• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abo muri Jambo asbl barashaka kwimurira ingengabitekerezo ya Jenoside mu Bubiligi ku ngufu, bihishe inyuma y’amategeko y’uburenganzira bwa muntu n’inshuti zabo

Abo muri Jambo asbl barashaka kwimurira ingengabitekerezo ya Jenoside mu Bubiligi ku ngufu, bihishe inyuma y’amategeko y’uburenganzira bwa muntu n’inshuti zabo

Ubwanditsi 14 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’aho Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda n’ amashyirahamwe nka IBUKA-Mémoire na Justice-Belgique bamaganiye icyemezo cyo gushyira Umunyarwandakazi Laure UWASE muri Komisiyo yo gucukumbura ingaruka z’ubukoloni bw’ Ababiligi; rya shyirahamwe ry’abana b’abajenosideri, Jambo Asbl , Laure Uwase abarizwamo, ryasimbukiye ku isunzu ry’inzu, ngo risaba kuvuguruza ibyarivuzweho. Mu itangazo rigaragaramo ikimwaro n’ipfunwe, utwo duterahamwe twanditse dutanga iminsi 3 ngo ukuri kwatangajwe kuri Jambo ASBL gusibanganywe. Gutanga ultimatum ku bantu udafiteho ububasha si ubusazi gusa, ahubwo ni no kwisumbukuruza, kuko bibwira ko bazavuga rikijyana nk’uko ba se na basekuru babikoraga mu Rwanda rwo hambere.

Ubu ikivugwa muri za kaminuza hirya no hino ku isi, muri diaspora nyarwanda mu Burayi, Amerika, Aziya n’ahandi henshi ku isi, abasesenguzi ntibitaye kuri ayo matangazo ya Jambo Asbl, ahubwo baribaza ukuntu Igihugu nk’Ububiligi, kivuga ko cyifuza gushyira ukuri ahagaragara, gitinyuka gushyira mu bacukumbura uko kuri umuntu nka Laure UWASE uzwiho ikinyoma n’ingengabitekerezo ya Jenoside yatojwe na se Anastase NKUNDAKOZERA, wanakatiwe n’inkiko gacaca, agatoroka ubutabera amaze guhamwa n’uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni “uwase” koko.

Ubugome bwa Laure UWASE kandi ntibutangaje, kuko yabwonse mu mashereka ya nyina Agnès MUKARUGOMWA, uzwiho cyane gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, abinyujije cyane cyane ku iradiyo Rutwitsi, IKONDERA.

Mu bagaye iki cyemezo cya Leta y’Ububiligi, harimo n’impuguke mu by’amateka, bazi neza politiki yo muri aka karere k’ibiyaga bigari, bakaba basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ari imwe mu ngaruka z’ubukoloni bw’Ababiligi, kuko aribo bazanye ivangura n’urwango mu Banyarwanda. Bibaza rero uko waba ushaka ukuri ku mateka n’ingaruka zayo, ukabishinga umuntu nka Laure UWASE, inzobere mu kuyagoreka. Uretse ko ari n’agasuzuguro ku Banyarwanda, batakwemera guhagararirwa n’inkozi y’ibibi, ni no gutesha agaciro iyo Komisiyo niba mu bayigize harimo abanyabusembwa bukomeye.

N’ubwo Laure UWASE atari mukuru cyane mu myaka, ingengabitekerezo ya jenoside yo ntijya iba nto. Ubuterahamwe bwe si ubwa none, kuko ntawe utazi ko tariki ya 11 Nyakanga 2014, bagenzi be bo muri Jambo ASBL, bakiranywe ubwuzu na FDLR mu mashyamba ya Kongo, bigaragaza indi sano bafitanye n’abahekuye uRwanda.. Nyuma yaho Uwase yagiranye ibiganiro(interviews) n’ibigarasha birimo Kayumba Nyamwasa, na Victoire Ingabire ukorana bya hafi na FDLR. Ibyo bitabapfu byatambutse ku maradiyo y’ibigarasha n’interahamwe, ITAHUKA n’IKONDERA ya nyina wa Laure UWASE , inkotsa Agnès Mukarugomwa. Laure Uwase kandi we ubwe yagiye kubonana na FDLR yari i Burundi nyuma yo kwakirwa n’uwahoze ari Minisitiri w’Umutekano Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe ubungubu.

Abakurikiranira hafi iby’umubano hagati y’uRwanda n’ Ububiligi, bavuga ko wari watangiye kuvamo agatotsi, cyane cyane nyuma y’aho Ministri w’Intebe w’icyo gihugu, asabiye imbabazi ku mugaragaro, kubera amateka mabi uRwanda rwarazwe n’abakoloni b’Ababiligi, ndetse na nyuma y’ubwigenge icyo gihugu kikaba cyarakomeje gushyigikira Leta zayoboye u Rwanda, zitegura zinashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyakora abo basesenguzi baragaragaza impungenge ko uwo mubano ushobora gusubira inyuma, niba Leta y’ Ububiligi ntacyo ikoze ku cyifuzo cya benshi cyo kuvana abana b’abajenosideri mu nzego zayo. Mu Bubiligi kandi hari itegeko rihana abapfobya n’abahakana Jenoside, hakibazwa impamvu iyi Jambo ASBL ikomeza guhabwa rugari ngo ikomeretse imitima y’Abanyarwanda.

Bayoboke ba Jambo Asbl rero, mwavuza iya bahanda mwagira, mbagiriye inama mwakwitandukanya n’amateka mabi yaranze ababyeyi banyu. Si ikosa kuvuka ku mubyeyi mubi, kuko nta ruhare uba wabigizemo, ariko ni icyaha kwihambira ku murage mubi bagusigiye. Nabagira inama yo kuva ibuzimu mukajya ibuntu, kuko u Rwanda ruhora ku ntebe y’imbabazi.

2020-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Sam Kutesa yavuye mu Rwanda ibintu bikarushaho kuba bibi hagati y’u Rwanda na Uganda

Uko Sam Kutesa yavuye mu Rwanda ibintu bikarushaho kuba bibi hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2019
Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa

Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 19 Jun 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda
IKORANABUHANGA

Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda

Ubwanditsi 24 May 2018
Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa
ITOHOZA

Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa

Ubwanditsi 19 Nov 2018
Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye  urukundo rukomeye kuri  Jack
IMIKINO

Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye urukundo rukomeye kuri Jack

Ubwanditsi 15 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru