• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibintu bitatu by’ingenzi bituma umubano w’u Rwanda na Uganda ujya irudubi

Ibintu bitatu by’ingenzi bituma umubano w’u Rwanda na Uganda ujya irudubi

Ubwanditsi 04 Mar 2019 ITOHOZA

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda,Dr Richard Sezibera yatangaje impamvu eshatu zikomeje gutuma umubano n’igihugu cya Uganda uzamba.

Min. Sezibera avuga ko umubano hagati y’ibihugu byombi wazambye ku kigero cy’aho nta cyizere ku mutekano w’Abanyarwanda bajya cyangwa baba muri Uganda.

Aganira n’ikinyamakuru The New Times, Sezibera yongeye gushimangira ko Abanyarwanda yise abadafite ibyo bajya gukora muri Uganda byihuse baba bahinnye akarenge ko kujya muri iki gihugu.

Mu mpamvu eshatu yatangaje, Sezibera yavuze ko umubano w’ibihugu byombi wazahajwe ahanini n’ibyo yise ihutazwa ry’uburenganzira bwa muntu muri Uganda, umutekano w’u Rwanda n’imikorere idahwitse mu bijyanye n’Ubucuruzi.

Ati “ Kuri ubu ibibazo Abanyarwanda bari guhurira nabyo muri Uganda ni bitatu. Icya mbere kandi cy’ingenzi ni uko batabwa muri yombi, bagakorerwa iyicarubozo no gutotezwa. Abadakorewe ibi, barirukanwa ku mpamvu tutumva. Iki ni ikibazo twamenyesheje kenshi Uganda mu nzego zayo zitandukanye.  Iyo ni imbogamizi imwe.”

Min. Sezibera yagarutse ku mitwe irwanya Leta avuga ko ikorera muri Uganda.

“ Imbogamizi ya kabiri, ni ikibazo nanone twamenyesheje Leta ya Uganda, ni imitwe yitwaje intwaro irwanya Leta y’u Rwanda ifite imigambi yo kugirira nabi u Rwanda ikorera muri Uganda.Abantu bayihagarariye; RNC, bamwe mu bagize umutwe wa FDLR n’abandi. Iyi ni imitwe yakoze ibyaha hano mu Rwanda ikaba iri muri Uganda.”

Muri iki kiganiro kandi Sezibera yavuze ko hari ikibazo mu bijyanye no kwambutsa ibicuruzwa by’u Rwanda hifashishijwe Uganda.

Ati “  Icya gatatu ni ikijyanye no kwambutsa ibicuruzwa by’u Rwanda binyuze ku butaka bwa Uganda. U Rwanda ni igihugu kidakora ku nyanja. Dukoresha icyambu cya Mombasa. Higeze kubaho ikibazo, ibicuruzwa bivuye mu Rwanda bimara amezi [nta vuga umubare wayo] ku butaka bwa Uganda, nta mpamvu yumvikana ihari. Nyuma byaje kurekurwa ariko hari imbogamizi.”

Uyu muyobozi yemeza ko kugeza ubu izi mbogamizi eshatu ari zo bahanganye nazo.

Avuga ko ibihugu byombi byaganiriye kuri ibi bibazo ariko u Rwanda rukaba rubona ntacyo byatanze.

Ku ruhande rwa Uganda, Ingingo y’Abanyarwanda batabwa muri yombi, bagakorerwa iyicarubozo no gutotezwa, yigeze gutangaza ko nta we utabwa muri yombi ntacyo ashinjwa.

Kugeza ubu ntacyo iratangaza niba koko itera inkunga imitwe yitwaje intwaro igambiriye gutera u Rwanda.

Umubano w’u Rwanda watangiye kuzamo urunturuntu mu Kwakira 2017. Icyo gihe hari hatangiye ifatwa n’ifungwa ry’Abanyarwanda bashinjwaga gushimuta impunzi zikomoka mu Rwanda zahahungiye.

Kuri ubu, nk’uko Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda aherutse kubitangaza yifashishije twitter, hari Abanyarwanda basaga 40 muri gereza zo muri Uganda naho abasaga 800 bamaze kwirukanwa ku butaka bw’iki gihugu mu gihe cy’imyaka ibiri ishize.

2019-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Jonathan Musonera  yatetse umutwe abeshya ko  yatumwe n’ umuryango  Col. Karegeya?

Jonathan Musonera yatetse umutwe abeshya ko yatumwe n’ umuryango Col. Karegeya?

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Intambara ishobora kuba hagati y’Ibihugu by’Ibihangange

Intambara ishobora kuba hagati y’Ibihugu by’Ibihangange

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ubwanditsi 01 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu
UBUKUNGU

Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Ubwanditsi 09 Jan 2020
Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.
Amakuru

Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Ubwanditsi 05 Nov 2022
Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe
ITOHOZA

Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe

Ubwanditsi 11 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru