• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose

Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose

Ubwanditsi 31 Oct 2018 IKORANABUHANGA

Bitandukanye no mu myaka ya kera, kuri ubu Isi yabaye nk’umudugudu aho umuntu ashobora kwirirwa mu Rwanda, akarara i mahanga.

Muri izi ngendo zaba iz’akazi, ubucuruzi cyangwa se ubukerarugendo, umuntu akenera amafaranga ariko kandi kuyagendana mu mufuka bikaba bishobora kuzana ibyago birimo no kuyibwa.

Niyo mpamvu abanyarwanda n’abandi bamenye gusirimuka, bagendana amafaranga mu buryo bw’ikoranabuhanga hakoresheje amakarita atandukanye atangwa na Cogebanque arimo n’adasaba kuba ufite konti muri iyi banki.

Cogebanque nka banki Nyarwanda ariko ireba kure, yahisemo kuzana amakarita ya Banki akorwa na MasterCard, ibifitemo uburambe kandi ku Isi yose ukaba ushobora gusanga ibyuma biyakira.

– Debit Card

Mu makarita itanga harimo Debit Card, igufasha kugera ku mafaranga ari kuri konti yawe bitabaye ngombwa ko ujya ku ishami rya Cogebanque cyangwa uyihagarariye.

Uretse kuba iyi karita ushobora kuyikoresha mu kubikuza amafaranga ku cyuma (ATM), wanayikoresha wishyura ibicuruzwa na serivisi haba mu maduka hakoreshejwe akamashini bakozamo ikarita (POS), cyangwa mu gihe ibyo ushaka kugura biri kuri Internet.

Hari kandi ‘Mastercard Prestige’, igenewe abakiliya b’imena by’umwihariko, aho uyifite aba yemerewe guhita ahabwa serivisi igihe ageze ku ishami ryose rya Cogebanque.

– Prepaid Card

Hari na Prepaid Card, ikarita ishobora gukoreshwa n’uwo ari we wese ugana ishami rya Cogebanque, agashyirirwaho amafaranga yifuza ku buryo ushobora kuyikoresha mu kwishyura no guhaha.

Iyi karita ifite umwihariko wo kuba kuyikoresha bidasaba kuba ufite konti muri Cogebanque kandi uba ushobora kugera ku mafaranga yawe igihe cyose ubishakiye.

Ukeneye iyi karita ugana ishami iryo ari ryose rya Cogebanque witwaje amafaranga wifuza ko bagushyiriraho, ikarita yawe ugahita uyitahana.

– Credit Card

Hari na Credit Card, aho uwayihawe agurizwa amafaranga ashobora gukoresha mu guhaha, kwishyura serivisi cyangwa ibindi bintu no mu gihe ntayo afite kuri konti ye.

Ayo mafaranga uba wagurijwe nyuma yo gusuzuma ubushobozi bwawe mu kwishyura inguzanyo, yishyurwa mu gihe cy’iminsi 55.

Nubwo igenewe cyane abasanzwe bafite konti muri Cogebanque, umukiliya mushya nawe ashobora kuyikoresha, aho asabwa kubanza kugira amafaranga ashyira kuri konti yunguka ariko adafite uburenganzira bwo kubikuzaho uko ashaka (Compte bloqué).

Uretse kuba aya makarita uko ari atatu atuma urushaho kwizera umutekano w’amafaranga yawe, iguha ubushobozi bwo guhaha no kwishyura serivisi ku bacuruzi basaga miliyoni 35.9 hirya no hino ku Isi nta kiguzi cy’inyongera uciwe.

Ushobora no kubikuza kuri ATM zisaga miliyoni imwe ziri mu bihugu hafi ya byose ku Isi.

Ikarita ya Prepaid ishobora no gukoreshwa n’umukiliya udafite konti muri Cogebanque

Inguzanyo wahawe binyuze kuri iyi karita ushobora kuyishyura mu minsi 55

Cogebanque ikomeje guteza imbere ikoranabuhanga binyuze mu bukangurambaga yise ‘SIRIMUKA’

2018-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019
Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Ubwanditsi 05 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Leta yahamagaje inama yiyerurutsa ku ba diplomate nyuma yaho BBC igaragaje ibikorwa byayo by’iyicarubozo
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Leta yahamagaje inama yiyerurutsa ku ba diplomate nyuma yaho BBC igaragaje ibikorwa byayo by’iyicarubozo

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994
Mu Mahanga

Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame
ITOHOZA

Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru