• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kongera imbaraga n’ubufatanye mu gutanga serivisi nziza: intego ya police, Intara y’Iburengerazuba n’abanyamakuru

Kongera imbaraga n’ubufatanye mu gutanga serivisi nziza: intego ya police, Intara y’Iburengerazuba n’abanyamakuru

Ubwanditsi 02 Jul 2017 Mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba na Polisi y’u Rwanda kuwa gatanu tariki ya 30 Kamena bwagiranye ikiganiro n’abanyamakuru b’Ibitangazamakuru bakorera muri iyi Ntara bungurana ibitekerezo ku mikorere n’imikoranire y’izi nzego.

Ibi biganiro byabereye mu kigo cya Leta kigisha imyuga n’ikoranabuhanga (IPRC) mu ntara y’Iburengerazuba kiri mu karere ka Karongi, byari bifite insanganyamatsiko igira iti:”Kongera imbaraga n’ubufatanye mu gutanga serivisi nziza”.

Mu ijambo rye, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’iyi Ntara Habiyaremye Pierre Célestin wari uhagarariye Intara muri ibi biganiro, yavuze ko imikoranire myiza y’Itangazamakuru n’inzego z’ibanze ari ingenzi mu gutuma habaho imiyoborere myiza igamije iterambere rirambye ry’igihugu n’abaturage.

Yavuze ati:”Ibiganiro nk’ibi byerekana imikoranire myiza hagati y’inzego zikorera abaturage kandi biba ari ngombwa ngo izi nzego zikomeze kubungabunga umutekano w’abaturage.”

Yakomeje avuga ati:”Ibiganiro nk’ibi kandi bituma hatabaho icyuho hagati y’ubuyobozi n’abaturage kuko ibyo ubuyobozi bushaka kugeza ku baturage itangazamakuru ribibagezaho byihuse, dore ko umuyobozi atagera kuri buri muturage byihuse kandi bigatuma abakorera inzego zitandukanye bagera ku mihigo biyemeje bikanatuma abazigize bakorana neza.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege, yavuze ko Itangazamakuru ari Umufatanyabikorwa ukomeye mu kubumbatira no gusigasira umutekano binyuze mu ruhare rigira mu gukangurira abaturarwanda kwirinda ibyaha, ikaba ariyo mpamvu habaho ibiganiro nk’ibi, ndetse kuva mu mwaka wa 2011 izi nzego zombi zikaba zihura buri gihembwe.

Yavuze ati:”Polisi n’Itangazamakuru twese dufite inshingano zimwe kandi tugomba kugeza ku baturage ibyo dukora kuko nibo dukorera.”

Yakomeje avuga ko gukorera ibiganiro nk’ibi mu Ntara bigamije kurushaho kwegera abafatanyabikorwa ba Polisi.

Yavuze ati:”Kuba dufata umwanya tugakorera ibi biganiro mu Ntara, ni ukugirango turusheho kwegera abafatanyabikorwa bacu ngo turusheho gufatanya gukangurira umuryango nyarwanda kwirinda ibyaha kuko twese ntawe ugira inyungu mu ikorwa ryabyo, kandi tukanawushishikariza kwitabira ibikorwa by’iterambere.”
Yibukije abari mu biganiro uburyo Polisi y’u Rwanda imenyekanisha ibyo ishinzwe n’ibyo ikora; aho yavuze ko mu byo ikoresha harimo Urubuga rwayo rwa Murandasi n’Imbuga nkoranyambaga nkaTwitter na Facebook; kandi ko yashyizeho imirongo ya telefone itishyurwa itangirwaho amakuru.

Umuyobozi w’agatenyo w’urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC) yavuze ko inzego nyinshi zikorera mu Rwanda zose zihuriye ku gukorera abaturage aho yavuze ati:”Itangazamakuru, Polisi y’u Rwanda n’Inzego z’ibanze, twese dukorera abaturage. Ntidushobora rero gukora ngo dusenyereze umugozi umwe tutagirana ibiganiro.”

Yakomeje avuga ati:”Hari ibintu byinshi bihuza Polisi y’u Rwanda n’Itangazamakuru niyo mpamvu ibiganiro nyunguranabitekerezo nk’ibi biba ari ngombwa.”

Abanyamakuru banaboneyeho umwanya wo kubaza ibibazo ahanini bishingiye ku mikoranire hagati yabo na Polisi ndetse n’inzego z’ibanze bahabwa ibisubizo bibanyuze.

Ibi biganiro byari byari byanitabiriwe kandi n’umuyobozi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Karasi, n’abayobozi ba Polisi mu turere (DPCs) twose tugize iyi Ntara.

2017-07-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda  kwisonga  mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

Ubwanditsi 06 May 2018
Abarwanyi benshi ba CNRD bitandukanyije na FDLR biciwe mu mirwano yabahuje na Nyatura

Abarwanyi benshi ba CNRD bitandukanyije na FDLR biciwe mu mirwano yabahuje na Nyatura

Ubwanditsi 13 May 2017
GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.

Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.

Ubwanditsi 07 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho
POLITIKI

Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho

Ubwanditsi 20 Sep 2016
Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw
UBUKUNGU

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star
Amakuru

Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star

Ubwanditsi 22 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru