• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»“Simbuze aho kujya nyuma y’ iyi business ” Perezida Kagame

“Simbuze aho kujya nyuma y’ iyi business ” Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko atabuze aho kujya igihe azaba atakiri Perezida w’ u Rwanda anakomoza ku ishusho y’ u Rwanda yifuza ubwo azaba atakiri ku butegetsi.

Mu kiganiro Perezida Kagame yahaye abanyamakuru kuri uyu wa 22 Kamena, nyuma yo gushyikiriza komisiyo y’ igihugu y’ amatora ibyangombwa bisabwa uwifuza kwiyamamariza kuyobora u Rwanda muri manda y’ imyaka irindwi iri imbere, umunyamakuru yamubajije u Rwanda yifuza ubwo azaba atakiri ku butegetsi abanza kumubwira ko atabuze aho kujya nyuma yo kuva ku butegetsi.

Ati “Mbere ya byose si mbuze aho kujya nyuma y’ iyi bizinesi”

Perezida yavuze ko u Rwanda yifuza ubwo azaba atakiri ku butegetsi ari u Rwanda rutarangwamo ibyabaye mbere y’ imyaka 23 ishize.

Ati “…U Rwanda nifuza byavuzwe kenshi, ni u Rwanda ukuyemo ibintu nka biriya byabaye mu myaka 23 ishize. Nshaka kubona u Rwanda rw’ abaturage bunze ubumwe, bafite ukwishyira ukizana, kandi baryohewe n’ uburumbuke dushaka kugeraho.”

Perezida Kagame yavuze ko hari ibibazo biri mu Isi muri iki gihe, avuga ku bibazo by’ umutekano, yongeraho ko biba byiza gutekereza kabiri mbere yo gukora ibyo abandi bakubwiye gukora kuko hari igihe bakubwira gukora ibintu bazi ko ari bibi. Ibi ngo iyo ubigenzuye usanga iwabo batabikora.

Ati “Aya ni amasomo dukwiye kwiga ku bibera mu Isi batubwira ko dukwiye kwigana imibereho yabo, ntekereza ko dukwiye kumenya uko dukwiye kubaho.”

Perezida Kagame yasabwe kugira icyo avuga ku kuba hari abantu bavuga ko u Rwanda rutabaho rudafite Kagame avuga ko atari kumwe nabo kuko umuntu agira igihe agomba kumara Isi. Perezida Kagame yongeyeho ko igihe atazaba ahari hazaza abandi bagakora ibyo bashoboye, biri mu bushobozi bwabo.

Twabibutsa ko Perezida Kagame amaze imyaka 17 ayobora Abanyarwanda kuko yatangiye kuyobora u Rwanda mu mwaka 2000, akayobora imyaka itatu y’ inzibacyuho mbere y’ uko atorerwa manda ye ya mbere y’ imyaka 7, muri 2010 agatorerwa manda ya kabiri izarangira muri uyu mwaka wa 2017.

Perezida Kagame ni umwe mu bantu batandatu bamaze gutanga candidature ku mwanya w’ umukuru w’ igihugu. Abandi ni Dr Frank Habineza w’ ishyaka DGPR, Ssekikubo Barafinda Fred, Mwenedata Gilbert, Mpayimana Philippe na Diane Shimwa Rwigara.

-210.png

Perezida Paul Kagame

2017-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Ubwanditsi 16 May 2021
Perezida Kagame yahaye impanuro Abaminisitiri  zizabafasha kwihutisha amavugururwa mu iterambere Abanyarwanda bakeneye

Perezida Kagame yahaye impanuro Abaminisitiri zizabafasha kwihutisha amavugururwa mu iterambere Abanyarwanda bakeneye

Ubwanditsi 13 Sep 2017
Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Ubwanditsi 24 Aug 2023
Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Ubwanditsi 10 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamasheke: Bateye abaturanyi babo bica umugore umugabo ajya muri Coma
Mu Rwanda

Nyamasheke: Bateye abaturanyi babo bica umugore umugabo ajya muri Coma

Ubwanditsi 11 Mar 2019
Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo
HIRYA NO HINO

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga
Amakuru

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Ubwanditsi 24 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru