• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ibyihariye kuri TECNO Camon11, telefoni yashyize igorora abakunda ‘selfie’

Ibyihariye kuri TECNO Camon11, telefoni yashyize igorora abakunda ‘selfie’

Ubwanditsi 17 Nov 2018 IKORANABUHANGA

Ikigo gikora kikanacuruza telefone zigezweho, TECNO Mobile, cyamuritse telefoni nshya ya TECNO Camon 11 ifite ikoranabuhanga rigezweho mu gufata amafoto by’umwihariko selfie, mu rwego rwo kwifatanya n’abanyarwanda mu kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka wa 2018.

Iyi telefone yamuritswe ndetse ishyirwa ku isoko ryo mu Rwanda bwa mbere mu ijoro ryo kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2018, muri Serena Hotel, mu birori byitabiriwe n’abafatanyabikorwa, abakiriya ndetse n’ibyamamare bitandukanye birimo abamenyerewe mu kumurika imideli.

Iyi telefone ya TECNO Camon11 n’iyo byakoranywe ya TECNO Camon11 Pro, zose zifite umwihariko udasanzwe mu gufata amafoto agezweho ya selfie.

Itandukaniro ry’izi telefone ni uko TECNO Camon 11 ifata amafoto meza ibikesha camera yayo ya megapixels 24 (24 MP) imbere n’inyuma ituma igira ubushobozi bwo gufotora ahari urumuri ruke kandi amafoto akaza acyeye.

Ikindi kandi camera y’imbere iba ifite megapixels nyinshi kurusha iy’inyuma. Ibi bigahuza n’umwihariko w’iyi telefone mu gufata selfie.

Iyi telefone ya TECNO Camon11, ifite RAM ya 6GB (ibika ibintu mu buryo budahoraho) na ROM ya 64 GB (ibika ibintu mu buryo bw’igihe kirekire).

Umuyobozi ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa muri TECNO, Muneza Marie Claire, yavuze ko iyi telefoni ifite umwihariko ariko ku bakunda gufata selfie bo bashyizwe igorora.

Yagize ati “Ni telefoni ifite ikoranabuhanga rigezweho mu gufata selfie, aho mu gihe ufata selfie iba yayibonye igahita iguha selfie nziza cyane. Ikindi kandi ifite ubushobozi bwo kubika amafoto na video kuko ifite ububiko bunini.”

Yakomeje avuga ko iyi telefoni bateganyije kuyimurika mu bihe by’iminsi mikuru kugira ngo abanyarwanda babashe kwishimana n’inshuti n’imiryango, bafata amafoto y’urwibutso na telefoni igezweho kandi igura amafaranga make cyane.

Ku maduka yose mu Rwanda ushaka TECNO Camon11 Pro yishyura ibihumbi 190Frw, naho TECNO Camon11 yo ikagura ibihumbi 220Frw.

TECNO imaze kuba ubukombe mu ruhando mpuzamahanga

Ikigo Tecno cyashinzwe n’Umushinwa George Zhu muri 2006, nyuma y’umwaka umwe ihita ishyiraho uruganda rwa telefoni. Kugeza ubu imaze kugira abafatabuguzi barenga miliyoni 10.

Iherutse gushyirwa ku mwanya wa kane mu bigo bicuruza telefoni ku Isi ndetse inashyirwa ku mwanya wa 10 mu bigo bifite telefoni zigezweho ‘Smartphones’. Kugeza ubu ikorera mu bihugu birenga 50 byo ku Isi.

Muri uyu mwaka kandi iki kigo cyasinye amasezerano n’ikipe ya Manchester City, ikunzwe mu Bwongereza yo kucyamamaza nk’ikigo gikora amatelefoni agezweho kandi meza ahendutse.

2018-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuvana ‘data’ kuri telephone yawe, utabizi. Byabonwe no mu Rwanda

Kuvana ‘data’ kuri telephone yawe, utabizi. Byabonwe no mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Ubwanditsi 20 Jun 2019
Telefoni za Mara Phone zikorerwa no mu Rwanda zamaze kugezwa mu bihugu 41

Telefoni za Mara Phone zikorerwa no mu Rwanda zamaze kugezwa mu bihugu 41

Ubwanditsi 12 Nov 2019
MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

Ubwanditsi 19 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ghana ikeneye umuyobozi w’umunyabwenge nka perezida Kagame – Prof. Ransford Gyampo
POLITIKI

Ghana ikeneye umuyobozi w’umunyabwenge nka perezida Kagame – Prof. Ransford Gyampo

Ubwanditsi 11 May 2018
Ikoreshwa ry’imihanda kuri uyu wa gatanu
Mu Mahanga

Ikoreshwa ry’imihanda kuri uyu wa gatanu

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye
INKURU NYAMUKURU

Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Ubwanditsi 07 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru