• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Guteza imbere impano z’abato, gutegura imikino ya gishuti no guhana abakinnyi ni bimwe mu bikubiye mu masezerano y’ubufatanye hagati ya Rayon Sports na Raja Club Athletic yo muri Marocco

Guteza imbere impano z’abato, gutegura imikino ya gishuti no guhana abakinnyi ni bimwe mu bikubiye mu masezerano y’ubufatanye hagati ya Rayon Sports na Raja Club Athletic yo muri Marocco

Ubwanditsi 21 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Guhera kuri uyu wa mbere taliki ya 19 Nyakanga 2021, umuyobozi w’ikipe ya Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele ari mu gihugu cya Maroc aho yagiye mu rugendo rugamije kwagura umufatanye hagati ya Rayon Sports yo mu Rwanda ndetse na Raja Casablanca yo mu gihugu cya Maroc.

Mu rugendo rw’iminsi itandatu biteganyijwe ko uyu muyobozi azasura ibikorwa bitandukanye byo muri icyo gihugu harimo nko kureba uko amashuri y’abakiri bato akora, hakabamo kugirana ibiganiro n’ubuyobozi bw’ikipe ya Raja ndetse n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu gihugu cya Maroc.

Binyuze ku rukuta rwa Twitter rwa Rayon Sports, bagaragaje ifoto iriho umuyobozi wa Rayon afashe umwenda wa Raja ndetse ari kumwe na Rachid Andaloussi umuyobozi wa Raja anwe afashe umwenda wa Rayon Sports, ibi bikaba ari ikimenyetso cy’ubufatanye bwatangijwe hagati y’amakipe bayoboye.

Mu masezerano hagati y’aya makipe hategerejwemo urugendoshuri

Mubyo amakipe yombi ategerejweho muri aya masezerano harimo ko hazkorwa urugenoshuri hagati y’aya makipe yombi, aha ni ukuvuga ko ikipe imwe izajya ifata umwanya ikerekeza aho indi kipe ibarizwa kwiga uko imwe mu mirimo itandukanye ikorwa mu rwego rwo kwiteza imbere.

Ubu bufatanye buzibanda kandi kuguhana amahugurwa

Aha twavuga ko by’umwihariko ku ikipe ya Raja izafata umwanya wo gutegurira amahugurwa bamwe mu bagize ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports, amakuru hari aravuga ko bamwe mu bayobozi ba Gikundiro by’umwihariko baba muri Office yayo bazahabwa amahugurwa na bamwe mu bayobozi ba Raja.

Hazategurwa amarushanwa azitabirwa n’abakinnyi bayo makipe

Biteganyijwe ko ikipe imwe izajya itegura amarushanwa y’abakiri bato mu bihugu byombi hanyuma abakinnyi bajye kwitabira ayo marushanwa by’umwihariko abakinnyi bato ba Rayon Sports bakazitabira irushanwa rizaba ryateguwe n’iyi kipe ikomeye muri Maroc ndetse no kuri uyu mugabane.

Andi makuru aravuga ko ikipe ya Raja Casablanca izategura amarushanwa aho izatumira amakipe yandi ane yo kuri uyu mugabane hakiyongeraho yo ubwayo ndetse na Rayon Sports rikaba irushanwa ry’amakipe atandatu azakina hagati yayo, iri rushanwa rikazaba ari nk’irushanwa rizabanziriza intangiriro za shampiyona mu bihugu bitandukanye.

Guhererekanya abakinnyi hagati y’amakipe yombi

Ku ruhande rwa Raja Casablanca ngo irategura uburyo bamwe mu bakinnyi bayo izabatiza ikipe ya Gikundiro kugirango bayifashe mu marushanwa atandukanye iyi kipe izakina, aha twavuga nka shampiyona y’igihugu ndetse n’igikombe cy’Amahoro kibera mu Rwanda.

Mu gihe Rayon Sports kandi yitabiriye amarushanwa mpuzamahanga harimo nka CECAFA, CAF Champions League cyangwa se Confederations Cup izakomeza kwifashisha aba bakinnyi bazaba batanzwe n’ikipe ya Raja.

Ku ruhande rwa Rayon kandi nayo ifite amahirwe yo gutanga abakinnyi bayo bitwaye neza mu mikino izaba yakinnye, aha twavuga nk’umukinnyi ushaka kuzamura urwego rwo gukina iyi kipe ya Raja ikazamuha ikaze mu ikipe yayo kubera aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa mbere muri Maroc.

Mu bindi bitegerejwe mu aya masezerano harimo kandi ubufatanye mu bijyanye no guteza imbere ibikorwa birimo ubucuruzi ndetse kandi hakabamo no gufashanya mu bikokorwaremezo.

Mbere y’uko urugendo rwa perezida wa Rayon Sports Uwayezu Jean Fidele rusozwa biteganyijwe ko azakurikirana kandi n’umukino wa shampiyona uzahuza ikipe ya Raja Casablanca ndetse n’ikipe ya Renaissance sportive de Berkane.

Raja Club Athletic ni imwe mu makipe akomeye mu gihugu cya Maroc kuko yashinzwe mu mwaka wa 1949, ni ikipe kandi ifite ibikombe 12 bya shampiyona, 8 by’igihugu ndetse n’ibindi bikombe 3 bya CAF Champions League ndetse n’ibindi 2 bya CAF Confederations.

2021-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Ubwanditsi 28 May 2021
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

RUSHYASHYA 24 Mar 2026
Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Ubwanditsi 06 May 2021
Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu

Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu

Ubwanditsi 06 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC
ITOHOZA

Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Rulindo: Abacuruzi bamenyeshejwe ibinyobwa byashyizwe ku rutonde rw’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Rulindo: Abacuruzi bamenyeshejwe ibinyobwa byashyizwe ku rutonde rw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus
IKORANABUHANGA

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru