• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

Ubwanditsi 10 May 2018 IKORANABUHANGA

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize umukono ku masezerano n’ibigo byo mu Buyapani, atuma impande zombi zinjira mu bikorwa nyirizina byo gutunganya icyogajuru nka kimwe mu bikorwa u Rwanda ruhanze amaso mu rugendo rurimo rw’ikoranabuhanga.

Mu isinywa ry’ayo masezerano ku wa 9 Gicurasi 2018, Prof Shinichi Nakasuka wo muri Kaminuza ya Tokyo yavuze ko bakora ibyogajuru guhera mu 2000, bakaba bashaka gukorana n’u Rwanda mu gukora igito kitazajya gitanga amakuru gusa ahubwo kizanongera ubushobozi buzatuma hakorwa ibirenzeho.

Yavuze ko bitewe n’aho ikoranabuhanga rigeze, ntibikiri ngombwa ko hubakwa icyogajuru cya rutura ngo cyoherezwe mu kirere, kuko ubu bari kwifashisha ikoranabuhanga ryo gukora ibyogajuru bito nk’icyo baheruka kohereza mu kirere bise TRICOM-1R, gipima ibilo bitarenga bitatu.

Icyo cyogajuru ngo kiri mu kirere ndetse muri Werurwe 2018 cyerekanye amakuru ku Rwanda nubwo abitse i Tokyo mu Buyapani.

Kuri ubu hari kubakwa ububiko ku butaka bw’u Rwanda mu Karere ka Kicukiro, amakuru azatangwa n’icyogajuru akajya aguma mu gihugu.

Ku byerekeye ingengo y’imari icyo cyogajuru gito kizatwara, Prof Shinichi yagize ati “Iki cyogajuru ubwacyo gitwara agera mu bihumbi 200 by’amadolari (miliyoni nibura 173 Frw), ariko ugereranyije n’icyogajuru cyo hambere cyo gishobora no kugera muri miliyoni 300 z’amadolari (nibura miliyari 260 Frw), cyo ugasanga kingana na metero imwe kuri imwe.”

Gusa ibi byogajuru bishya byo ni ikintu ushobora gufata mu ntoki nubwo ubushobozi bwacyo mu gukusanya amakuru bwo buhambaye.

Amasezerano u Buyapani bwabanje kuyasinyana n’Umuyobozi wa Smart Africa, Dr Hamadoun Touré, kugira ngo umushinga w’ibyogajuru uzabashe gufasha ibihugu byose bibarizwa muri iyi gahunda.

Umuyobozi Mukuru wa RURA, Lt Col Patrick Nyirishema, yashimangiye ko Smart Africa ubwayo ifite ibihugu bisaga 22, ugusinya kwa RURA ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda bikaba byerekana ko uyu mushinga atari ibitekerezo gusa ahubwo ari ibintu bigomba gushyirwa mu bikorwa.

Ati “Nk’u Rwanda turashaka gutangira umushinga hamwe n’abafatanyabikorwa bacu bo mu Buyapani, kugira ngo muri ubu bufatanye duhugure abantu, twubake icyogajuru, ku buryo mu gihe nk’iki umwaka utaha tuzabasha gutangaza icyo twakoze muri aya mezi. Ibintu bikomeye cyane ubu bigiye gukorwa.”

Dr Touré usanzwe ari enjeniyeri (engineer) mu bijyanye n’ibyogajuru, ahamya ko nta banyafurika benshi bafite ubumenyi muri uru rwego kandi abafite ubushake ari benshi, ku buryo gutanga amahugurwa mu byogajuru ari ingenzi, ngo ntirukomeze “gufatwa nk’ibitangaza.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda rufite ubushake cyane n’ubushobozi muri gahunda y’ibijyanye n’ibyogajuru, ibi bikaba bigomba gutanga umusaruro atari ku Rwanda gusa ahubwo no ku isi yose muri rusange.”

Dr Touré yavuze ko hakenewe kubakwa ubushobozi kugira ngo itumanaho ry’icyo cyogajuru n’aho cyohereza amakuru ridacika bitewe n’intera kigezeho, ariko igikenewe ni uko iryo koranabuhanga ryose rikenewe ryubakwa rikagezwa ku Banyafurika.

Umuyobozi ukora muri serivisi z’ibyogajuru mu Kigo Mpuzamahanga Gishinzwe Iterambere ry’Itumanaho (ITU), Akim Falou Dine, aheruka gutangaza ko ibihugu bya Afurika bikeneye kumva neza ibisabwa ngo nabyo bigire ibyogajuru byiyubakiye, ku buryo mu gihe cy’imyaka ibiri ibihugu byinshi bizaba bimaze kugira ibyogajuru byabyo.

Kaminuza ya Tokyo na Smart Africa basinyanye amasezerano ku byerekeye gukora ibyogajuru

Abayobozi bishimiye amasezerano agiye kuzana impinduka mu bijyanye n’ibyogajuru

2018-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isosiyete HUAWEI Rwanda yashyizeho yang shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu

Isosiyete HUAWEI Rwanda yashyizeho yang shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu

Ubwanditsi 07 Nov 2019
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Ubwanditsi 20 Jan 2020
RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

Ubwanditsi 10 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu gatsiko kiyise « Amahoriwacu » ishyamba si ryeru
ITOHOZA

Mu gatsiko kiyise « Amahoriwacu » ishyamba si ryeru

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23
IMIKINO

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru
POLITIKI

Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Ubwanditsi 21 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru