• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura

FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura

RUSHYASHYA 04 Dec 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Imirwano yongeye kwaduka muri Kivu y’Amajyepfo hagati ya AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC, abarundi n’imitwe ya Wazalendo na FDLR. Mu bice bitandukanye birimo Kaziba, Katogota, Lubarika na Luvungi, humvikanye ibisasu biremereye n’amasasu menshi, bituma abaturage bicwa abandi barakomereka, ndetse ibikorwa remezo birangirika. Abarwanyi ba AFC/M23 bari bamenye ko ingabo za RDC n’izi Burundi bitegura kubagaba ho ibitero, bituma bahitamo kubisubiza inyuma.

Amakuru yizewe agaragaza ko ingabo za RDC zagabye ibitero mu bice bigenzurwa na AFC/M23, zibarasaho ibisasu umurundo biremereye byishe abaturage barimo n’abayobozi b’inzego z’ibanze. Ibi byateje ubushyamirane mu nzego za gisirikare za Kivu y’Amajyepfo, bamwe mu bayobozi bazo banashinjwa kuyobora nabi urugamba. Abaturage benshi bahungiye mu duce dutandukanye, mu gihe AFC/M23 yahisemo kwirinda kwinjira mu duce twuzuye abaturage kugirango batahatakariza ubuzima ari benshi ariko yo ikomeza kwirwanaho.

Ku rundi ruhande, byagaragaye ko igisirikare cya RDC cyagejeje amatoni menshi y’amasasu n’ibiribwa ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR,imitwe myinshi irimo na Nyatura, kugirango bakomeze kurwanya AFC/M23. Aya masasu yoherejwe mu teritwari ya Masisi n’ahandi, abifashijwemo n’abayobozi bakomeye muri FARDC barimo Col Salomon Tokolonga, usanzwe uri ku rutonde rw’abafatiwe ibihano na Amerika kubera gushyigikira imitwe y’iterabwoba. Ibi bigaragaza ko RDC ikomeje gufatanya n’imitwe y’abicanyi irimo FDLR, mu gihe ibihugu byombi biteganya gushyira umukono ku masezerano y’amahoro.

FDLR, imaze imyaka myinshi ikorera ubwicanyi mu burasirazuba bwa Congo, ni yo soko y’ibibazo byinshi by’umutekano muke mu karere. U Rwanda rukomeje kugaragaza ko RDC igifasha uyu mutwe mu buryo bweruye, binyuze mu kuyigezaho intwaro, ibiribwa n’ibikorwa bya gisirikare. Aya makuru yemeza ko FDLR ariyo ikomeje gutera ibibazo mu karere, itera ibitero ku baturage no gushyigikira imirwano ihoraho.

Mu gihe RDC ishinja u Rwanda gufasha M23, imiryango irimo RED Tabara na Twirwaneho yo irahakana kuba mu mashyirahamwe yatangajwe n’ingabo z’u Burundi, ndetse ivuga ko intandaro z’ibibazo by’u Burundi zishingiye ku kutubahiriza amasezerano ya Arusha. Ibi nabyo byongera umutekano muke mu bice bya Minembwe na Uvira.

MONUSCO na yo ikomeje kugaragaza umusaruro muke mu guhagarika imirwano, nk’uko byagiye bigaragara kuva M23 yongera gufata intwaro mu 2021. Abaturage bakomeje kwibasirwa n’ubwicanyi, gufatwa ku ngufu no gutwarwa n’iyi mitwe yitwaje intwaro, byaje no gutuma abaturage babarirwa mu bihumbi benshi bigaragambya basaba ingabo za Loni kuva muri Congo.

Muri rusange, ibi byose bigaragaza ko FDLR ari yo nkingi ya mwamba mu guhungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Congo no mu karere muri rusange, kubera ubufasha ihabwa na FARDC, ubucuti bw’igihe kirekire ifitanye n’abayobozi bayo n’uruhare rwayo mu gutuma imirwano ikomeza mu gihe ibihugu byombi byashakaga gushyira umukono ku masezerano y’amahoro i Washington muri Amerika.

2025-12-04
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

Ubwanditsi 08 Nov 2023
“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

Ubwanditsi 11 Jan 2022
Imibonano mpuzabitsina ishobora gucika kubera ibipupe  (SEX ROBOTS) VIDEO

Imibonano mpuzabitsina ishobora gucika kubera ibipupe (SEX ROBOTS) VIDEO

Ubwanditsi 28 Dec 2016
Mu bihembo bya The Choice, Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague yabaye umukinnyi w’umwaka wa 2021 ahize abarimo Sugira Ernest

Mu bihembo bya The Choice, Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague yabaye umukinnyi w’umwaka wa 2021 ahize abarimo Sugira Ernest

Ubwanditsi 14 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

RUSHYASHYA 31 May 2026
Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa  bataburanye…
ITOHOZA

Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa bataburanye…

Ubwanditsi 22 May 2018
Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021
Amakuru

Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021

Ubwanditsi 13 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru