• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Ubwanditsi 13 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ku munsi w’ejo BBC Gahuza Miryango ku rubuga rwayo rwa Internet rwatangaje inkuru ndende ifite umutwe w’inkuru igira iti “Abashyigikiye umutwe wiyita Leta ya Isilamu (IS) bibasiye u Rwanda mu butumwa kuri Interneti”.

Iyi nkuru ni ihuriro ry’ibyatangajwe n’imitwe y’iterabwoba mu rwego rwo guca integer, nubwo bitashoboka ingabo z’u Rwanda, kuko ntizabatinye ku masasu; icyo BBC yashakaga kugeraho ni ugukwirakwiza ubu butumwa berekana ko hari abatishimiye ibyo ingabo z’u Rwanda ziri kugeraho. Gusa birababaje kuba ari BBC ikwirakwiza ibi binyoma.

Ese ko uyu mutwe wiyita Leta ya Islam wirirwa utuka Ubwongereza n’Amerika yaba mu ntambara zo muri Afuganisitani n’ahandi, BBC yigeze itangaza ko IS yibasiye America n’u Rwanda? Iyi ntabwo ariyo nkuru ya mbere ya BBC igaragaza ko iri k’uruhande rw’abatishimiye ko ingabo z’u Rwanda zijya ku rwanya iterabwoba kuko hari indi ifite umutwe w’inkuru igira iti “Rwanda – Mozambique: Hari ibibazo bitasubijwe mbere yo koherezayo ingabo?”

Kuri BBC Gahuza Miryango ishami rya Kinyarwanda rikoramo intagondwa zabarizwaga muri Hutu Pawa, tutahwemye kugaragaza bigaragara ko kwambika isura mbi Leta y’u Rwanda

Iterabwoba hirya no hino ku isi ryagakwiye kurwanwa hakurikije ubufatanye bw’ibihugu buzira imipaka. Ubwo ibihugu by’Amerika, Ubwongereza n’ibindi byarwanyaga iterabwoba muri Afuganisitani ndahamya neza ko hari ubutumwa bwacicikanaga kuri Internet butuka ibi bihugu.

Ese ibinyamakuru byo mu Bwongereza cyangwa Amerika byigeze biha agaciro izo nyandiko? Mu gihe mu ntara ya Cabo Delgado ubuzima busa n’ubugaruka ku baturage basaga ibihumbi 800 bari bamaze imyaka isaga ibiri barahunze ibyihebe, ubu bamwe basubiye mu byabo abandi akanyamuneza ni kose kuko baziko ibyo byihebe byirukanwe bikayabangira ingata. Gusa aya si amakuru kuri BBC, yo ikiyihangayikishije ni ukuba ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambike.

Ntabwo ari umurongo wa BBC gusa, ahubwo bawuhuje n’abenshi mu barwanya u Rwanda babajwe nuko ingabo zoherejwe Mozambike noneho barwara umusonga nyuma yaho mu byumweru bibiri gusa, ingabo z’u Rwanda zafashe icyambu cya Mocímboa da Praia cyafatwaga nk’umurwa mukuru w’ibyihebe.

Kuva kandi ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda byivugira mu byumweru bibiri gusa, hari bamwe bigize abasesenguzi kandi bari baracecetse ubwo iyi ntara yari mu maboko y’intagondwa.

2021-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Ubwanditsi 28 Jul 2016
Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka  (Interpol)

Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka (Interpol)

Ubwanditsi 02 Aug 2019
Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Ubwanditsi 01 May 2021
Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

Ubwanditsi 13 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza
INKURU NYAMUKURU

Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Ni iki kihishe inyuma y’inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zisirisimba mu Ntara ya Cibitoke,  ku mupaka w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ni iki kihishe inyuma y’inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zisirisimba mu Ntara ya Cibitoke, ku mupaka w’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Apr 2019
Tubane James yeruye avuga impamvu yatumye asohoka muri Rayon Sports
IMIKINO

Tubane James yeruye avuga impamvu yatumye asohoka muri Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru