• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gushima no kwishimira ibyagezweho

Gushima no kwishimira ibyagezweho

Ubwanditsi 18 May 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yatangiye ku mugaragaro mu gihugu hose, ibikorwa by’iterambere ry’abaturage n’ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha, no guhererekanya ibyatanzwe na Polisi y’u Rwanda ku baturage b’umudugudu wa Nyamikori, akagari ka Cyanya ,umurenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe; n’abaturage b’umudugudu wa Rugarama, akagari ka Gatobotobo, umurenge wa Giti mu karere ka Gicumbi. Aba baturage baravuga uburyo bashimishijwe n’ibyo bahawe :

Kirehe

Kinyata Lameki, umuhinzi akaba n’umubyeyi w’abana bane , yijeje kuzarinda ivomo ry’amazi meza bahawe.Yavuze ko abaturage bagera kuri 600 bajyaga kuvoma kure, ariko ubu bagiye kujya bakoresha igihe gito bavoma bakabona uko bikorera indi mirimo no kutongera guhura n’imvune nyuma y’uko bubakiwe amavomo 4.

Yankurije Belancile arashimira Polisi y’u Rwanda kandi akizeza ko azatanga amakuru ku bacuruzi b’ibiyobyabwenge bazashaka guhindura agace atuyemo inzira yabyo.

Ndabakeka Samuel, umwe mu bahawe amashanyarazi y’imirasire y’izuba avuga ko mbere yo kuyabona , buri umwe mu bana be bane yakoreshaga itadowa kugirango bakore imikoro yabo yo ku ishuri;hakiyongeraho guhumeka umwotsi w’ayo matadowa utera indwara z’ubuhumekero.

Imitavu: Itorero ry’abana bari hagati y’imyaka 4 na 14 bo mu murenge wa Gahara basusurukije abitabiriye umuhango mu ikinamico irimo urwenya n’inyigisho zitandukanye.

Gicumbi:

Kimonyo Boniface: umukambwe w’imyaka 97 y’amavuko, agira ati:” Dufite imihanda, twahawe inka, dufite umutekano, dufite n’umuriro by’umwihariko no mu nzu yanjye, ibi ntibyigeze bibaho muri Giti, ndinze ngana ntya nta muyobozi nkamwe uje muri Giti, dufite ubuyobozi bwiza.”

Uzamukunda Ruth: umubyeyi w’imyaka 42, ufite abana 6 bose biga we agira ati:” Nishyuraga amafaranga 100 yo gushyira umuriro muri telefoni yanjye, ibyo ntibizongera; umwana wanjye uzakora ikizami cya Leta yari yarabonye amanota 76 ku ijana, ubu ndahamya ko azabona menshi kubera kwigira ku matara, sinabona uko nshimira umukuru w’igihugu wanaduhaye inzitiramibu, twari twarazahajwe na malaria, harakabaho ubuyobozi bwatugejeje kuri ibi byose.”

Mukansanga Ruth: Umubyeyi w’imyaka 58, ufite abana babiri bazakora ibizami bya Leta agira ati:” Ubu nta mpungenge mfite ku manota abana banjye bazagira kuko bigira ku muriro, mudushimirire umukuru w’igihugu Paul Kagame waduhaye uyu muriro akaduha n’inka, muti nta mwana ukirwara bwaki kubera ibyo wabagejejeho.”

RNP

2017-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FERWAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko amakipe azahura mu gice cy’imikino yo kwishyura muri Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022

FERWAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko amakipe azahura mu gice cy’imikino yo kwishyura muri Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022

Ubwanditsi 08 Feb 2022
APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

Ubwanditsi 24 May 2021
Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Ubwanditsi 02 Sep 2016
WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

Ubwanditsi 04 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange
UBUKUNGU

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ubwanditsi 10 May 2018
Inshoreke ya Nyamwasa Joseline Muhorakeye, irashaka umutwe wa Lea Karegaya ku isahani
INKURU NYAMUKURU

Inshoreke ya Nyamwasa Joseline Muhorakeye, irashaka umutwe wa Lea Karegaya ku isahani

Ubwanditsi 30 Mar 2020
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru