• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Leta mu mizo ya nyuma yo gushyiraho umushahara fatizo mushya

Leta mu mizo ya nyuma yo gushyiraho umushahara fatizo mushya

Ubwanditsi 10 Oct 2017 Mu Rwanda

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo mu Rwanda na Minisiteri y’imari n’Igenamigambi, zatangaje ko gushyiraho itegeko rigena umushahara fatizo mushya bisa n’ibyarangiye, igisigaye ari ukubitangaza.

Byatangajwe kuri uyu wa mbere ubwo hamurikwaga ubushakashatsi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare bugaragaza uko isoko ry’umurimo rihagaze mu Rwanda.

Imibare igaragaza ko 84 % mu bashoboye gukora mu Rwanda bafite akazi, ariko haracyifashishwa itegeko ryo mu mwaka wa 1974 rigena umushahara fatizo, aho umukozi abarirwa amafaranga 100.

Iri tegeko ryakunze kunengwa n’imiryango itandukanye itegamiye kuri Leta, iharanira uburenganzira bw’abakozi, ivuga ko uwo mushahara fatizo utakijyanye n’igihe ugereranyije n’ibiciro ku masoko.

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, kuri uyu wa mbere yabwiye abanyamakuru ko habanje gukorwa ibiganiro n’abantu batandukanye kugira ngo hategurwe itegeko rigena ingano y’umushahara fatizo ariko ngo bisa n’ibyarangiye.

Ati “Bisa n’ibyarangiye kuko dutegereje itegeko rishya ry’umurimo ko rirangira, tukareba amabwiriza hanyuma tugashyiraho umushahara afatizo mushya ariko bisa n’ibyarangiye.”

Umushahara fatizo usobanurwa nk’amafaranga umukozi adashobora kujya munsi mu kazi ako ariko kose, ku buryo umukoresha ubikoze afatwa nk’uwarenze ku mategeko. Icyakora kuyarenza byo ntibibujijwe.

Kuba umushahara fatizo ukiri hasi bifite ingaruka ku igenwa ry’imishahara, indishyi mu bigo by’ubwishingizi ndetse no kuvugurura itangwa ry’ubwishingizi mu bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Abajijwe impamvu mu gihe hagitegerejwe itegeko rishya hataba hashyizweho uburyo abakoresha baba bifashisha bahemba abakozi babo aho gukomeza kugendera ku itegeko rya kera, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Claver Gatete, yasubije ko bitashoboka kuko itegeko rigomba gusimburwa n’irindi.

Icyakora Gatete yavuze ko mu biraje ishinga Leta n’icyo cy’umushahara fatizo kirimo ariyo mpamvu bifuza ko itegeko ritangazwa vuba.

Ati “Itegeko niryo rituma byemerwa, nta kindi washyiraho kitari mu mategeko kuko niyo agena umushahara fatizo. Habanje kubaho kumva ibitekerezo bitandukanye mbere y’uko bijya mu nzira zisanzwe ngo bitangazwe, ubu bisa n’ibyarangije bisigaje gutangazwa. Ubu rero nta tegeko rishya, hakoreshwa irya mbere. Niyo mpamvu tugomba kubikora twihuse ku buryo itegeko riboneka vuba. Nta kundi wabigenza, nta kindi washyiraho aho hagati (ngo abantu babe bifashisha) kuko umushahara fatizo washyizweho n’itegeko.”

Iri tegeko ubusanzwe byari bitaganyijwe ko risohoka mu 2014, ryitezweho kurengera benshi mu bakozi binubira umushahara fatizo utakijyanye n’ibiciro biri ku isoko n’agaciro k’ifaranga.

Iri tegeko nirijyaho rizaba rireba abakora imirimo yanditse n’itanditse nkuko byatangajwe na Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo.

-8285.jpg

Amb Claver Gatete, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi.

Source : IGIHE

2017-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gusebanya byakuwe mu mushinga w’itegeko rigena ibyaha n’ibihano

Gusebanya byakuwe mu mushinga w’itegeko rigena ibyaha n’ibihano

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Bombori bombori muri FDLR

Bombori bombori muri FDLR

Ubwanditsi 03 Jun 2016
“Simbuze aho kujya nyuma y’ iyi business ” Perezida Kagame

“Simbuze aho kujya nyuma y’ iyi business ” Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Jun 2017
Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Bwiza bwirabura” indirimbo nshya ya Nick Dimpoz wo muri City Maid
SHOWBIZ

“Bwiza bwirabura” indirimbo nshya ya Nick Dimpoz wo muri City Maid

Ubwanditsi 14 May 2018
PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali
Mu Mahanga

PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

Ubwanditsi 09 Jun 2016
Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports
IMIKINO

Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports

Ubwanditsi 16 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru