• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Kuri uyu munsi mu Rwanda twizihiza isabukuru y’imyaka 30 Abanyarwanda twibohoye, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagize ati:”Muri kamere yarwo, u Rwanda rurwana intambara yo kwitabara no gukumira akaga rutejwe n’abandi, ntiruyishoza byo kugaba ibitero ku bandi gusa.

Twifuza amahoro tukanayifuriza n’abandi bo muri aka karere.Tuzi agaciro k’amahoro kuri twe ubwacu, no ku baturanyi bo mu karere. Turakazi nk’uko n’undi wese akazi, ndetse dushobora no kuba tubarusha kukamenya”.

” Ahazakenerwa ibikorwa by’ubutabazi, u Rwanda ntiruzahatangwa. Icyakora mu gukumira igituma hakenerwa ibikorwa by’ubutabazi, ni ngimbwa kurandura ibitera ibibazo uhereye mu mizi. Iyo tudahindura imyumvire, nta kabuza mu Rwanda twari kuba tukirinzwe n’ingabo za Loni zibungabunga amahoro ku isi”

Perezida Kagame yagarutse no kubahora bahigira u Rwanda, maze abakurira inzira ku murima. Ati:”Haracyari bake hanze y’u Rwanda batatwumva, ndetse bahora bashaka gusenya ibyo tugeraho. Abo turabazi, turababona. Icyakora imigambi yabo ntacyo izageraho, izakomeza kugarukira ku mbuga nkoranyambaga no mu biro by’ibikomerezwa. Ntacyo badutwara kuko nta bushobozi na mba badufiteho”.

Umukuru w’Igihugu kandi yagize n’ubutumwa bwihariye agenera urubyiruko, arusaba gutera ikirenge mu cy’abarubanjirije, haba mu kurinda no kongera ibyiza u Rwanda rugenda rugeraho. Perezida Kagame ati:” Ubu intambara uRwanda rufite ntikiri iyo kubaho byo kurenza umunsi gusa. Ni iyo kubaho neza, no guharanira intsinzi mu byo dukora: Gutsinda ubukene, gutsinda ibyo guhora dutegeye abandi ibiganza, n’ibindi bitwambura agaciro”.

Yakomeje ati:”Mufite amahirwe yo kubaho ubuzima bwiza mwifuza. Aho ubuzima bwaberekeza hose ariko, mujye muzirikana kurinda politiki nziza twubatse….Mugomba kuzamura ijwi rivugira uRwanda, mukagira uruhare mu birwubaka, kandi mukarwitura ibyiza murukesha. Izo ni indangagaciro tugomba kuraga abadukomokaho”.

Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 twibohoye byitabiriwe n’imbaga y’Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga baje kubashyigikira, bikaba byaranzwe n’akarasisi karyoheye ijisho, k’Ingabo z’Igihugu na Polisi y’uRwanda. Byabereye kuri stade AMAHORO iherutse kuvugururwa igashyirwa ku rwego rw’amasitade agezweho ku isi, dore ko ishobora kwakira abantu 45.000 bicaye neza ahatwikiriye.

Nk’uko Perezida Kagame yabisobanuye, iki gikorwa remezo nacyo ni ikindi kimenyetso cya politiki yo kwibohora mu nzego zose z’iterambere.

2024-07-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2019
Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Perezida Kagame yahaye imbabazi abana 18 b’imfungwa bakoze ibizamini bya leta bagatsinda

Perezida Kagame yahaye imbabazi abana 18 b’imfungwa bakoze ibizamini bya leta bagatsinda

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Perezida Kagame yerekeje   i Ndjamena mu irahira rya  Perezida Itno

Perezida Kagame yerekeje i Ndjamena mu irahira rya Perezida Itno

Ubwanditsi 08 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi
UBUKUNGU

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Ubwanditsi 14 Jan 2020
Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame
POLITIKI

Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame

Ubwanditsi 05 May 2017
Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”
Amakuru

Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

RUSHYASHYA 11 Apr 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru