• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp

Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp

Ubwanditsi 17 Dec 2019 IKORANABUHANGA

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishobora kwitambika umugambi wa Facebook wo guhuza imbuga nkoranyambaga zayo zose zirimo Instagram, Messenger na WhatsApp.

Nyuma y’uko Facebook iguze Instagram mu 2012 na WhatsApp mu 2014, muri Mutarama 2019. Umuyobozi w’iyi kompanyi Mark Zuckerberg ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru The New York Times yatangaje ko hari gahunda yo guhuza imikorere y’izi porogaramu zose.

Mu itangazo Facebook yashyize hanze yavuze ko impamvu y’iri komatanywa ari ukugira ngo abantu bakoresha izi mbuga babe babasha kohererezanya ubutumwa hagati yabo mu buryo bufite umutekano.

Abatangabuhamya batashatse ko umwirondoro wabo ujya hanze babwiye ikinyamakuru ‘The wall street journal’ ko iki cyemezo Komisiyo Ishinzwe Ubucuruzi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Federal Trade Commission, FTC) itacyakiriye neza kuko ikibona nk’uburyo bwo kwiharira isoko ry’ibijyanye n’imbuga nkoranyambaga n’ubucuruzi buzikorerwaho binyuze mu kwamamaza.

Aba batangabuhamya bavuga ko FTC ishobora gushaka uburyo yahagarika uku kwihuza mu gihe ikiri gusuzuma neza ibimenyetso bifatika yakwifashisha mu rukiko igaragaza uburyo uku kwihuza gushobora kubangamira ihangana ku isoko ry’ibijyanye n’imbuga nkoranyambaga rinyuze mu mucyo.

Bimwe mu bikorwa bya Facebook, FTC ivuga ko bibangamira ihangana ku isoko harimo kuba igura izindi kompanyi bahanganye ndetse ikigana bimwe mu bigize izindi porogaramu.

Nyuma y’uko aya makuru y’uko leta ishobora kwitambika iyi gahunda ya Facebook yo kwihuza agiye hanze, igiciro cy’imigabane muri iyi kompanyi cyahise kigabanuka ku kigero cya 3%.

Ibi bije nyuma y’uko n’ubundi muri Nyakanga, Facebook yari yaciwe amande ya miliyari 5 z’amadorali n’iyi komisiyo kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Si Facebook gusa iri muri ibi bibazo kuko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hamaze iminsi hari impaka ku buryo kompanyi nini z’ikoranabuhanga nka Google, Apple Amazon na Facebook zigira uruhare mu kugena ibiba muri politiki n’ubukungu by’iki gihugu.

Senateri Elizabeth Ann Warren w’imyaka 70 aherutse gutangaza ko ikompanyi nini zagakwiye gucibwamo ibice mu rwego rwo kurwanya ubwiganze bwazo ku isoko.

Umunyamerika Mark Elliot Zuckerberg w’imyaka 35 ni we washinze Facebook, Inc. akaba anayiyobora.
Src: IGIHE

2019-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubushake bwa politiki ku isonga mu gutuma umugore afite aho ageze mu ikoranabuhanga

Ubushake bwa politiki ku isonga mu gutuma umugore afite aho ageze mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Ubwanditsi 06 Sep 2019
Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida

Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida

Ubwanditsi 07 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bugarama :  Imvururu zashyamiranyije Abarundi n’Abanye-Congo  zaguyemo Umunyarwanda
ITOHOZA

Bugarama : Imvururu zashyamiranyije Abarundi n’Abanye-Congo zaguyemo Umunyarwanda

Ubwanditsi 15 Sep 2017
Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya
POLITIKI

Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Ubwanditsi 26 Aug 2019
Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 4 Ukwakira 2017
Mu Rwanda

Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 4 Ukwakira 2017

Ubwanditsi 05 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru