• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha

Ubwanditsi 10 May 2016 Mu Mahanga

​Polisi y’u Rwanda mu turere twa Gatsibo, Nyarugenge, Gisagara, Nyagatare, Musanze na Gicumbi yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku kuntu bakumira ibyaha mu bice bayobora.

Hahuguwe abagize Komite Nyobozi z’imidugudu, abagize Njyanama z’utugari n’imirenge, n’abandi bakorana n’aba bagize izi nzego.

Abenshi mu bahuguwe bakuriye Komite zo kwicungira umutekano (Community Policing Committees-CPCs) zo mu bice bayobora.

Ubu bumenyi Polisi y’u Rwanda yabubahereye mu mahugurwa y’iminsi ibiri barimo ku matariki ya 7 kugeza kuya 8 Gicurasi, akaba yarabereye mu bice bitandukanye by’imirenge igize utu turere.

Mu karere ka Gatsibo hahuguwe 2319, muri Nyarugenge hahugurwa 1750; mu karere ka Gisagara hahuguwe 1573, mu ka Nyagatare hahugurwa 931, mu karere ka Musanze hahuguwe 492 naho muri Gicumbi hahugurwa 993.

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe imikoranire yayo n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano (Community Policing), Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare yagize ati:”Aya mahugurwa yateguwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu. Yasabye Polisi y’u Rwanda guhugura abo bayobozi ku ruhare rw’umudugudu mu kubumbatira umutekano.”

ACP Gatare yakomeje agira ati:”Bamwe muri aba bayobozi ni bashya muri izi nshingano. Ubufatanye mu kubahugura bigamije kubongerera ubumenyi kugira ngo babashe gusohoza inshingano zabo neza harimo gukumira ikintu cyose gishobora guhungabanya umutekano w’aho bayobora.”

Yavuze ko mu byo Polisi y’u Rwanda ibigisha harimo ihanahana ry’amakuru haba hagati yabo ubwabo, hagati yabo n’abo bayobora, ndetse no hagati yabo n’izindi nzego zirimo na Polisi y’u Rwanda.

Bahabwa kandi ubumenyi ku kuntu bakurikirana urujya n’uruza rw’abantu mu bice bayobora, ndetse n’uko amarondo yakorwa neza kugira ngo hakumirwe ibyaha no gufata ababikoze cyangwa abafite imiganbi yo kubikora.

Biteganijwe ko abandi basigaye bazahugurwa ku matariki ya 14, 15, 21 na 22 z’uku kwezi bitewe n’uko uturere twabigennye.

RNP

2016-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Ubwanditsi 19 Jun 2018
FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba

FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Kirehe: Polisi y’u Rwanda yafatanye umugabo ibiro 25 by’urumogi

Kirehe: Polisi y’u Rwanda yafatanye umugabo ibiro 25 by’urumogi

Ubwanditsi 15 Aug 2016
Urugendo rurerure rwa Fred Gisa Rwigema

Urugendo rurerure rwa Fred Gisa Rwigema

Ubwanditsi 04 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre
Mu Mahanga

Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre

Ubwanditsi 24 Jul 2016
Leta mu mizo ya nyuma yo gushyiraho umushahara fatizo mushya
Mu Rwanda

Leta mu mizo ya nyuma yo gushyiraho umushahara fatizo mushya

Ubwanditsi 10 Oct 2017
Dore Byinshi Utamenye kuri Vatican Umugi Ubusanzwe Papa Atuyeho ,Uzuko Aricyo Gihugu kinywebwamo inzoga nyinshi ku isi
Mu Mahanga

Dore Byinshi Utamenye kuri Vatican Umugi Ubusanzwe Papa Atuyeho ,Uzuko Aricyo Gihugu kinywebwamo inzoga nyinshi ku isi

Ubwanditsi 30 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru