• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gushima no kwishimira ibyagezweho

Gushima no kwishimira ibyagezweho

Ubwanditsi 18 May 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yatangiye ku mugaragaro mu gihugu hose, ibikorwa by’iterambere ry’abaturage n’ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha, no guhererekanya ibyatanzwe na Polisi y’u Rwanda ku baturage b’umudugudu wa Nyamikori, akagari ka Cyanya ,umurenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe; n’abaturage b’umudugudu wa Rugarama, akagari ka Gatobotobo, umurenge wa Giti mu karere ka Gicumbi. Aba baturage baravuga uburyo bashimishijwe n’ibyo bahawe :

Kirehe

Kinyata Lameki, umuhinzi akaba n’umubyeyi w’abana bane , yijeje kuzarinda ivomo ry’amazi meza bahawe.Yavuze ko abaturage bagera kuri 600 bajyaga kuvoma kure, ariko ubu bagiye kujya bakoresha igihe gito bavoma bakabona uko bikorera indi mirimo no kutongera guhura n’imvune nyuma y’uko bubakiwe amavomo 4.

Yankurije Belancile arashimira Polisi y’u Rwanda kandi akizeza ko azatanga amakuru ku bacuruzi b’ibiyobyabwenge bazashaka guhindura agace atuyemo inzira yabyo.

Ndabakeka Samuel, umwe mu bahawe amashanyarazi y’imirasire y’izuba avuga ko mbere yo kuyabona , buri umwe mu bana be bane yakoreshaga itadowa kugirango bakore imikoro yabo yo ku ishuri;hakiyongeraho guhumeka umwotsi w’ayo matadowa utera indwara z’ubuhumekero.

Imitavu: Itorero ry’abana bari hagati y’imyaka 4 na 14 bo mu murenge wa Gahara basusurukije abitabiriye umuhango mu ikinamico irimo urwenya n’inyigisho zitandukanye.

Gicumbi:

Kimonyo Boniface: umukambwe w’imyaka 97 y’amavuko, agira ati:” Dufite imihanda, twahawe inka, dufite umutekano, dufite n’umuriro by’umwihariko no mu nzu yanjye, ibi ntibyigeze bibaho muri Giti, ndinze ngana ntya nta muyobozi nkamwe uje muri Giti, dufite ubuyobozi bwiza.”

Uzamukunda Ruth: umubyeyi w’imyaka 42, ufite abana 6 bose biga we agira ati:” Nishyuraga amafaranga 100 yo gushyira umuriro muri telefoni yanjye, ibyo ntibizongera; umwana wanjye uzakora ikizami cya Leta yari yarabonye amanota 76 ku ijana, ubu ndahamya ko azabona menshi kubera kwigira ku matara, sinabona uko nshimira umukuru w’igihugu wanaduhaye inzitiramibu, twari twarazahajwe na malaria, harakabaho ubuyobozi bwatugejeje kuri ibi byose.”

Mukansanga Ruth: Umubyeyi w’imyaka 58, ufite abana babiri bazakora ibizami bya Leta agira ati:” Ubu nta mpungenge mfite ku manota abana banjye bazagira kuko bigira ku muriro, mudushimirire umukuru w’igihugu Paul Kagame waduhaye uyu muriro akaduha n’inka, muti nta mwana ukirwara bwaki kubera ibyo wabagejejeho.”

RNP

2017-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bruxelles : Pastori Patrick Kamanzi wahoze muri Zion Temple yafotowe yambaye uko yavutse mu cyumba cya Hotel

Bruxelles : Pastori Patrick Kamanzi wahoze muri Zion Temple yafotowe yambaye uko yavutse mu cyumba cya Hotel

Ubwanditsi 27 Aug 2017

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes niyo makipe yageze muri 1/2 cy’imikino yo gukina ikiciro ya mbere mu bagabo umwaka w’imikino wa 2021-2022

Ubwanditsi 07 Oct 2021
Abantu 652 bafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha mu byumweru umunani

Abantu 652 bafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha mu byumweru umunani

Ubwanditsi 24 Oct 2019
Urukiko rwasabwe gutesha agaciro ibiregwa Musenyeri Ntihinyurwa

Urukiko rwasabwe gutesha agaciro ibiregwa Musenyeri Ntihinyurwa

Ubwanditsi 13 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Col. Nizeyimana bita ‘Ruhambabazima’ wo muri FDLR yishyikirije FARDC
HIRYA NO HINO

Col. Nizeyimana bita ‘Ruhambabazima’ wo muri FDLR yishyikirije FARDC

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Teteri Agnes Umugore wa Eugene Gasana aravugwa mu bikorwa bya Politiki
ITOHOZA

Teteri Agnes Umugore wa Eugene Gasana aravugwa mu bikorwa bya Politiki

Ubwanditsi 30 May 2017
Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.
Amakuru

Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.

Ubwanditsi 22 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru