• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Ubwanditsi 02 Sep 2016 Mu Rwanda

Nubwo umunsi wo gutangiza ibiganiro ku wa 02 Nzeri 2016 hagati y’abanyepolitiki, sosiyete sivile baturuka mu mashyaka atandukanye akorera ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ntabwo ibyo biganiro nyiri izina byari byatangira bitewe ni uko bamwe mu banyepoliki batavuga rumwe n’ubutegetsi batari babyumvikanaho.

Ibyo biganiro biri kubera mu Mujyi wa Kinshasa Umurwa mukuru wa RDC bikaba biyobowe na Edem Kodjo ufite inkomoko muri Togo akaba yarigeze kuba Ministiri w’Intebe w’icyo gihugu, bamwe mu banyepolitiki ntabwo bemera ko uwo muhuza ari we wayobora ibyo biganiro ahubwo bakifuza ko abanyekongo ubwabo ari bo babyikorera nta munyamahanga ubyivanzemo.

Ishyaka rya UDPS ryashinzwe na Etienne Kisekedi bo bavuga ko badashobora kwitabira ibyo biganiro aho bifuza ko imfungwa za politiki zabanza gufungurwa, bagatanga urubuga ku abanyamakuru mu gutangaza inkuru z’ibyo biganiro no kudakomeza gukurikirana abanyepoliki batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Vital Kamerhe umunyepoliki utavuga rumwe n’ubutegetsi yagize ati ‘‘Turasaba ko ibiganiro byaba biretse kugira ngo twebwe abatavuga rumwe n’ubutegetsi tubanze twemeze bagenzi bacu na bo bazitabira ibyo biganiro harimo n’ishyaka rya Etienne Kisekedi’’.

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bo ku ruhande rwabo bavuga ko ibiganiro birimo kuba ari ibyo abagize umuryango w’amashyaka ari ku butegetsi bati ‘‘Twebwe ntabwo bitureba kuko ibiganiro biduhuza twese twari dutegereje ntabwo byari byatangira’’.

Nubwo bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi batari bitabira ibyo biganiro ariko hari bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bamaze kubyitabira, kuko umuhuza muri ibyo biganiro ari we Edem Kodjo yabitangije ku mugaragaro ku wa 01 Nzeri 2016.

Ibyo biganiro bihuza impuzamashyaka zituruka mu mashyaka atandukanye harimo abanyepolitiki, sosiyete sivile, ibyo biganiro bikaba bibera muri site yitiriwe ubumwe bw’Afurika mu Mujyi wa Kinshasa.

Ibyo biganiro birahuza amashyaka ashamikiye ku ishaka rya PPRD riyobowe na Perezida Joseph Kabila bita MP (Majororite Présidentielle) sosiyete sivile n’abandi b’inararibonye ku igiti cyabo bagiriwe icyizere bagahabwa ubutumire.

Abashyitsi muri uwo muhango hari Komiseri Mukuru w’Ubumwe bw’Afurika (AU) n’Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (ONU).

Ibyo biganiro bigamije kwiga uburyo inzibacuho abanyekongo bayivamo nta mvururu zibayemo kuko nta ngengo y’imari y’amatora yabonetse, ibyo biganiro kandi bigamije ko amaraso y’abanyagihugu ataseseka aho mu bihugu bimwe by’Afurika byagiye byigaragaza nyuma y’amatora bitewe no kutumvikana hagati y’abafite inyota y’ubutegetsi.

-3939.jpg

Ibyo biganiro bizibanda uburyo ubutegetsi muri icyo gihugu bwasaranganywa, kuko uhereye ku wa 19 Nzeri 2016 manda ya Perezida Joseph Kabila yagombye kuba irangiye bikaba biteganyijwe ko iyo inama izashyira ahagaragara uburyo ubutegetsi buzaba buyobowe aho abanyekongo bagomba kusaranganya mbere y’amatora.

Abazitabira iyo nama ku rwego rw’igihugu bagomba kugena uzayobora ndetse n’uburyo bizakorwa nta mvururu kugira ngo abantu bakomeze kuba mu mahoro nta maraso amenetse.

Umwanditsi wacu

2016-09-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Ubwanditsi 06 Apr 2021
U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

Ubwanditsi 10 May 2021
Abanye-Congo 21 bakekwaho guteza imyigaragambyo mu nkambi ya Kiziba bagejejwe mu butabera

Abanye-Congo 21 bakekwaho guteza imyigaragambyo mu nkambi ya Kiziba bagejejwe mu butabera

Ubwanditsi 29 Mar 2018
AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

Ubwanditsi 14 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM
UBUKUNGU

U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Ubwoba ni bwose mu nkambi y’impunzi z’Abarundi ya Lusenda
Mu Mahanga

Ubwoba ni bwose mu nkambi y’impunzi z’Abarundi ya Lusenda

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Norway : Willy Nyamitwe yahuye n’Abarwanya Leta y’u Rwanda ‘Ishyaka Ishema’ rya Padiri Nahimana n’abateruzi b’ibibindi
ITOHOZA

Norway : Willy Nyamitwe yahuye n’Abarwanya Leta y’u Rwanda ‘Ishyaka Ishema’ rya Padiri Nahimana n’abateruzi b’ibibindi

Ubwanditsi 31 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru