• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.

“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.

Ubwanditsi 04 Nov 2022 Amakuru, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu, tariki 04 Ugushyingo 2022, ubwo yayoboraga umuhango wo kwinjiza mu Ngabo z’u Rwanda abawofisiye 568, umuhango wabereye mu ishuri rya gisirikari cya Gako, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabwiye abarangije amasomo n’izindi nzego z’umutekano, ko kugira abasirikari bahagije kandi bashoboye bitavuze gutegura intambara, ko ahubwo inshingano yabo ya mbere ari ugufatanya n’abandi baturage kubaka igihugu no kurinda ibikorwa by’iterambere byagezweho.

Yagize ati:”Ntitwubaka igisirikari cyo gushoza intambara, ahubwo inshingano ya mbere y’umusirikari w’u Rwanda ni ukurinda igihugu n’abagituye ndetse n’ibyagezweho, ibyo kurwana bikaza nyuma.”

Mu ijambo rye kandi Perezida Kagame yavuze ko ubumenyi abasirikari b’u Rwanda bahabwa buba bunakenewe no kuzindi nzego z’igihugu, ashimangira ko u Rwanda ruziyambaza ubwo bumenyi kugirango rukomeze rutere imbere. Yanongeyeho ko uRwanda rwiyemeje gufatanya n’andi mahanga abyifuza kubyaza umusaruro ubuhanga bw’ingabo z’uRwanda, hagamijwe iterambere twese dufitemo inyungu.

Mu barangije amasomo harimo 24 bize mu bihugu bifitanye umubano  n’u Rwanda, birimo Kenya,  Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Qatar, Ubwongereza, Uburusiya, Sri Lanka n’Ubutaliyani, bakaba bari bamaze hafi umwaka bahabwa inyigisho za gisirikari n’ubundi bumenyi mu mashami anyuranye, arimo ubuvuzi, “engineering”, ubugenge, imibare,ibinyabuzima n’ubutabire.

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, Gen. James Kabarebe nawe yari aherutse gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zitabereyeho kurwana intambara zitari ngombwa, ko ahubwo zihora ziryamiye amajanja ngo zirinde ubusugire bw’igihugu.

Ibi yabivuze  asa n’usubiza abategetsi ba Kongo bihandagaza ngo biteguye gushoza intambara ku Rwanda, mu gihe nyamara abasirikari b’icyo gihugu bumva gusa umurindi w’abarwanyi ba M23 bakayabangira ingata. Umusazi ntiyagutera ibyondo ngo utore amabuye utangire kuyamutera, kandi uzi neza ko yabitewe n’uburwayi.

2022-11-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi yafashe  abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge

Polisi yafashe abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Yves Rwasamanzi nk’umutoza mukuru w’Amavubi U23 yahamagaye abakinnyi bitegura gukina igikombe cya Afurika bitegura guhura na Libye

Yves Rwasamanzi nk’umutoza mukuru w’Amavubi U23 yahamagaye abakinnyi bitegura gukina igikombe cya Afurika bitegura guhura na Libye

Ubwanditsi 15 Sep 2022
Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho

Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho

Ubwanditsi 26 May 2017
Ingingo Z’ingenzi Z’ Urwandiko Rwa MUSONI Shafique Rusaba Guhindura Amazina

Ingingo Z’ingenzi Z’ Urwandiko Rwa MUSONI Shafique Rusaba Guhindura Amazina

Ubwanditsi 03 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Dec 2018
Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru
SHOWBIZ

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke
Amakuru

Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Ubwanditsi 09 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru