• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Ubwanditsi 03 Dec 2018 IKORANABUHANGA

Abanyamahirwe 175 bamaze gutsindira amafaranga muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’ imaze iminsi 70 itangijwe na Airtel-Tigo.

Iyi gahunda yatangijwe tariki 20 Nzeri 2018, iha abakiriya ba Airtel Tigo amahirwe yo gutsindira Miliyoni imwe buri munsi, Miliyoni ebyiri buri cyumweru ndetse no guhatanira igihembo nyamukuru cya Miliyoni 20.

Mu gihe hasigaye iminsi 20 ngo hamenyekane abanyamahirwe begukana ibihembo nyamukuru cya mIliyoni 20, Airtel-tigo yakanguriye abakiliya gukomeza kwiyongerera amahirwe bohereza ubutumwa bugufi cyangwa bahamagara 155 kenshi gashoboka.

Umukiriya ushaka guhatanira ibihembo asabwa kohereza umubare 1 mu butumwa bugufi kuri 155, cyangwa agahamagara ku 155.

Ushinzwe imenyekanishabikorwa muri Airtel-Tigo, Moses Abindabizemu yavuze ko guteza imbere imibereho y’abakiliya ari intego batazatezukaho.

Yagize ati “U Rwanda ruri kwihuta mu iterambere, ni yo mpamvu natwe nk’ikigo cy’itumanaho gifite abakiriya benshi mu Rwanda dushaka gushyigikira iyo njyana tubagezaho ibikorwa na serivisi bihendutse harimo nka internet yacu yaciye agahigo mu kwihuta ndetse n’ibiciro biri hasi cyane. Tuzanakomeza kuzana ubukangurambaga nk’ubu buhesha abanyamahirwe gutsindira ibihembo bitandukanye”.

Agnes Mukaruberwa wo mu karere ka Gisagara yatsindiye ibihumbi 375,000 akoresheje amafaranga 150 gusa muri Yora Kashi.

Yatangaje ko mbere yari azi ko abantu batombora ari abo muri Kigali gusa.

Ati “Najyaga nibwira ko umuntu utombora ari uw’i Kigali gusa, ko mu cyaro batajya bahagera ariko Airtel ni abantu b’abagabo ntibajya babeshya. Nari mfite imishinga myinshi ariko naburiye igishoro, ubu ngiye kubasha kuyikora. Ubundi amafaranga menshi natunze yari ibihumbi mirongo ine.”

Abatsinze batoranywa mu buryo bwa tombola imbonankubone kuri Televiziyo y’u Rwanda buri munsi guhera saa moya z’umugoroba. Amafaranga batsindiye airtel-tigo iyabashyikiriza mu gace ako ari ko kose k’igihugu baba baherereyemo.

Kujya ku rutode rw’abahatanira miliyoni 20Frw, umufatabuguzi wa Airtel-Tigo agomba kuba afite byibuze amanota 40. Bivuze ko aba yarakinnye inshuro zigeze kuri 40 kuva poromosiyo yatangira. Ayo manota ushobora kuyakinira umunsi umwe cyangwa iminsi itandukanye.

Ushaka kureba amanota ufite ukanda *155# ugahitamo uburyo bwa kane. Kugira ngo ukine inshuro nyinshi icyarimwe, ukanda *155# ugahitamo uburyo bwa kabiri ubundi ukandika inshuro ushaka gukinira bitewe n’amafaranga ufite muri telefoni yawe.

Gukina inshuro imwe bisaba kuba ufite amafaranga 150 FRW muri telefoni yawe maze ukayasubizwa muma-inite aho ubona umunota umwe wo guhamagara ndetse na megabytes ebyiri za interineti.

2018-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyogajuru cya NASA cyavumbuye umubumbe wa mbere uruta Isi uri ahantu hashobora guturwa

Icyogajuru cya NASA cyavumbuye umubumbe wa mbere uruta Isi uri ahantu hashobora guturwa

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Bill Gates yavuze ikosa rikomeye yakoze ubwo yari mu buyobozi bwa Microsoft

Bill Gates yavuze ikosa rikomeye yakoze ubwo yari mu buyobozi bwa Microsoft

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 15 Jul 2018
Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ubwanditsi 15 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugwiza Desire yongeye kwiyamamariza kuyobora FERWABA, Ibyagezweho, imbogamizi n’ibiteganywa gukorwa kuri manda ye
Amakuru

Mugwiza Desire yongeye kwiyamamariza kuyobora FERWABA, Ibyagezweho, imbogamizi n’ibiteganywa gukorwa kuri manda ye

Ubwanditsi 20 Dec 2024
Ababyeyi n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri barasabwa gukurikirana umutekano w’abana mu modoka zibajyana ku ishuri zikanabacyura
Mu Mahanga

Ababyeyi n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri barasabwa gukurikirana umutekano w’abana mu modoka zibajyana ku ishuri zikanabacyura

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Urukiko rwategetse ko Bazeye na Abega bari abayobozi muri FDLR bakomeza gufungwa by’agateganyo
HIRYA NO HINO

Urukiko rwategetse ko Bazeye na Abega bari abayobozi muri FDLR bakomeza gufungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 14 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru