• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Ubwanditsi 02 Sep 2016 Mu Rwanda

Nubwo umunsi wo gutangiza ibiganiro ku wa 02 Nzeri 2016 hagati y’abanyepolitiki, sosiyete sivile baturuka mu mashyaka atandukanye akorera ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ntabwo ibyo biganiro nyiri izina byari byatangira bitewe ni uko bamwe mu banyepoliki batavuga rumwe n’ubutegetsi batari babyumvikanaho.

Ibyo biganiro biri kubera mu Mujyi wa Kinshasa Umurwa mukuru wa RDC bikaba biyobowe na Edem Kodjo ufite inkomoko muri Togo akaba yarigeze kuba Ministiri w’Intebe w’icyo gihugu, bamwe mu banyepolitiki ntabwo bemera ko uwo muhuza ari we wayobora ibyo biganiro ahubwo bakifuza ko abanyekongo ubwabo ari bo babyikorera nta munyamahanga ubyivanzemo.

Ishyaka rya UDPS ryashinzwe na Etienne Kisekedi bo bavuga ko badashobora kwitabira ibyo biganiro aho bifuza ko imfungwa za politiki zabanza gufungurwa, bagatanga urubuga ku abanyamakuru mu gutangaza inkuru z’ibyo biganiro no kudakomeza gukurikirana abanyepoliki batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Vital Kamerhe umunyepoliki utavuga rumwe n’ubutegetsi yagize ati ‘‘Turasaba ko ibiganiro byaba biretse kugira ngo twebwe abatavuga rumwe n’ubutegetsi tubanze twemeze bagenzi bacu na bo bazitabira ibyo biganiro harimo n’ishyaka rya Etienne Kisekedi’’.

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bo ku ruhande rwabo bavuga ko ibiganiro birimo kuba ari ibyo abagize umuryango w’amashyaka ari ku butegetsi bati ‘‘Twebwe ntabwo bitureba kuko ibiganiro biduhuza twese twari dutegereje ntabwo byari byatangira’’.

Nubwo bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi batari bitabira ibyo biganiro ariko hari bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bamaze kubyitabira, kuko umuhuza muri ibyo biganiro ari we Edem Kodjo yabitangije ku mugaragaro ku wa 01 Nzeri 2016.

Ibyo biganiro bihuza impuzamashyaka zituruka mu mashyaka atandukanye harimo abanyepolitiki, sosiyete sivile, ibyo biganiro bikaba bibera muri site yitiriwe ubumwe bw’Afurika mu Mujyi wa Kinshasa.

Ibyo biganiro birahuza amashyaka ashamikiye ku ishaka rya PPRD riyobowe na Perezida Joseph Kabila bita MP (Majororite Présidentielle) sosiyete sivile n’abandi b’inararibonye ku igiti cyabo bagiriwe icyizere bagahabwa ubutumire.

Abashyitsi muri uwo muhango hari Komiseri Mukuru w’Ubumwe bw’Afurika (AU) n’Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (ONU).

Ibyo biganiro bigamije kwiga uburyo inzibacuho abanyekongo bayivamo nta mvururu zibayemo kuko nta ngengo y’imari y’amatora yabonetse, ibyo biganiro kandi bigamije ko amaraso y’abanyagihugu ataseseka aho mu bihugu bimwe by’Afurika byagiye byigaragaza nyuma y’amatora bitewe no kutumvikana hagati y’abafite inyota y’ubutegetsi.

-3939.jpg

Ibyo biganiro bizibanda uburyo ubutegetsi muri icyo gihugu bwasaranganywa, kuko uhereye ku wa 19 Nzeri 2016 manda ya Perezida Joseph Kabila yagombye kuba irangiye bikaba biteganyijwe ko iyo inama izashyira ahagaragara uburyo ubutegetsi buzaba buyobowe aho abanyekongo bagomba kusaranganya mbere y’amatora.

Abazitabira iyo nama ku rwego rw’igihugu bagomba kugena uzayobora ndetse n’uburyo bizakorwa nta mvururu kugira ngo abantu bakomeze kuba mu mahoro nta maraso amenetse.

Umwanditsi wacu

2016-09-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda abakandida bigenga basabwa sinyatire 600 naho muri Kenya bagasabwa 48,000

Mu Rwanda abakandida bigenga basabwa sinyatire 600 naho muri Kenya bagasabwa 48,000

Ubwanditsi 19 Jun 2017
Gen Kabarebe yahaye impanuro  abanyamakuru bari mu cyiciro cya kabiri cy’itorero  ry’ Impamyabigwi

Gen Kabarebe yahaye impanuro abanyamakuru bari mu cyiciro cya kabiri cy’itorero ry’ Impamyabigwi

Ubwanditsi 24 Apr 2017
Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

RUSHYASHYA 18 Feb 2026
Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Ubwanditsi 06 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC
POLITIKI

Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa  ahantu hataramenyekana
Mu Rwanda

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Ubwanditsi 01 Sep 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 28 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru