• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Editorial 11 Oct 2018 IKORANABUHANGA

Ikoranabuhanga ryiswe ‘CROM DSS’, ryifashisha mudasobwa na internet, ryatangiye gukoreshwa mu kubona ibice bya buri karere bishobora kwibasirwa n’isuri, kugira ngo bibungabungwe ndetse hanozwe n’igenamigambi ryabyo.

Ubu buryo bwashyizweho n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gucunga no guteza imbere amazi n’amashyamba gifatanyije na Minisiteri y’ibidukikije.

Bukoresha mudasobwa mu gufata ibipimo, ibibonetse bigashyirwa ku ikarita ikohererezwa uturere tukerekwa uko bizaba bimeze hagafatwa ingamba.

Abakozi bo mu turere twose two mu Ntara y’Iburengerazuba bafite mu nshingano kurengera ibidukikije, bari mu mahugurwa yatangiye kuwa 8 -15 Ukwakira, ku ikoreshwa ry’iri koranabuhanga.

Umukozi mu kigo cy’Igihugu cyo guteza imbere amazi n’amashyamba, Remy Ngoga Mugunga, avuga ko ubu buryo bwizewe kandi buzabafasha guhangana n’ikibazo cy’ibiza byibasira ahantu hatandukanye.

Ati “Ubu buryo bwo kurwanya isuri hifashishijwe ikoranabuhanga ry’amakarita, riduha amakuru ahagije atarimo kwibeshya, tukamenya ngo ahakeneye kurwanywa isuri ni aha, birakorwa gutya hakenewe ibi, bikanadufasha kunoza igenamigambi ryaho”.

Bamwe mu bitabiriye aya mahugurwa bemeza ko ubu buryo buje nk’igisubizo kuko busimbuye ubwo bitaga nko kugenekereza bwatumaga bibeshya mu mibare n’ahagomba kurindwa isuri.

Musabyimana Assia ati“Ubu buryo buje nk’igisubizo kirambye mu kurwanya ibiza, ubwo twakoreshaga mbere byari nko kugenekereza byatumaga twibeshya mu mibare cyangwa hagakorwa ahatihutirwa, ariko ibi ntibizongera kubaho kubera iri koranabuhanga.”

Bavuga ko mbere bajyaga bapima ahazarwanywa isuri bakorersheje dekametero, bakibeshya mu mibare, ugasanga ahakagombye gukorwa amaterasi hatewe ibiti kuko nta makuru ahagije yaho bafite.

Ubu buryo bw’ikoranabuhanga ry’amakarita bumaze gukusanya amakuru ku hantu hangana na hegitari zirenga 50 000 mu gihugu hose hazibasirwa n’ibiza, hakaba harashyizweho ingamba zo kuhabungabunga binyuze mu ngengo y’imari ya 2018-2019.

Bahuguwe mu buryo ikoranabuhanga ryifashishwa mu kurwanya isuri, hagakorwa ikarita hifashishijwe mudasobwa

Uburyo bwo gukoresha amakarita hifashishijwe ikoranabuhanga

2018-10-11
Editorial

IZINDI NKURU

EU: Abari munsi y’imyaka 16 bambuwe uburenganzira bwo gukoresha WhatsApp

EU: Abari munsi y’imyaka 16 bambuwe uburenganzira bwo gukoresha WhatsApp

Editorial 26 Apr 2018
Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Editorial 12 Feb 2020
Umukobwa w’iRobot yitwa  ” Sophia ” yamamaye kubera ubwenge buhambaye izagaragara mu nama ya Transform Africa i Kigali

Umukobwa w’iRobot yitwa ” Sophia ” yamamaye kubera ubwenge buhambaye izagaragara mu nama ya Transform Africa i Kigali

Editorial 15 Apr 2019
U Rwanda rwinjiye mu bufatanye n’ibindi bihugu mu mushinga wo kubaka icyogajur

U Rwanda rwinjiye mu bufatanye n’ibindi bihugu mu mushinga wo kubaka icyogajur

Editorial 13 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye
POLITIKI

Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye

Editorial 21 Oct 2018
Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!
HIRYA NO HINO

Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!

Editorial 30 Nov 2017
Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya
POLITIKI

Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya

Editorial 05 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru