• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Depite Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yongeye kwibasira Perezida Museveni

Uganda: Depite Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yongeye kwibasira Perezida Museveni

Ubwanditsi 03 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, uhagarariye agace ka Kyadondo y’Uburasirazuba, Robert Kyagulanyi Ssentamu, wamenyekanye muri muzika ya Uganda nka Bobi Wine, yongeye kwibasira Perezida Museveni amushinja intege nke mu kurinda umutekano w’abanyagihugu ari nabyo bitera ubwicanyi bukomeje gufata indi ntera muri iki gihugu.

Ibi Hon. Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yatangaje ku  itariki 01 Werurwe 2018, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yagarutse ku bwicanyi bukabije bukomeje gufata indi ntera muri Uganda, ibintu yavuze ko biterwa n’uko inzego z’umutekano zigira uruhare ku byaha byamaze kuba n’abantu bamaze kwicwa.

Hon. Kyagulanyi, yavuze ko inzego z’umutekano n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu bushyira imbaraga nke mu gukumira ibyaha bitaraba ahubwo zikagira icyo zivuga ari uko hari abamaze kicwa. Yavuze ko Polisi y’iki gihugu ikwiye gukorana n’abayobozi b’igihugu mu kurinda umutekano wa Uganda n’abaturage .

Dail Monitor dukesha iyi nkuru ivuga ko mu minsi ishize nibwo ahitwa Kajjansi mu karere ka Wakiso hatoraguwe umurambo wa Susan Magara w’imyaka 28, nyuma Polisi yo muri aka gace yashyizeho akayabo ka miliyoni 100 z’Amashilingi ya Uganda ku muntu wese Wabasha kubona abishe uyu mukobwa. Aha Bobi Wine yahise avuga ko Polisi yo muri iki gihugu itagikora akazi ishinzwe ahubwo ibona ibyaha byabaye ikihutira kuvuga ko iri gukora iperereza kandi hari uburyo yagakwiye kuba yakumiriye ibyo byaha.

Hon. Kyagulanyi kandi yikomye Perezida Yoweri K. Museveni w’iki gihugu ku kuba yarasezeranyije ko nyuma y’iyicwa ry’umuyobozi wa Polisi Andrew Felix Kaweesi muri Werurwe umwaka ushize n’ibindi bikorwa by’ubugizi bwa nabi azashyiraho ama camera yabugenewe mu gucunga umutekano no gufata aba bagizi ba nabi.

Perezida Museveni kandi ngo yari yavuze ko azakoresha ibizamini bya DNA, mu kumenya uwaba yarishe Susan Magara ndetse akanasaba inzego z’umutekano ubusobanuro ku rupfu rwa Mowzey Radio rwabaye mu kwezi gushize, ariko ibi byose ngo ntabwo Museveni yagakwiye kuba abikora ari uko byamaze kuba ahubwo yagakwiye kujya akumira ubu bugizi bwa nabi butaraba.

2018-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye

Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Ubwanditsi 29 Apr 2024
Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Ubwanditsi 02 Dec 2024
Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa

Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa

Ubwanditsi 17 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0
IMIKINO

Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0

Ubwanditsi 10 Dec 2018
Mugwiza Desire yongeye kwiyamamariza kuyobora FERWABA, Ibyagezweho, imbogamizi n’ibiteganywa gukorwa kuri manda ye
Amakuru

Mugwiza Desire yongeye kwiyamamariza kuyobora FERWABA, Ibyagezweho, imbogamizi n’ibiteganywa gukorwa kuri manda ye

Ubwanditsi 20 Dec 2024
Tumenye imikorere y’ Ishami rya Polisi rikorana na Polisi  mpuzamahanga n’ubutwererane, na serivisi riha abanyarwanda
Mu Mahanga

Tumenye imikorere y’ Ishami rya Polisi rikorana na Polisi mpuzamahanga n’ubutwererane, na serivisi riha abanyarwanda

Ubwanditsi 18 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru