• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Kuri uyu munsi mu Rwanda twizihiza isabukuru y’imyaka 30 Abanyarwanda twibohoye, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagize ati:”Muri kamere yarwo, u Rwanda rurwana intambara yo kwitabara no gukumira akaga rutejwe n’abandi, ntiruyishoza byo kugaba ibitero ku bandi gusa.

Twifuza amahoro tukanayifuriza n’abandi bo muri aka karere.Tuzi agaciro k’amahoro kuri twe ubwacu, no ku baturanyi bo mu karere. Turakazi nk’uko n’undi wese akazi, ndetse dushobora no kuba tubarusha kukamenya”.

” Ahazakenerwa ibikorwa by’ubutabazi, u Rwanda ntiruzahatangwa. Icyakora mu gukumira igituma hakenerwa ibikorwa by’ubutabazi, ni ngimbwa kurandura ibitera ibibazo uhereye mu mizi. Iyo tudahindura imyumvire, nta kabuza mu Rwanda twari kuba tukirinzwe n’ingabo za Loni zibungabunga amahoro ku isi”

Perezida Kagame yagarutse no kubahora bahigira u Rwanda, maze abakurira inzira ku murima. Ati:”Haracyari bake hanze y’u Rwanda batatwumva, ndetse bahora bashaka gusenya ibyo tugeraho. Abo turabazi, turababona. Icyakora imigambi yabo ntacyo izageraho, izakomeza kugarukira ku mbuga nkoranyambaga no mu biro by’ibikomerezwa. Ntacyo badutwara kuko nta bushobozi na mba badufiteho”.

Umukuru w’Igihugu kandi yagize n’ubutumwa bwihariye agenera urubyiruko, arusaba gutera ikirenge mu cy’abarubanjirije, haba mu kurinda no kongera ibyiza u Rwanda rugenda rugeraho. Perezida Kagame ati:” Ubu intambara uRwanda rufite ntikiri iyo kubaho byo kurenza umunsi gusa. Ni iyo kubaho neza, no guharanira intsinzi mu byo dukora: Gutsinda ubukene, gutsinda ibyo guhora dutegeye abandi ibiganza, n’ibindi bitwambura agaciro”.

Yakomeje ati:”Mufite amahirwe yo kubaho ubuzima bwiza mwifuza. Aho ubuzima bwaberekeza hose ariko, mujye muzirikana kurinda politiki nziza twubatse….Mugomba kuzamura ijwi rivugira uRwanda, mukagira uruhare mu birwubaka, kandi mukarwitura ibyiza murukesha. Izo ni indangagaciro tugomba kuraga abadukomokaho”.

Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 twibohoye byitabiriwe n’imbaga y’Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga baje kubashyigikira, bikaba byaranzwe n’akarasisi karyoheye ijisho, k’Ingabo z’Igihugu na Polisi y’uRwanda. Byabereye kuri stade AMAHORO iherutse kuvugururwa igashyirwa ku rwego rw’amasitade agezweho ku isi, dore ko ishobora kwakira abantu 45.000 bicaye neza ahatwikiriye.

Nk’uko Perezida Kagame yabisobanuye, iki gikorwa remezo nacyo ni ikindi kimenyetso cya politiki yo kwibohora mu nzego zose z’iterambere.

2024-07-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka

Ubwanditsi 16 Oct 2020
Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame

Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Ibyo muri ya ‘’guverinoma‘’ ya Padiri Nahimana imbwa zabirwaniyemo!

Ibyo muri ya ‘’guverinoma‘’ ya Padiri Nahimana imbwa zabirwaniyemo!

Ubwanditsi 28 Feb 2023
Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano w’U Rwanda

Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano w’U Rwanda

Ubwanditsi 08 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara  bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika
Mu Rwanda

Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Muhanga : Umushoferi afunzwe akurikiranyweho guha umupolisi ruswa
Mu Mahanga

Muhanga : Umushoferi afunzwe akurikiranyweho guha umupolisi ruswa

Ubwanditsi 09 Dec 2016
Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza
INKURU NYAMUKURU

Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza

Ubwanditsi 05 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru