• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urugendo rurerure rwa Fred Gisa Rwigema

Urugendo rurerure rwa Fred Gisa Rwigema

Ubwanditsi 04 Feb 2016 Mu Mahanga

Tariki 2 Ukwakira 1990 ni bwo Maj. Gen Fred Rwigema yatabarutse ubwo yari ayoboye ingabo za RPA zari zigamije kubohora u Rwanda.

Abari bazi neza Rwigema aho yabaye hose uhereye muri Uganda, Tanzania na Mozambique bavuga ko yari umuntu w’imico myiza warangwaga n’ubutwari, ndetse n’ishyaka ryo guharanira ukuri.

Maj. Gen Fred Rwigema uzwi ku mazina yo mu buto bwe nka Emmanuel Gisa yavukiye i Gitarama kuwa 10 Mata 1957.

Ubwicanyi bwabaye mu Rwanda mu mwaka wa 1960 bwiswe Impinduramatwara y’Abahutu ni bwo bwatumye Rwigema n’umuryango we bahungira muri Uganda mu nkambi ya Nshungerezi iherereye muri Nkole.

Rwigema yasoje amashuri ye yisumbuye mu mwaka wa 1976 aho yahise afata inzira ajya muri Tanzania ubwo yinjira mu mutwe w’inyeshyamba za Front for National Salvation (FRONASA) wari uyobowe na Yoweri Museveni, mukuru w’inshuti ye magara Salim Saleh.

Ni muri uwo mwaka kandi Emmanuel Gisa yatangiye gukoresha izina rya Fred Rwigema.

Mu mwaka wa 1978, Fred Rwigema yagiye muri Mozambique afatanya n’inyeshyamba za FRELIMO, ubwo zari ku rugamba rwo kurwanya no guca ubukoloni bwa Portugal.

Mu 1979, Rwigema yinjiye mu mutwe w’inyeshyamba za Uganda National Liberation Army (UNLA) wafatanyije n’ingabo z’igihugu za Tanzania kuvana Idi Amin ku butegetsi ubwo yahungiraga muri Libya.

Ntibyatinze kuko Rwigema yinjiye mu mutwe wa National Resistance Army (NRA) wa Museveni ubwo bari mu ntambara na Guverinoma ya Milton Obote.

Kuva inyeshyamba za NRA zahirika ubutegetsi bwa Obote zikanabohora Uganda, Rwigema yagiriwe icyizere ahabwa umwanya wa Minisitiri w’Ingabo wungirije.

Umwihariko we ni uko umwanya ukomeye yari afite muri Leta ya Uganda utamubuzaga kugumana abasirikare be mu ntambara z’urudaca zahoraga mu majyaruguru ya Uganda.

Ku itariki ya 1 Ukwakira 1990, Fred Rwigema yayoboye ingabo za RPA mu rugamba rwo kubohora u Rwanda.

Tariki ya 2 Ukwakira yahise atabaruka arasiwe ku rugamba.

Kugeza magingo aya Fred Rwigema abarirwa mu ntwari zikomeye mu mateka y’u Rwanda kuko abarirwa mu cyiciro cy’Imanzi.

2016-02-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zimbabwe: Perezida Emmerson Mnangagwa w’imyaka 80 ahagarariye Ishyaka rya ZANU-PF mu Matora

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ubwanditsi 22 Mar 2022
Karongi: Abamotari bibukijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Karongi: Abamotari bibukijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango
Mu Rwanda

Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Ubwanditsi 11 May 2018
Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka
Mu Rwanda

Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka

Ubwanditsi 22 Oct 2017
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira
Amakuru

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

Ubwanditsi 09 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru