• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kongera imbaraga n’ubufatanye mu gutanga serivisi nziza: intego ya police, Intara y’Iburengerazuba n’abanyamakuru

Kongera imbaraga n’ubufatanye mu gutanga serivisi nziza: intego ya police, Intara y’Iburengerazuba n’abanyamakuru

Ubwanditsi 02 Jul 2017 Mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba na Polisi y’u Rwanda kuwa gatanu tariki ya 30 Kamena bwagiranye ikiganiro n’abanyamakuru b’Ibitangazamakuru bakorera muri iyi Ntara bungurana ibitekerezo ku mikorere n’imikoranire y’izi nzego.

Ibi biganiro byabereye mu kigo cya Leta kigisha imyuga n’ikoranabuhanga (IPRC) mu ntara y’Iburengerazuba kiri mu karere ka Karongi, byari bifite insanganyamatsiko igira iti:”Kongera imbaraga n’ubufatanye mu gutanga serivisi nziza”.

Mu ijambo rye, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’iyi Ntara Habiyaremye Pierre Célestin wari uhagarariye Intara muri ibi biganiro, yavuze ko imikoranire myiza y’Itangazamakuru n’inzego z’ibanze ari ingenzi mu gutuma habaho imiyoborere myiza igamije iterambere rirambye ry’igihugu n’abaturage.

Yavuze ati:”Ibiganiro nk’ibi byerekana imikoranire myiza hagati y’inzego zikorera abaturage kandi biba ari ngombwa ngo izi nzego zikomeze kubungabunga umutekano w’abaturage.”

Yakomeje avuga ati:”Ibiganiro nk’ibi kandi bituma hatabaho icyuho hagati y’ubuyobozi n’abaturage kuko ibyo ubuyobozi bushaka kugeza ku baturage itangazamakuru ribibagezaho byihuse, dore ko umuyobozi atagera kuri buri muturage byihuse kandi bigatuma abakorera inzego zitandukanye bagera ku mihigo biyemeje bikanatuma abazigize bakorana neza.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege, yavuze ko Itangazamakuru ari Umufatanyabikorwa ukomeye mu kubumbatira no gusigasira umutekano binyuze mu ruhare rigira mu gukangurira abaturarwanda kwirinda ibyaha, ikaba ariyo mpamvu habaho ibiganiro nk’ibi, ndetse kuva mu mwaka wa 2011 izi nzego zombi zikaba zihura buri gihembwe.

Yavuze ati:”Polisi n’Itangazamakuru twese dufite inshingano zimwe kandi tugomba kugeza ku baturage ibyo dukora kuko nibo dukorera.”

Yakomeje avuga ko gukorera ibiganiro nk’ibi mu Ntara bigamije kurushaho kwegera abafatanyabikorwa ba Polisi.

Yavuze ati:”Kuba dufata umwanya tugakorera ibi biganiro mu Ntara, ni ukugirango turusheho kwegera abafatanyabikorwa bacu ngo turusheho gufatanya gukangurira umuryango nyarwanda kwirinda ibyaha kuko twese ntawe ugira inyungu mu ikorwa ryabyo, kandi tukanawushishikariza kwitabira ibikorwa by’iterambere.”
Yibukije abari mu biganiro uburyo Polisi y’u Rwanda imenyekanisha ibyo ishinzwe n’ibyo ikora; aho yavuze ko mu byo ikoresha harimo Urubuga rwayo rwa Murandasi n’Imbuga nkoranyambaga nkaTwitter na Facebook; kandi ko yashyizeho imirongo ya telefone itishyurwa itangirwaho amakuru.

Umuyobozi w’agatenyo w’urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC) yavuze ko inzego nyinshi zikorera mu Rwanda zose zihuriye ku gukorera abaturage aho yavuze ati:”Itangazamakuru, Polisi y’u Rwanda n’Inzego z’ibanze, twese dukorera abaturage. Ntidushobora rero gukora ngo dusenyereze umugozi umwe tutagirana ibiganiro.”

Yakomeje avuga ati:”Hari ibintu byinshi bihuza Polisi y’u Rwanda n’Itangazamakuru niyo mpamvu ibiganiro nyunguranabitekerezo nk’ibi biba ari ngombwa.”

Abanyamakuru banaboneyeho umwanya wo kubaza ibibazo ahanini bishingiye ku mikoranire hagati yabo na Polisi ndetse n’inzego z’ibanze bahabwa ibisubizo bibanyuze.

Ibi biganiro byari byari byanitabiriwe kandi n’umuyobozi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Karasi, n’abayobozi ba Polisi mu turere (DPCs) twose tugize iyi Ntara.

2017-07-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 03 Sep 2021
Peter wahoze muri P Square mu nzira yerekeza i Kigali mu gitaramo gikomeye

Peter wahoze muri P Square mu nzira yerekeza i Kigali mu gitaramo gikomeye

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Ubwanditsi 12 Sep 2019
Aline Gahongayire yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Ni yo yabikoze’ ivuga ku buzima yaciyemo-VIDEO

Aline Gahongayire yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Ni yo yabikoze’ ivuga ku buzima yaciyemo-VIDEO

Ubwanditsi 14 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame Paul yitabiriye imyitozo y’Ingabo isanzwe izwi nka Exercise Hard Punch
Amakuru

Perezida Kagame Paul yitabiriye imyitozo y’Ingabo isanzwe izwi nka Exercise Hard Punch

Ubwanditsi 18 Aug 2023
Gitifu w’Akarere ka Gasabo yatawe muri yombi
ITOHOZA

Gitifu w’Akarere ka Gasabo yatawe muri yombi

Ubwanditsi 09 May 2018
Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?
Mu Rwanda

Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?

Ubwanditsi 24 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru