• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mu Rwanda abakandida bigenga basabwa sinyatire 600 naho muri Kenya bagasabwa 48,000

Mu Rwanda abakandida bigenga basabwa sinyatire 600 naho muri Kenya bagasabwa 48,000

Ubwanditsi 19 Jun 2017 Mu Rwanda

Muri iyi minsi hari ibihugu bibiri nkunze gufataho ingero kurusha ibindi. Ibyo ni u Rwanda na Kenya n’impamvu ikaba ari uko byombi biri mu myiteguro y’amatora azokorwa mu minsi yegeranye kandi ibi bihugu uko ari bibiri bikaba bifite imikoranire myiza muri EAC.

Ibi bihugu byombi biri mu bihe bisa kandi bikomeye. Imyiteguro n’amatora nyirizina ni ibintu bihenze, bivunanye, bigomba kwitonderwa kuko bikurura impaka zishobora kubamo iza ngo turwane !

Igihugu icyo aricyo cyose kitwa yuko kigendera kumahame ya Demokarasi kigomba kugira komisiyo y’amatora, ifite abakozi n’ibikoresho bihagije.

Tubivuze mu nyito y’icyongereza komisiyo y’amatora mu Rwanda yitwa National Electoral Commission (NEC) naho muri Kenya ikitwa Independent Electoral and Boundaries Commission (IEBC). Izi komisiyo zombi hari ikintu gikomeye zihurijeho.

Yaba Prof Kalisa Mbanda ukuriye NEC cyangwa Wafura Chebukali ukuriye IEBC, bakomeje gushimangira yuko amafaranga yo kuzakoreshwa mu matora ahari kandi ahagije ! Ibyo ni byiza cyane kuko muri DRC ho amatora yananiranye gukorwa ngo kubera ikibazo cy’amafaranga !

Amatora ya Perezida wa Repubulika mu Rwanda azaba tariki 04/08/2017 naho muri Kenya akazaba tariki 08/8/2017.

Hano mu Rwanda usanga bamwe bavuga yuko abifuza kuziyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika basabwa ibintu bibananiza, cyane binubira umubare basabwa w’abantu bagomba kubasinyira ngo kadidatire zabo zibe zakwemerwa muri NEC.

Ariko noneho tekereza. Mu gihe hano mu Rwanda uwifuza kuzaba umukandida wigenga ku mwanya w’umukuru w’igihugu asabwa gusinyirwa n’abantu bafite ikarita y’itora 600 harimo nibura 12 kuva muri buri Karere, muri Kenya ho usinyirwa n’abantu 48,000 nibura 24 bava muri buri karere.

Muri Kenya kandi hiyongeraho yuko ugusinyira agomba kuba nta mutwe wa politike abarizwamo naho mu Rwanda n’uri mu ishyaka riri ku butegetsi ashobora kugusinyira. Ubwiye umuntu muri Kenya ngo abifuza kuzaba abakandida Perezida mu Rwanda basabwa ibibananiza yaseka cyane kuko bo ibyo basabwa birenze kwemera. Tekereza nka ba Mwenedata iyo itegeko riza kuba rivuga yuko abafite imitwe ya politike babarizwamo batemerewe kubasinyira ! Na none tekereza gusabwa gusinyirwa n’abantu 600 naho muri Kenya bategekwa ibihumbi 48. Muri Kenya birakomeye cyane !

Nubwo ariko muri Kenya abifuzaga kuziyamamaza nk’abakandida bigenga bakomeje gusakuriza ibyo basabwagwa, nta cyahindutse kandi ntibyabujije yuko hari ababibonye kandidatire zabo zikemerwa na komisiyo y’amatora y’icyo gihugu. Kandidatire IEBC yanze ni umunani, hemerwa ebyiri zari zujuje ibyangombwa. Izemewe ni iy’uwitwa Michael Mwaura na Joseph Nyagah.

-7002.jpg

Prof Kalisa Mbanda na Wafura Chebukali of IEBC

Muri Kenya ho abakandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bamaze kumenyekana. Abemejwe na IEBC kuzahatanira uwo mwanya muri ayo matora azaba tariki 08/08/2017 ni umunani, barimo abo babiri bigenga na batandatu baza bahagarariye imitwe ya politike. Abazaba bahagarariye imitwe ya politike ni Perezida Uhuru Kenyatta wa Jubilee n’uwo bari bahanganye ubushize, Raila Odinga wa ODM.

Abandi ni Ekuro Aukot ( Thirdway Alliance Party), Mohammed Abduba Dida (Tunza Qualition), Justuz Juma (Justice and Freedom Party) na Kwa Jirongo Shakhalanga (United Democratic Party).

Mu Rwanda ho NEC iracyakira kandidatire z’abifuza kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, urutonde ntakuka rw’abazaba bemerewe guhatanira uwo mwanya rukazatangazwa mu kwezi gutaha !

Kayumba Casmiry

2017-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Ubwanditsi 11 Mar 2023
Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida

Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Ubwanditsi 26 Mar 2017
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) imaze kubona umuyobozi mushya – ISSA HAYATOU  yatsinzwe

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) imaze kubona umuyobozi mushya – ISSA HAYATOU yatsinzwe

Ubwanditsi 16 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Loni irashyira igitutu kuri Leta ya Nkurunziza ku gushyikirana n’abatavuga rumwe nayo
INKURU NYAMUKURU

Loni irashyira igitutu kuri Leta ya Nkurunziza ku gushyikirana n’abatavuga rumwe nayo

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.
Amakuru

Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda
POLITIKI

Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda

Ubwanditsi 15 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru