• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Zimbabwe: Perezida Mugabe aracyafunze, abaturage bategereje igikurikiraho batuje

Zimbabwe: Perezida Mugabe aracyafunze, abaturage bategereje igikurikiraho batuje

Ubwanditsi 15 Nov 2017 Mu Mahanga

Abanya-Zimbabwe bategereje igikurikiraho nyuma y’umunsi umwe igisirikare cyambuye ubutegetsi Perezida Robert Mugabe wari umaze imyaka 37 ayoboye icyo gihugu.

Kuva ejo hashize, Mugabe aracyafungiwe iwe mu rugo mu Murwa Mukuru, Harare, ariko hari amakuru avuga ko umugore we Grace yahungiye muri Namibia.

Mmu cyumweru gishize Mugabe yirukanye Visi-Perezida, Emmerson Mnangagwa nawe uri ahantu hataramenyekana nubwo hari abavuga ko yavuye mu buhungiro akaza kuba ari we uyoboye Zimbabwe muri iyi minsi.

Kurwanira ubutegetsi hagati ya Mnangagwa na Grace Mugabe byatumye ishyaka rya Zanu-PF ricikamo ibice mu mezi ashize. Mnangagwa ni umwe mu bari mu rugamba rwo kubohora icyo gihugu, ndetse afitanye ubucuti bwihariye n’abakomeye mu gisirikare.

BBC ivuga ko abari bashyigikiye Mugabe bafite ubwoba kuko batangiye gusaba imbabazi zo kuba barazinenze ubwo zari zigifata ubutegetsi.

Umuryango w’Ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo, SADAC, ugiye gukora inama y’igitaraganya muri Botswana kuri uyu wa Kane, wige ku kigiye gukorwa muri icyo gihugu gifite ubukungu bumeze nabi muri iki gihe.

Umuyobozi w’Abarwanya leta ya Mugabe, Tendai Biti, we yavuze ko bifuza inzibacyuho.
Ati “Birihutirwa ko dusubira muri Demokarasi ariko dukeneye igihe cy’inzibacyuho, nizeye ko ibiganiro bigiye kubaho hagati y’igisirikare n’abaturage ba Zimbabwe ndetse n’imiryango nka SADC na AU.”

Umunyamakuru wa Reuters uri i Harare avuga ko nta muturage n’umwe wari wishimira ibyabaye ku mugaragaro kuko bakiri mu rujijo, ariko amaduka yafunguwe, abantu bajya ku mirimo, bakiriye kuba Robert Mugabe afungiye iwe kandi nta wagiye kumutabara. Nta n’imvururu zirumvikana mu kandi gace ako ari ko kose k’icyo gihugu.

Abasirikare baracyashaka kumvisha amahanga ko batakoze kudeta ahubwo ko bashaka kuvugurura ibintu gusa, ariko kugira ngo babigereho birabasaba ko na Mugabe ubwe abibafashamo.

Icyo abakurikiraniye hafi ibibera muri Zimbabwe bibaza cyane, ni uburyo igisirikare kiza kumvisha Mugabe gusohora itangazo iryo ari ryose akemera ibyabaye mu minsi ibiri ishize.

Ibi ariko nabyo bitera kwibaza icyo yabyungukiramo, niba ari ukujya mu kiruhuko cy’izabukuru mu mahoro cyangwa umutekano w’abo mu muryango we.

Nubwo Gen. Maj Sibusiso yavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu ko igisirikare nikirangiza guta muri yombi agatsiko kabangamije igihugu kizasubiza ubutegetsi Guverinoma ya Mugabe, Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU, wo watangaje ko icyabaye kimeze neza neza nka ‘kudeta”.

Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma yohereje intumwa zihariye zigizwe n’abaminisitiri babiri bakomeye ngo baganire na Mugabe ndetse n’abayobozi bakuru b’ingabo.

Ighugu cya Rhodesia kikimara kwigobotora ubukoloni bw’u Bwongereza mu 1980 cyiswe Zimbabwe; Mugabe ahita ayiyobora ari Minisitiri w’Intebe, aza kuba Perezida mu 1987.

Kuva icyo gihe yakomeje gutorerwa izindi manda mu buryo butavuzweho rumwe ndetse yaniteguraga kongera kwiyamamaza nubwo ku myaka 93 ubuzima bwe busa nk’uburi mu marembera.

2017-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kirehe: Polisi yafunze abantu bakekwaho ubujura bw’inka

Kirehe: Polisi yafunze abantu bakekwaho ubujura bw’inka

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso

Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso

Ubwanditsi 17 Nov 2016
Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Tariki 22 Ugushyingo 2021, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Tariki 22 Ugushyingo 2021, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 22 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda
HIRYA NO HINO

Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2018
Mu mafoto: Abahanzi baba mu mazu meza kandi ahenze ku isi
IMIKINO

Mu mafoto: Abahanzi baba mu mazu meza kandi ahenze ku isi

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Lt Gen. Tumukunde niwe wari nyirabayazana y’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda
INKURU NYAMUKURU

Lt Gen. Tumukunde niwe wari nyirabayazana y’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 26 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru