• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Oct 2018 IKORANABUHANGA

Ikoranabuhanga ryiswe ‘CROM DSS’, ryifashisha mudasobwa na internet, ryatangiye gukoreshwa mu kubona ibice bya buri karere bishobora kwibasirwa n’isuri, kugira ngo bibungabungwe ndetse hanozwe n’igenamigambi ryabyo.

Ubu buryo bwashyizweho n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gucunga no guteza imbere amazi n’amashyamba gifatanyije na Minisiteri y’ibidukikije.

Bukoresha mudasobwa mu gufata ibipimo, ibibonetse bigashyirwa ku ikarita ikohererezwa uturere tukerekwa uko bizaba bimeze hagafatwa ingamba.

Abakozi bo mu turere twose two mu Ntara y’Iburengerazuba bafite mu nshingano kurengera ibidukikije, bari mu mahugurwa yatangiye kuwa 8 -15 Ukwakira, ku ikoreshwa ry’iri koranabuhanga.

Umukozi mu kigo cy’Igihugu cyo guteza imbere amazi n’amashyamba, Remy Ngoga Mugunga, avuga ko ubu buryo bwizewe kandi buzabafasha guhangana n’ikibazo cy’ibiza byibasira ahantu hatandukanye.

Ati “Ubu buryo bwo kurwanya isuri hifashishijwe ikoranabuhanga ry’amakarita, riduha amakuru ahagije atarimo kwibeshya, tukamenya ngo ahakeneye kurwanywa isuri ni aha, birakorwa gutya hakenewe ibi, bikanadufasha kunoza igenamigambi ryaho”.

Bamwe mu bitabiriye aya mahugurwa bemeza ko ubu buryo buje nk’igisubizo kuko busimbuye ubwo bitaga nko kugenekereza bwatumaga bibeshya mu mibare n’ahagomba kurindwa isuri.

Musabyimana Assia ati“Ubu buryo buje nk’igisubizo kirambye mu kurwanya ibiza, ubwo twakoreshaga mbere byari nko kugenekereza byatumaga twibeshya mu mibare cyangwa hagakorwa ahatihutirwa, ariko ibi ntibizongera kubaho kubera iri koranabuhanga.”

Bavuga ko mbere bajyaga bapima ahazarwanywa isuri bakorersheje dekametero, bakibeshya mu mibare, ugasanga ahakagombye gukorwa amaterasi hatewe ibiti kuko nta makuru ahagije yaho bafite.

Ubu buryo bw’ikoranabuhanga ry’amakarita bumaze gukusanya amakuru ku hantu hangana na hegitari zirenga 50 000 mu gihugu hose hazibasirwa n’ibiza, hakaba harashyizweho ingamba zo kuhabungabunga binyuze mu ngengo y’imari ya 2018-2019.

Bahuguwe mu buryo ikoranabuhanga ryifashishwa mu kurwanya isuri, hagakorwa ikarita hifashishijwe mudasobwa

Uburyo bwo gukoresha amakarita hifashishijwe ikoranabuhanga

2018-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Ubwanditsi 12 Feb 2020
Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Ubwanditsi 03 May 2018
Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda
Amakuru

Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli
HIRYA NO HINO

Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Mu burundi:   Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi   bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba
Mu Rwanda

Mu burundi: Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba

Ubwanditsi 16 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru