• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Guteza imbere impano z’abato, gutegura imikino ya gishuti no guhana abakinnyi ni bimwe mu bikubiye mu masezerano y’ubufatanye hagati ya Rayon Sports na Raja Club Athletic yo muri Marocco

Guteza imbere impano z’abato, gutegura imikino ya gishuti no guhana abakinnyi ni bimwe mu bikubiye mu masezerano y’ubufatanye hagati ya Rayon Sports na Raja Club Athletic yo muri Marocco

Ubwanditsi 21 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Guhera kuri uyu wa mbere taliki ya 19 Nyakanga 2021, umuyobozi w’ikipe ya Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele ari mu gihugu cya Maroc aho yagiye mu rugendo rugamije kwagura umufatanye hagati ya Rayon Sports yo mu Rwanda ndetse na Raja Casablanca yo mu gihugu cya Maroc.

Mu rugendo rw’iminsi itandatu biteganyijwe ko uyu muyobozi azasura ibikorwa bitandukanye byo muri icyo gihugu harimo nko kureba uko amashuri y’abakiri bato akora, hakabamo kugirana ibiganiro n’ubuyobozi bw’ikipe ya Raja ndetse n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu gihugu cya Maroc.

Binyuze ku rukuta rwa Twitter rwa Rayon Sports, bagaragaje ifoto iriho umuyobozi wa Rayon afashe umwenda wa Raja ndetse ari kumwe na Rachid Andaloussi umuyobozi wa Raja anwe afashe umwenda wa Rayon Sports, ibi bikaba ari ikimenyetso cy’ubufatanye bwatangijwe hagati y’amakipe bayoboye.

Mu masezerano hagati y’aya makipe hategerejwemo urugendoshuri

Mubyo amakipe yombi ategerejweho muri aya masezerano harimo ko hazkorwa urugenoshuri hagati y’aya makipe yombi, aha ni ukuvuga ko ikipe imwe izajya ifata umwanya ikerekeza aho indi kipe ibarizwa kwiga uko imwe mu mirimo itandukanye ikorwa mu rwego rwo kwiteza imbere.

Ubu bufatanye buzibanda kandi kuguhana amahugurwa

Aha twavuga ko by’umwihariko ku ikipe ya Raja izafata umwanya wo gutegurira amahugurwa bamwe mu bagize ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports, amakuru hari aravuga ko bamwe mu bayobozi ba Gikundiro by’umwihariko baba muri Office yayo bazahabwa amahugurwa na bamwe mu bayobozi ba Raja.

Hazategurwa amarushanwa azitabirwa n’abakinnyi bayo makipe

Biteganyijwe ko ikipe imwe izajya itegura amarushanwa y’abakiri bato mu bihugu byombi hanyuma abakinnyi bajye kwitabira ayo marushanwa by’umwihariko abakinnyi bato ba Rayon Sports bakazitabira irushanwa rizaba ryateguwe n’iyi kipe ikomeye muri Maroc ndetse no kuri uyu mugabane.

Andi makuru aravuga ko ikipe ya Raja Casablanca izategura amarushanwa aho izatumira amakipe yandi ane yo kuri uyu mugabane hakiyongeraho yo ubwayo ndetse na Rayon Sports rikaba irushanwa ry’amakipe atandatu azakina hagati yayo, iri rushanwa rikazaba ari nk’irushanwa rizabanziriza intangiriro za shampiyona mu bihugu bitandukanye.

Guhererekanya abakinnyi hagati y’amakipe yombi

Ku ruhande rwa Raja Casablanca ngo irategura uburyo bamwe mu bakinnyi bayo izabatiza ikipe ya Gikundiro kugirango bayifashe mu marushanwa atandukanye iyi kipe izakina, aha twavuga nka shampiyona y’igihugu ndetse n’igikombe cy’Amahoro kibera mu Rwanda.

Mu gihe Rayon Sports kandi yitabiriye amarushanwa mpuzamahanga harimo nka CECAFA, CAF Champions League cyangwa se Confederations Cup izakomeza kwifashisha aba bakinnyi bazaba batanzwe n’ikipe ya Raja.

Ku ruhande rwa Rayon kandi nayo ifite amahirwe yo gutanga abakinnyi bayo bitwaye neza mu mikino izaba yakinnye, aha twavuga nk’umukinnyi ushaka kuzamura urwego rwo gukina iyi kipe ya Raja ikazamuha ikaze mu ikipe yayo kubera aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa mbere muri Maroc.

Mu bindi bitegerejwe mu aya masezerano harimo kandi ubufatanye mu bijyanye no guteza imbere ibikorwa birimo ubucuruzi ndetse kandi hakabamo no gufashanya mu bikokorwaremezo.

Mbere y’uko urugendo rwa perezida wa Rayon Sports Uwayezu Jean Fidele rusozwa biteganyijwe ko azakurikirana kandi n’umukino wa shampiyona uzahuza ikipe ya Raja Casablanca ndetse n’ikipe ya Renaissance sportive de Berkane.

Raja Club Athletic ni imwe mu makipe akomeye mu gihugu cya Maroc kuko yashinzwe mu mwaka wa 1949, ni ikipe kandi ifite ibikombe 12 bya shampiyona, 8 by’igihugu ndetse n’ibindi bikombe 3 bya CAF Champions League ndetse n’ibindi 2 bya CAF Confederations.

2021-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

RUSHYASHYA 26 May 2026
Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Ubwanditsi 25 Oct 2019
Ingabo z’u Rwanda zirahakana amakuru avuga ko zinjiye ku butaka bwa Congo

Ingabo z’u Rwanda zirahakana amakuru avuga ko zinjiye ku butaka bwa Congo

Ubwanditsi 26 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Intore Masamba yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Sosiyete icuruza ibikomoka kuri Peteroli ya ENGEN
Amakuru

Umuhanzi Intore Masamba yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Sosiyete icuruza ibikomoka kuri Peteroli ya ENGEN

Ubwanditsi 20 Nov 2021
AS Kigali yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023,yasinyishije myugariro Manzi Thierry amasezerano y’imyaka ibiri
Amakuru

AS Kigali yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023,yasinyishije myugariro Manzi Thierry amasezerano y’imyaka ibiri

Ubwanditsi 06 Feb 2023
Polisi y’u Rwanda irakangurira Abaturarwanda gufata ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irakangurira Abaturarwanda gufata ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 14 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru