• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora
Generated by IJG JPEG Library

USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora

Ubwanditsi 21 May 2018 POLITIKI

Minisiteri y’Ubutabera muri Amerika yatangaje ko igiye gukora iperereza harebwa niba abakozi ba FBI baranetse ku bikorwa byo kwamamaza Perezida Donald Trump mu 2016, ku mpamvu zidakwiriye.

Mu butumwa yanditse kuri Twitter, Donald Trump yavuze ko akeneye kumenya niba abamubanjirije barategetse ko ibyo biba.

Uwo mwanzuro wafashwe nyuma y’amakuru yanyuze mu binyamakuru byo muri Leta Zunze Ubumweza Amerika bivuga ko FBI yaba yari ifite abantu bayiha amakuru, mu nama za Trump mu gihe cyo kwiyamamaza.

Intumwa Nkuru Yungirije ya Leta, Rod Rosenstein, yavuze ko hagomba kugira igikorwa igihe bizaba bigaragaye ko hari ukwivanga muri ibyo bikorwa kwagiye kubaho.

Mu itangazo yashyize ahagaragara yagize ati “Niba hari umuntu wameneye cyangwa agakurikirana mu ibanga abitabiriye ibikorwa byo kwamamaza perezida ku mpamvu zidakwiriye, dukeneye kubimenya neza ngo dufate ingamba zikwiye.”

Iri perereza rigiye kubaho mu gihe hasanzwe irindi rimaze igihe kuri Perezida Donald Trump riyobowe na Robert Mueller, harebwa niba nta ruhare u Burusiya bwagize mu kugena ibyavuye mu matora yatsinzemo Hillary Clinton.

Ku wa Gatanu nibwo Perezida Trump yavuze ko FBI yagiye yohereza ba maneko mu itsinda rishinzwe kumwamamaza, bigakorwa ku nyungu za politiki.

Nyuma ikinyamakuru The New York Times cyaje kwandika ko hari umwe muri maneko za FBI – amazina ye atatangajwe – woherejwe kuvugana n’abafashaga Trump kwiyamamaza, nyuma y’uko hari habonetse amakuru y’ibiganiro bagiye bagirana n’u Burusiya.

Bivugwa ko uwo muntu ngo yabonanye n’abitwa George Papadopoulos na Carter Page, gusa Trump we avuga ko byakozwe mbere y’uko ibyo guhura n’Abarusiya bitangira kuvugwa.

Ubusabe bwa Perezida Trump kuri iri perereza bubayeho nyuma y’amagambo menshi yanditse kuri Twitter kuri iki Cyumweru, yamagana iperereza riri gukorwa ubu avuga ko ryasanze nta bufatanye n’u Burusiya bwabayeho.

2018-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Ubwanditsi 25 Jun 2025
Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Ubwanditsi 09 Sep 2025
Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ubwanditsi 12 May 2025
CNLG irasaba Abanyarwanda kwitabira ibiganiro byo kwibuka

CNLG irasaba Abanyarwanda kwitabira ibiganiro byo kwibuka

Ubwanditsi 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere
Amakuru

Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Ubwanditsi 31 Jan 2022
APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe
IMIKINO

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha
Mu Mahanga

Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha

Ubwanditsi 27 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru