• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu

Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu

Ubwanditsi 21 Feb 2020 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga, POLITIKI

Umunyarwanda witwa Mwiseneza Bosco w’imyaka 37 y’amavuko ukomoka mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera yaguye mu bitaro bya Ruhengeri ku wa Kabiri tariki 18 Gashyantare 2020, nyuma yo kurwarira muri Uganda i Kisoro aho amaze imyaka itanu atuye yajya kwivuza bakanga kumuvura kubera ko ari umunyarwanda.

Umuvandimwe we witwa Benon Twishimye, wabanaga na we aho i Kisoro muri Uganda, yavuze ko yajyanye Mwiseneza ku bitaro bya Kiboga mu mujyi wo muri Uganda ariko banga kumwakira kubera ko ari umunyarwanda. Ati “Mu by’ukuri birababaje kuba abaganga b’ibitaro banze kumuvura.” Yavuze ko abaganga bababwiraga ko nta miti bafite.

Abamenye inkuru y’urupfu rw’uwo munyarwanda ntabwo batunguwe no kumva ko umunyarwanda atavuwe. Umwe mu bamenye urwo rupfu yagize ati “Niba bafunga amagana n’amagana y’abanyarwanda mu buryo butazwi, ni iki cyatuma bita ku urwaye ?.”

Ubwo bangaga kumuvura, umuvandimwe we yafashe moto ibageza ku mupaka wa Cyanika ahamagara abo mu muryango we baza kumwakira. Umwe mu bagiye kumwakira aho ku mupaka yagize ati “Mwiseneza yari arembye atabasha kwicara cyangwa kuvuga.”

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zo ku mupaka wa Cyanika zahise zishaka ambulance yihuse imujyana ku bitaro bya Cyanika agezeyo bihita bimwohereza ku bya Ruhengeri.

Umwe mu bagize umuryango we yavuze ko yahageze arembye cyane ari naho yaguye akihagera. Yagize ati “Twagezeyo arembye cyane, bahita bamwohereza ku bitaro by’icyitegererezo bya Ruhengeri, ariko ku bw’amahirwe make, apfa tukihagera.”

Undi mu bagize umuryango we yavuze ko umuntu wabo yananijwe n’urugendo rwo kuri moto yakoze kandi arembye. Avuga niba ibyo bitaro bya Kiboga byari bitabashije kumuvura, nibura biba byaratanze n’uburyo bwo kumutwara cyangwa yaba nta miti bikamwohereza mu bitaro byisumbuye.

Akarere ka Kisoro, ibyo byabereyemo niko gakomokamo Umunyamabanga wa leta ushinzwe ubutwererane bw’akarere, Philemon Mateke werekanye urwango afitiye u Rwanda n’abanyarwanda mu buryo butandukanye.

Mateke ni we wari inyuma y’igitero cyagabwe mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze mu Ukwakira umwaka ushize cyahitanye abaturage 14 kigakomeretsa bamwe.

Icyo gihe inzego z’umutekano z’u Rwanda zishe 19 mu bagabye igitero baturutse muri RUD-Urunana zifata mpiri batanu aribo baje kugaragaza ko Mateke abifitemo uruhare kandi ari we wateguye icyo gitero.

Mu bayafatiwe aho igitero cyabereye harimo telefoni zerekanaga ko Mateke yavuganaga n’abo barwanyi ba RUD-Urunana mbere no mu gihe igitero cyabaga.

Mateke ni umuntu ufite ingengabitekerezo yo kurwanya u Rwanda nkuko abamuzi neza babivuze kenshi. Uwo mu Minisitiri ukorana na RNC na FDRL yanagize uruhare mu ifungwa ry’inzirakarengane z’abanyarwanda muri Uganda.

Gihamya ni uko abaherutse gukurwa mu nzu z’imbohe z’urwego rw’ubutasi rwa CMI boherejwe i Kisoro. Aho byari biteganyijwe ko boherezwa mu Rwanda nyuma y’amezi 18 bari bamaze mu buroko mu buryo butemewe n’amategeko, nta rubanza cyangwa gukurikiranwa. Mateke yafashe abagera kuri 12 arongera arabafunga. Ibyo byabaye mu Ukwakira 2019.

Imiryango y’abo bantu 12 yaguye mu kantu ubwo Mateke yinjiraga mu cyumba cy’urukiko akavugana n’umucamanza ku gihano. Uwari mu rukiko yavuze ko umucamanza wa Kisoro yahise ategeka ko bafungwa andi mezi 18 bashinjwa kwinjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

2020-02-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni yasuye ingabo za Tanzania zakomerekeye mu gitero cya ADF ku ngabo za Monusco

Perezida Museveni yasuye ingabo za Tanzania zakomerekeye mu gitero cya ADF ku ngabo za Monusco

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Ubwanditsi 27 Apr 2016
Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro

Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro

Ubwanditsi 23 Jul 2018
“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

Ubwanditsi 04 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali
Amakuru

Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball
Amakuru

Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Ubwanditsi 16 Apr 2022
Mugore  dore ibintu 7 ugomba kuba wujuje ku buryo buri mugabo wese akwifuza
HIRYA NO HINO

Mugore dore ibintu 7 ugomba kuba wujuje ku buryo buri mugabo wese akwifuza

Ubwanditsi 13 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru