• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Evode Imena yagizwe umwere

Evode Imena yagizwe umwere

Ubwanditsi 07 Dec 2017 Mu Rwanda

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagize umwere Imena Evode wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Umutungo Kamere, washinjwaga ibyaha birimo itonesha mu itangwa ry’amasoko.

Imena watawe muri yombi muri Mutarama 2017 akaza gufungurwa by’agateganyo muri Gashyantare, kuri uyu wa Kane nibwo urukiko rwasomye umwanzuro ku byaha yashinjwaga.

Yashinjwaga ko yatonesheje sosiyete yitwa Mwashamba Mining Ltd ayiha uruhushya rwo gucukura amabuye y’agaciro akarwima iyitwa Nyaruguru Mining; akanirengagiza icyemezo cyari cyafashwe n’Akanama ka Minisiteri gashinzwe gusuzuma abahabwa impushya zo gucukura.

Urukiko rwavuze ko rwasanze nta bimenyetso byerekana ko Imena yatanze urwo ruhushya hashingiwe ku itonesha, ubucuti cyangwa icyenewabo. Rwavuze ko icyemezo yagiye afata yerekanaga impamvu, nta rwango yari afitiye iyacyimwe.

Urukiko rwahise rutangaza ko Imena Evode nta cyaha kimurangwaho, bityo ko adashobora gufungwa imyaka irindwi yasabirwaga n’ubushinjacyaha cyangwa ngo yishyure sosiyete Nyaruguru Mining Limited indishyi ya miliyoni 686 Frw yasabaga.

Urukiko rwavuze ko Imena nta hantu na hamwe yigeze agira ubushake bwo gukora icyaha, rugenda rurondora amabaruwa yandikiraga uwasabaga uruhushya ko atarukwiye, n’impamvu atarukwiye.

Urukiko rwanavuze ko Mwashamba Mining Ltd yahawe uruhushya, yakurikije inzira zose zasabwaga kuko yaranarusabye mu nzego z’ibanze, ikagera no muri Minisiteri.

Ku rundu ruhande, sosiyete ya Nyaruguru Mining yabanje gucukura itabyemerewe ndetse ngo hari n’ibaruwa umuyobozi wayo Ndamage Straton yanditse avuga ko atari azi ko uburyo yacukuragamo amabuye butemewe n’amategeko. Uyu Ndamage yari yaragiranye amasezerano na sosiyete BCK yari yarahawe gucukura muri ako gace, akajya ayicukurira kandi ubusanzwe nabyo byemezwa na Minisitiri.

Urukiko rwemeje ko Imena wari ku rwego rwa Minisitiri yari afite ububasha bwo gutesha agaciro ibyemerewe Nyaruguru Mining Limited, bikozwe n’Akanama ka Minisiteri gashinzwe gusuzuma abahabwa impushya zo gucukura, nyuma yo gusanga hari ibyangombwa bituzuye.

Urukiko rwasomye umwanzuro Imena Evode atari mu rukiko ariko abo mu muryango we n’inshuti basohokanye mu cyumba cy’iburanisha akanyamuneza.

2017-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 02 Jul 2020
Biro Politiki ya FOREBU: Niyombare yatorewe kuyobora umutwe w’inyeshyamba zirwanya Nkurunziza

Biro Politiki ya FOREBU: Niyombare yatorewe kuyobora umutwe w’inyeshyamba zirwanya Nkurunziza

Ubwanditsi 28 Jan 2016
‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame

‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

RUSHYASHYA 24 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamagabe: Abataramenyekana batwitse imodoka eshatu, abantu babiri bahasiga ubuzima
INKURU NYAMUKURU

Nyamagabe: Abataramenyekana batwitse imodoka eshatu, abantu babiri bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC

Ubwanditsi 13 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru