• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Ubwanditsi 14 Feb 2019 HIRYA NO HINO

Dusingizimana Furaha Appolline utuye mu Mudugudu wa Tetero, Umurenge wa Kimisagara Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali aravuga ko yabuze ubufasha, harimo no kubura ticket kugira ngo abashe kwitabira irushanwa rya ‘‘Miss Helitage International’’ mu igihugu cya Singapul ku mugabane wa Asia, amahirwe akaba agenda ayoyoka kuko iminsi isigaye ibarirwa ku intoki.

Dusingizimana Furaha Appolline ufite imyaka 22 y’amavuko akaba yararangije amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2015 n’ikiniga n’agahinda kenshi avuga ko abura amafaranga amadolari 1270$ yo kugenda no kugaruka kuko ababatumiye anafite n’ubutumire (invitations) bamubwiye ko bazamwishingira icumbi n’ibindi bikenewe nk’ifunguro n’ibindi bikenewe.

Uwo mwari avuga ko kugira ngo abone ayo mahirwe yabibonye kuri murandasi (interneti) na we apima amahirwe ye bamubaza ibibazo agenda asubiza kugeza ubwo yabitsinze bamwohereza ubutumire (invitations) atangira gushaka ibyangombwa bikenewe byose harimo na passport byose arabibona ariko abura ubushobozi bwo kubona amafaranga y’urugendo kugira ngo agereyo.

Dusingizimana Furaha Appolline

Furaha ngo yajye kwibwira inama ko agomba kwegera ubuyobozi bukamufasha kuko n’ubundi ari bo bari bamufashije kubona bimwe mu byangombwa, yegereye urwego rufite umuco mu inshingano LARC (Inteko y’Umuco n’Ururimi) na bo bamwohereza kuri Minisiteri ya Siporo n’Umuco (Minispoc) ariko baza kumuhakanira ko badafite mu ingengo y’imari ibishinzwe bamusaba ko yakwihangana bakazamurebera ikindi yazakora kuko bidashobotse.

Uwo mwari wari wagize amahirwe yabwiye itangazamakuru ko yari yaramaze kwitegura kuzaserukira u Rwanda kandi ko yari amaze kuba yariteguye afite ibikoresho bijyanye n’umuco nyarwanda kuko biri mu byangombwa agomba kuzerekana.

Bimwe mu bibazo ngo yagiye abazwa harimo kuba yarabajijwe ibiro n’igihagararo, ubwenegihugu, agenda abisubiza kugeza ubwo bamwemereye ko agomba kuza agahatana hamwe n’abandi avuga ko bamwe muri bagenzi be bamaze kugenda ariko we nk’uhagarariye u Rwanda akaba ari we ukibura kuko irushanwa rigomba kuzarangira ku wa 17 Gashyantare 2019 avuga ko abonye ticket kuri ubu yaba agifite amahirwe yo kwitabira irushanwa ry’umurage mpuzamahanga wa aba Nyampinga (Miss Heritage International).

Nanone yatangarije itangazamakuru ko ababyeyi be bakoze ibishoboka ku ruhande rwabo nko kugura imyenda ijyanye n’umuco, ibikoresho n’ibindi ariko ubushobozi bwo kubona amafaranga y’urugendo aba ari yo abura akaba yasaba abagiraneza ko bamufasha akabasha kuzitabira iryo serukiramuco muri Singapulu kugira ngo azagaragaze umuco nyarwanda n’ibyiza bitatse u Rwanda twifuza. No ye yabonekaho ni 078 4226922.

2019-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukutumvikana hagati ya Perezida Museveni n’umugore we ku ishyirwaho ry’umuyobozi wa Makerere

Ukutumvikana hagati ya Perezida Museveni n’umugore we ku ishyirwaho ry’umuyobozi wa Makerere

Ubwanditsi 30 May 2018
Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]

Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka

Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Ubwanditsi 29 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango
Amakuru

Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ubwanditsi 06 May 2025
Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero
HIRYA NO HINO

Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Ubwanditsi 27 Jan 2018
Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho
Mu Mahanga

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Ubwanditsi 14 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru