• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose

Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose

Ubwanditsi 31 Oct 2018 IKORANABUHANGA

Bitandukanye no mu myaka ya kera, kuri ubu Isi yabaye nk’umudugudu aho umuntu ashobora kwirirwa mu Rwanda, akarara i mahanga.

Muri izi ngendo zaba iz’akazi, ubucuruzi cyangwa se ubukerarugendo, umuntu akenera amafaranga ariko kandi kuyagendana mu mufuka bikaba bishobora kuzana ibyago birimo no kuyibwa.

Niyo mpamvu abanyarwanda n’abandi bamenye gusirimuka, bagendana amafaranga mu buryo bw’ikoranabuhanga hakoresheje amakarita atandukanye atangwa na Cogebanque arimo n’adasaba kuba ufite konti muri iyi banki.

Cogebanque nka banki Nyarwanda ariko ireba kure, yahisemo kuzana amakarita ya Banki akorwa na MasterCard, ibifitemo uburambe kandi ku Isi yose ukaba ushobora gusanga ibyuma biyakira.

– Debit Card

Mu makarita itanga harimo Debit Card, igufasha kugera ku mafaranga ari kuri konti yawe bitabaye ngombwa ko ujya ku ishami rya Cogebanque cyangwa uyihagarariye.

Uretse kuba iyi karita ushobora kuyikoresha mu kubikuza amafaranga ku cyuma (ATM), wanayikoresha wishyura ibicuruzwa na serivisi haba mu maduka hakoreshejwe akamashini bakozamo ikarita (POS), cyangwa mu gihe ibyo ushaka kugura biri kuri Internet.

Hari kandi ‘Mastercard Prestige’, igenewe abakiliya b’imena by’umwihariko, aho uyifite aba yemerewe guhita ahabwa serivisi igihe ageze ku ishami ryose rya Cogebanque.

– Prepaid Card

Hari na Prepaid Card, ikarita ishobora gukoreshwa n’uwo ari we wese ugana ishami rya Cogebanque, agashyirirwaho amafaranga yifuza ku buryo ushobora kuyikoresha mu kwishyura no guhaha.

Iyi karita ifite umwihariko wo kuba kuyikoresha bidasaba kuba ufite konti muri Cogebanque kandi uba ushobora kugera ku mafaranga yawe igihe cyose ubishakiye.

Ukeneye iyi karita ugana ishami iryo ari ryose rya Cogebanque witwaje amafaranga wifuza ko bagushyiriraho, ikarita yawe ugahita uyitahana.

– Credit Card

Hari na Credit Card, aho uwayihawe agurizwa amafaranga ashobora gukoresha mu guhaha, kwishyura serivisi cyangwa ibindi bintu no mu gihe ntayo afite kuri konti ye.

Ayo mafaranga uba wagurijwe nyuma yo gusuzuma ubushobozi bwawe mu kwishyura inguzanyo, yishyurwa mu gihe cy’iminsi 55.

Nubwo igenewe cyane abasanzwe bafite konti muri Cogebanque, umukiliya mushya nawe ashobora kuyikoresha, aho asabwa kubanza kugira amafaranga ashyira kuri konti yunguka ariko adafite uburenganzira bwo kubikuzaho uko ashaka (Compte bloqué).

Uretse kuba aya makarita uko ari atatu atuma urushaho kwizera umutekano w’amafaranga yawe, iguha ubushobozi bwo guhaha no kwishyura serivisi ku bacuruzi basaga miliyoni 35.9 hirya no hino ku Isi nta kiguzi cy’inyongera uciwe.

Ushobora no kubikuza kuri ATM zisaga miliyoni imwe ziri mu bihugu hafi ya byose ku Isi.

Ikarita ya Prepaid ishobora no gukoreshwa n’umukiliya udafite konti muri Cogebanque

Inguzanyo wahawe binyuze kuri iyi karita ushobora kuyishyura mu minsi 55

Cogebanque ikomeje guteza imbere ikoranabuhanga binyuze mu bukangurambaga yise ‘SIRIMUKA’

2018-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka

‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere

Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere

Ubwanditsi 12 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Rugema yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Rugema yatawe muri yombi

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina
Amakuru

Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina

Ubwanditsi 21 Jan 2025
Ese iyo Kongo iza kuba ikorana na Al-Qaeda nk’uko ikorana na FDLR, Amerika n’Uburayi byari kubirenza ingohe?
Amakuru

Ese iyo Kongo iza kuba ikorana na Al-Qaeda nk’uko ikorana na FDLR, Amerika n’Uburayi byari kubirenza ingohe?

Ubwanditsi 09 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru