• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Ubwanditsi 22 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ku wa  05 Werurwe 2019, muri Komini ya Buganda, itsinda rinini rigizwe n’imitwe yitwaje intwaro ari yo FDLR na RNC binjiye ku butaka bw’u Burundi, baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo,  hari saa mbiri z’igitondo.

Abaturage bo ku muhanda wa 4 muri komini ya Buganda, babyukijwe no kumva igihiriri cy’abantu benshi baturutse kuri Rusizi, kuko aho hantu bihana imbibi.

Amakuru Rushyashya ikesha bimwe mu bitangazamakuru mu Burundi, avuga ko abo baturage baturiye iyo komini, batunguwe n’uburyo abo bantu bavugaga mu rurimi bumva ntacyo bishisha ari cyo ‘‘ikinyarwanda’’.

Amakuru avuga ko icyo gihiriri  cy’abantu bitwaje intwaro cyanyuze aho, gikurikirwa n’irindi tsinda ry’abantu kandi bari banyuze ho mu byumweru bibiri bishize muri Komini ya Mabayi muri iyo ntara.

Abaturage ntabwo bahwemye gukomeza kubibwira ubuyobozi ko bafite ubwoba n’impungenge ziterwa n’urujya n’uruza rw’abantu bitwaje intwaro bikekwa ko ari  FDLR , Imbonerakure n’Interahamwe zijya mu ishyamba rya Kibira zivuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyo mitwe yitwaje intwaro igizwe na FDLR , RNC,  Imbonerakure n’interahamwe biganje mu duce twa Butahama no ku musozi wa Rutabo. Mu gihe iyi inkuru yatunganywaga, umubare w’uyu mutwe witwaje intwaro, bari mu duce dutandukanye mu Kibira, ugenda wiyongera.

Uyu mubare  kandi w’izo mbonerakure n’interahamwe wakomeje kwiyongera uhereye ku wa 06 Werurwe 2019, nkuko byavuzwe na bamwe mu baturage baturiye ako gace.

Uwaduhaye aya makuru avuga ko mu modoka ishinzwe kujyana iyo mitwe y’itwaje intwaro, abayobozi batatu muri bo boherejwe aho hantu. Aho babiri boherejwe i Mabayi na ho undi yoherezwa muri Komini Mugina, abandi bajyanwa muri zone ya Nyamakarabo mu gace kazwi ku izina rya Nyempundu.

Iyo myiteguro,  igamije guhungabanya umutekano w’uRwanda,  baciye mu ishyamba rya Nyungwe ngo yaba yarakomeje kugeza ku wa 10 Werurwe 2019.

Ikigamijwe ni uguhuza ingufu, y’iyo mitwe  yose yitwaje intwaro  irimo Imbonerakure  n’interahamwe zituruka muri Komini ya Rugombo na Buganda n’abandi boherejwe muri Komini Mabayi na Bukinanyana. Bayobowe n’uwitwa Manirakiza Safiri bakunze kwita Maître.

Uwo kandi avuga rikijyana, azwi n’abaturage bo muri Cibitoki, kuko yagiye ayobora amahugurwa y’imitwe yitwaje intwaro y’Imbonerakure, agamije icyo gikorwa. Ayo mahugurwa yakorwaga mu byumweru byinshi mu gihe cy’amanywa y’ihangu, bigakorerwa muri Sitade ya Rugombo, ku mugaragaro ku karubanda abantu bose babihera ijisho.

Tubamenyeshe ko iyo mitwe yitwaje intwaro  irimo Imbonerakure, n’interahamwe boherejwe Mabayi, bigaragara ko muri iyo komini gusa, hari abagera ku mubare w’abantu 80.

Muri abo, abantu 50 ni bo bagannye mu ishyamba rya Kibira naho 30 basigara mu rugo rw’umujenerali witwa Adolphe. Amakuru dufitiye gihamya ni uko igikorwa cyo kohereza bamwe muri bo cyatangiye boherezwa iy’ishyamba rya Nyungwe, bafatanyije n’umutwe w’iterabwoba FDLR na RNC, kuko bashyigikiwe n’Ingabo z’Uburundi.

Inzego zishinzwe umutekano mu Rwanda zirasaba abaturage b’Abanyarwanda begereye umupaka n’Uburundi kwirinda icyatuma bakora ingendo bajya muri Gihugu cy’u Burundi.

Mu gihe bimeze gutyo ,Umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba, Gen. Maj. Mubarak Muganga, yihanangirije abaturiye ikigo cya gisirikare cya Gako giherereye mu Karere ka Bugesera, bajyagamo batabyemerewe bakiha no guhangana n’ingabo z’igihugu.

Gen. Maj. Mubarak yanavuze ko hari abakoresha iryo shyamba bazana ibiyobyabwenge bakuye i Burundi, abandi baza guhungabanya umutekano , asaba abaturage kubicikaho. “Mugabanye akarenge kajya i Burundi kugeza bavuye ibuzimu bakajya i buntu” .

Ni mu kiganiro cyahuje ku wa gatatu umukuru w’ingabo mu ntara y’uburasirazuba ndetse n’umuyi wa Kigali, Jeneral Mubarak Muganga, ari kumwe na guverineri w’iyo ntara n’abaturage abo bayobozi basobanuye ko nta mpamvu ihari y’abanyarwanda kujya mu Burundi mu gihe umubano n’icyo gihugu utifashe neza.

“ Ntampamvu yo kujya hariya hiriya hakurya rwose.” Jeneral Mubarak Muganga akomeza agira ati; “ Gushakana turabyemera ,arikokuberako bariya bavandimwe muri iyi minsi ari kuriya bimeze abajyaga gushakayo abageni ni muhindukire natwe dufite abageni wenda duhere mu ntara yacu mu turere 7 harimo abageni igitero.” Jenerali Muganga akomeza avuga ko ataje gutandukanya imiryango ariko ko hari impamvu abasaba kwigegesera.

“ Batubereye abaturanyi babi namwe murabahobera cyane aho kumva mwarasanira Igihugu cyanyu  kitwa u Rwanda mwumva mwarasanira ba sobukwe na ba nyokobukwe, ubu rero mwaba mugabanyije akarenga kajya hariya kugeza ubwo bava ibuzima bakajya ibuntu mukagabanye nabo mwakiraga hano kuko baza bazanywe na byinshi.”

Jenerali Muganga yasabye abaturage kureka kwigabiza ishyamba rya Gako maze asobanura ko iri shyamba rishobora kwifashishwa n’abagizi ba nabi ko kuri ubwo; uwari we wese uzarifatirwamo atazihanganirwa.

Ku ruhande rw’abaturage begereye umupaka w’Uburundi, benshi bemeza ko batakwerekeza muri icyo gihugu,ko ahubwo usanga Abarundi aribo bambuka.

Kuva aho umubano w’u Rwanda n’Uburundi uziyemo agatotsi,ni bwo bwa mbere inzego zishinzwe umutekano z’u Rwanda zigira inama abaturage kutajya mu Burundi.

Iki cyemezo kije gikurikira igiherutse gufatwa na Leta y’u Rwanda kibuza Abanyarwanda gukora ingendo mu gihugu cya Uganda. Leta y’u Rwanda isobanura ko Abanyarwanda bagiye Uganda bahura n’ihohoterwa.

2019-03-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi

Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi

RUSHYASHYA 07 Jul 2026
Hejuru y’imyaka 30 yakatiwe amaze guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Augustin Ngirabatware yongereweho indi myaka 2 kubera gutera ubwoba abatangabuhamya

Hejuru y’imyaka 30 yakatiwe amaze guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Augustin Ngirabatware yongereweho indi myaka 2 kubera gutera ubwoba abatangabuhamya

Ubwanditsi 28 Jun 2021
Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Ubwanditsi 13 Aug 2021
Burundi: Leta yatanze isoko kuri  kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Burundi: Leta yatanze isoko kuri kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Ubwanditsi 21 Nov 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Emmy
    March 22, 20195:04 pm -

    Abari namatwi yo kumva nibumve kandi nyamwanga kubwirwa ntiyanze kubona .reka twicungire umutekano abamenyereye kumena amaraso bamenye KO Igihugu cyacu kirinzwe nabana bacyo n’Imana iri muruhande rwacu.nkuko yarinze abanyesirayeli soma 2Abami 6:8-23.umugambi mubi Imana ntiwuha umugisha.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika
Amakuru

Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika

RUSHYASHYA 19 Mar 2026
DJ Ira yavuze ko mu kazi ke hari abamwibeshyaho bakamwitiranya n’indaya
SHOWBIZ

DJ Ira yavuze ko mu kazi ke hari abamwibeshyaho bakamwitiranya n’indaya

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Gushima no kwishimira ibyagezweho
Mu Rwanda

Gushima no kwishimira ibyagezweho

Ubwanditsi 18 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru