsi n’izindi nzego za leta ndetse n’abikorera ku giti cyabo.

Biratangaje kubona abaturage bikora bakinjira mu mupaka bagafunga umuhanda mu gihe kitari gito (amasaha 3) inzego zishinzwe umupaka ntacyo ziri gukora.

Ibya Justus Tweyogere

Umuvugizi w’igipolisi cy’u Rwanda, ACP Theos badege, yemeje ko Tweyogere yatawe muri yombi kuwa 16 Ukuboza ashinjwa gukoresha inyandiko mpimbano ndetse no kuvunja mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

ACP Badege yongeyeho ko ikibazo cya Tweyogere kiri gukurikiranwa binyuze mu nzira zisanzwe z’ubutabera.

Yakomeje avuga ko ambasade ya Uganda mu Rwanda yabimenyeshejwe akimara gutabwa muri yombi kandi ko asurwa n’umuryango we n’abakozi ba ambasade ndetse abasha kubonana n’umunyamategeko.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko uyu mugande yatawe muri yombi ari kumwe na mugenzi we w’Umunyarwanda bakora akazi kamwe witwa Aime Chaste Nyirishema nawe ashinjwa gukoresha inyandiko mpimbano no kuvunja amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Hari hashize ukwezi na none uyu Tweyogere ahaswe ibibazo n’Igipolisi cy’u Rwanda nyuma y’uko yari yambutse umupaka yinjira mu Rwanda afite amafaranga arenze 10,000$ yemewe kwambutsa umupaka kandi Atari yabimenyesheje nk’uko bisabwa na Banki Nkuru y’u Rwanda.

Yaje kurekurwa nyuma asubira I Kabale muri Uganda amaze kwerekana bimwe mu bimenyetso by’uko yahererekanyaga amafaranga no kugaragaza ko afitanye ubufatanye n’ibiro by’ivunjisha mu Rwanda.

Icyo gihe akaba yarasabwe kujya yubahiriza ibiteganywa na Banki Nkuru y’u Rwanda.

Abanti benshi bakurikiye iki gikorwa cyabereye k’umupaka, bemeza ko hari ukuboko gukomeye kubiri inyuma kuko ubusanzwe nta kintu kibera mu mupaka inzego ziwuyobora zitabyemeye.

Abandi barabihuza n’igisa n’urwiyerurutso rwa leta ya Uganda ku baturage bayo kubera ibikorwa byo gufata binyuranije n’amategeko, abanyarwanda bambuka imipaka bagiye Uganda mu bikorwa byo gusura abavandimwe ndetse no gukorerayo business.

 

2017-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko umunyarwanda Gakwerere Moses, yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala

Uko umunyarwanda Gakwerere Moses, yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Ubwanditsi 10 May 2019
Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Ubwanditsi 18 Dec 2024
Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Ubwanditsi 02 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urban Boys irakomeza ari babiri cyangwa barahitamo kuyisenya burundu?
SHOWBIZ

Urban Boys irakomeza ari babiri cyangwa barahitamo kuyisenya burundu?

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana
Mu Mahanga

Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Chris Froome watwaye Tour de France enye, yemeje ko azitabira Tour du Rwanda isiganwa rizazenguruka igihugu muri Gashyantare 2023
Uncategorized

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yemeje ko azitabira Tour du Rwanda isiganwa rizazenguruka igihugu muri Gashyantare 2023

Ubwanditsi 16 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru