• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora
Generated by IJG JPEG Library

USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora

Ubwanditsi 21 May 2018 POLITIKI

Minisiteri y’Ubutabera muri Amerika yatangaje ko igiye gukora iperereza harebwa niba abakozi ba FBI baranetse ku bikorwa byo kwamamaza Perezida Donald Trump mu 2016, ku mpamvu zidakwiriye.

Mu butumwa yanditse kuri Twitter, Donald Trump yavuze ko akeneye kumenya niba abamubanjirije barategetse ko ibyo biba.

Uwo mwanzuro wafashwe nyuma y’amakuru yanyuze mu binyamakuru byo muri Leta Zunze Ubumweza Amerika bivuga ko FBI yaba yari ifite abantu bayiha amakuru, mu nama za Trump mu gihe cyo kwiyamamaza.

Intumwa Nkuru Yungirije ya Leta, Rod Rosenstein, yavuze ko hagomba kugira igikorwa igihe bizaba bigaragaye ko hari ukwivanga muri ibyo bikorwa kwagiye kubaho.

Mu itangazo yashyize ahagaragara yagize ati “Niba hari umuntu wameneye cyangwa agakurikirana mu ibanga abitabiriye ibikorwa byo kwamamaza perezida ku mpamvu zidakwiriye, dukeneye kubimenya neza ngo dufate ingamba zikwiye.”

Iri perereza rigiye kubaho mu gihe hasanzwe irindi rimaze igihe kuri Perezida Donald Trump riyobowe na Robert Mueller, harebwa niba nta ruhare u Burusiya bwagize mu kugena ibyavuye mu matora yatsinzemo Hillary Clinton.

Ku wa Gatanu nibwo Perezida Trump yavuze ko FBI yagiye yohereza ba maneko mu itsinda rishinzwe kumwamamaza, bigakorwa ku nyungu za politiki.

Nyuma ikinyamakuru The New York Times cyaje kwandika ko hari umwe muri maneko za FBI – amazina ye atatangajwe – woherejwe kuvugana n’abafashaga Trump kwiyamamaza, nyuma y’uko hari habonetse amakuru y’ibiganiro bagiye bagirana n’u Burusiya.

Bivugwa ko uwo muntu ngo yabonanye n’abitwa George Papadopoulos na Carter Page, gusa Trump we avuga ko byakozwe mbere y’uko ibyo guhura n’Abarusiya bitangira kuvugwa.

Ubusabe bwa Perezida Trump kuri iri perereza bubayeho nyuma y’amagambo menshi yanditse kuri Twitter kuri iki Cyumweru, yamagana iperereza riri gukorwa ubu avuga ko ryasanze nta bufatanye n’u Burusiya bwabayeho.

2018-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025
Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi

Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi

Ubwanditsi 26 Nov 2018
Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Ubwanditsi 14 Aug 2018
Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

RUSHYASHYA 23 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018
UBUKUNGU

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports
Amakuru

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Ubwanditsi 19 Mar 2022
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru