• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Ubwanditsi 07 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Muriyi minsi nta gihe kiri gushira hatumvikanye mu bitangazamakuru Perezida w’u Burundi Petero Nkurunziza kenshi ashyira mu majwi u Rwanda mu rwego rwo gukomeza ayobya uburari ku bibera mu gihugu cye.

Ibi byongeye nyuma yaho taliki 04 Ukuboza Nkurunziza yandikiye ibaruwa mugenzi we wa Uganda ashinja u Rwanda kuba inyuma y’ibibazo biri mu Burundi. Nyuma yaho iyi baruwa yaje gukwirakwizwa mu bitangamakuru ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, mu gihe itari ibaruwa ifunguriwe rubanda.

Igitangaje umuntu yakwibaza ni uburyo u Burundi bukomeje gukurura u Rwanda mu bibazo byarwo amahanga amaze kubona ko biterwa n’ubutegetsi buriho; ikindi gitangaje ni uburyo ibaruwa ivuye k’umukuru w’igihugu ikajya ku wundi isakara mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, bigatera kwibaza inyungu irimo.

U Burundi bubifitemo nyungu ki?

Leta y’u Burundi yamaze kubona ko amahanga amaze gusobanukirwa amabi abera mu Burundi, bityo leta ikaba igishakisha uko yakurura abaturanyi mu bibazo ngo amaso ahanze Nkurunziza atatanire mu baturanyi. Si ibi gusa kuko Nkurunziza amaze kubona ko mugenzi we wa Uganda yamubera intwaro ikomeye kubera atarebana neza n’u Rwanda, ruhora rumwerurira ko aha urwaho abashaka kurubangamira. Nkurunziza amaze kubona ko ubufatanye bwe na Museveni bwamuha imbaraga mu kuzana u Rwanda mu bibazo bye dore ko ubu Museveni ariwe uyoboye umuryango w’ibihugu byo muri Afurika y’iburasirazuba (EAC) akaba afite ijambo muri uyu muryango u Rwanda rubarizwamo.

Uganda ifitemo nyungu ki?

Leta ya Uganda kuba yakwandikirwa ibaruwa iyigaragariza ibivugwa ku Rwanda ibibona nk’amahirwe, binatuma umuntu yibaza uwaba ri inyuma yo gushyira ku karubanda iyi baruwa ivugamo u Rwanda bisanzwe bizwi ko rutabanye neza na Uganda. Nta gitangaza kuri Uganda iramutse ibikoze cyane ko kuriyo ari amahirwe kubona u Rwanda rugarukwaho mu bibazo by’u Burundi.

U Rwanda mur’ibi byose ruhagaze he?

Leta y’u Rwanda ntabwo yigeze ihwema kugaragariza amahanga ko ibibazo by’abarundi aribo nyirabayazana ariko ko bigira ingaruka ku karere. Nyakubahwa Perezida Paul Kagame mu kiganiro na Jeune Afrique cyabaye taliki 4 Gicurasi 2017 mu biro by’Umukuru w’Igihugu ku Kacyiru muri “Village Urugwiro”, yabajijwe kuri Nkuruniza agira ati: “Iyo umuntu afite ikibazo agashaka kukiguturaho, ni byiza ko wirinda kugwa muri uwo mutego. Ibi ntabwo bisobanuye ko kuba twarifashe tutumva ko ikibazo kitureba. Tuzi ko ibibera mu Burundi bishobora kugira ingaruka ku mutekano wacu, kandi ntidushobora kwemera ko ibyo bitugeraho.

Abanyarwanda kenshi bakunda kuvuga ko ubusanzwe ntawurahemukira u Rwanda ngo agire amahoro kuko buri gihe bimukurikirana kugeza abonye ingaruka zabyo.

Turabararikira gukurikirana inkuru zizakurikira zisesengura neza ibiri inyuma y’ibikorwa nk’ibi byo gushotorana ndetse no guharabika abaturanyi biri gukorwa ku ruhande rumwe na Nkurunziza no ku rundi ruhande bigakorwa na Museveni ariko noneho bakaba baratangiye ubufatanye busesuye mu migambi yabo mibisha ku Rwanda.

2018-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Ubwanditsi 28 Feb 2020
Burundi/Cibitoke: polisi yahohoteye bikabije Umunyarwanda

Burundi/Cibitoke: polisi yahohoteye bikabije Umunyarwanda

Ubwanditsi 28 Dec 2018
Mwenedata Gilbert  yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Mwenedata Gilbert yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2018
Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Ubwanditsi 14 Nov 2020

7 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    December 7, 20182:34 pm -

    ARIKO. KUKI MUKUNDA
    KWITIRANYA IBINTU NIBINDI
    NIBA KAGÀME ATUMVIKANA
    NA MUSEVENI MUKAVUGA NGO
    URWANDA RUFITANYE UMUBANO MUBI NA OUGANDA
    MUEVENI SE=UGANDA?
    KAGAME SE=URWANDA?
    BATARA FATA UBUTEGETSI
    BITWAGA UGANDA CG RWANDA
    UBUSE ABAGANDE NABANYARWANDA
    NTIBASURANA BAGASANGIRA?

    Subiza
    • Sunday
      December 9, 20184:28 pm -

      Bwira ibyobicucu bikoreshwa na Kagome. Unabibutseko Kagome arikibazo mukarere tugomba gushakira umuti

      Subiza
  2. Beatrice Bomgwa
    December 7, 20183:45 pm -

    Kuba U Rwanda ruvugwa mu bibazo by’i Burundi byashyizwe hanze n’amahanga, cyane cyane USAyabikozeho ubushakashatsi. Ese U Burundi bubivuze bwaba buvuga ukuri cyanga bubeshya? Nkeka abakurikira ibiba mu karere, bose baziko abahungabanya igihugu duturanye batuye i Kigali kandi bafitanye ubushuti nubufasha by”abategetsi b’u Rwanda. Gusa nkeka dukwiye kutikoma Uganda yuko byazadukururira ibibazo tutakwikura! Nkaba nsaba Rushyashya kujya itubwira amakuru y’u Rwanda badashotoye ibihugu duturanye. Kuba abandika muri iki kinyamakuru bakunda gutukana, gusebanya no guhimbira abandi!

    Subiza
  3. rukundo
    December 7, 201810:00 pm -

    Nonese Beatrice we wowe ufite gihamya ko babeshya? jya wisomera inkuru za RNC nizababandi biyemeje no gusebya ibyiza bihari

    Subiza
  4. Beatrice Bomgwa
    December 8, 20184:12 pm -

    Rukundo, Muvandimwe! Ibyo nanditse ni “facts” utabasha kunyomoza. Nkuko abateye i Nyabimata bavuye mu Burundi baciye muri Nyungwe, bizwiko abateye Uburundi guhirila ubutegetsi bavuye mu Rwanda kandi baza gusubirayo. Si ngombwako ungira inama y’ibyo nsoma. Njye Igihe.com, Rushyashya.net, Umuseke.net kandi nkumva Itahuka radio, Inkingi radio, urumuri radio n’ibindi byinshi. Nize itangazamakuru ndikoramo ndetse ndariyobora ku nzego ntiriwe ndondora. Ibyerekeye u Rwanda mbisoma byose, nkashima ibikwiye gushimwa naho ibindi nkabiha agaciro biba byihesheje. Tutaterana amagambo ahubwo twimakaze icyatuma Urwanda rugaragara neza aho guhora twiyamwa n’abaturanyi.

    Subiza
  5. Kalisa
    December 12, 20186:31 am -

    Ariko kuki abantu birengagiza ukuri kandi ntacyo kubatwaye. Rwanda ntibanye neza na Burundi, Rwanda ntibanye neza na Uganda,Rwanda ntibanye neza na DRC, Rwanda ntibanye neza na Tanzanie, ubwo se bigaragara ko nyirabayazana ari nde?

    Subiza
    • Sunday
      December 13, 20185:47 am -

      Twebwe nkabanyarwanda dufite kwihandura ivunja ritarakosa ukuguru kwoose kuko abaturage bibibihugu byose ntakibazo bafitanye.

      Subiza

Leave a Reply to Kalisa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga
INKURU NYAMUKURU

Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Ubwanditsi 09 Jun 2020
Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika
POLITIKI

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye
INKURU NYAMUKURU

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Ubwanditsi 20 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru