• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Depite Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yongeye kwibasira Perezida Museveni

Uganda: Depite Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yongeye kwibasira Perezida Museveni

Ubwanditsi 03 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, uhagarariye agace ka Kyadondo y’Uburasirazuba, Robert Kyagulanyi Ssentamu, wamenyekanye muri muzika ya Uganda nka Bobi Wine, yongeye kwibasira Perezida Museveni amushinja intege nke mu kurinda umutekano w’abanyagihugu ari nabyo bitera ubwicanyi bukomeje gufata indi ntera muri iki gihugu.

Ibi Hon. Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yatangaje ku  itariki 01 Werurwe 2018, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yagarutse ku bwicanyi bukabije bukomeje gufata indi ntera muri Uganda, ibintu yavuze ko biterwa n’uko inzego z’umutekano zigira uruhare ku byaha byamaze kuba n’abantu bamaze kwicwa.

Hon. Kyagulanyi, yavuze ko inzego z’umutekano n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu bushyira imbaraga nke mu gukumira ibyaha bitaraba ahubwo zikagira icyo zivuga ari uko hari abamaze kicwa. Yavuze ko Polisi y’iki gihugu ikwiye gukorana n’abayobozi b’igihugu mu kurinda umutekano wa Uganda n’abaturage .

Dail Monitor dukesha iyi nkuru ivuga ko mu minsi ishize nibwo ahitwa Kajjansi mu karere ka Wakiso hatoraguwe umurambo wa Susan Magara w’imyaka 28, nyuma Polisi yo muri aka gace yashyizeho akayabo ka miliyoni 100 z’Amashilingi ya Uganda ku muntu wese Wabasha kubona abishe uyu mukobwa. Aha Bobi Wine yahise avuga ko Polisi yo muri iki gihugu itagikora akazi ishinzwe ahubwo ibona ibyaha byabaye ikihutira kuvuga ko iri gukora iperereza kandi hari uburyo yagakwiye kuba yakumiriye ibyo byaha.

Hon. Kyagulanyi kandi yikomye Perezida Yoweri K. Museveni w’iki gihugu ku kuba yarasezeranyije ko nyuma y’iyicwa ry’umuyobozi wa Polisi Andrew Felix Kaweesi muri Werurwe umwaka ushize n’ibindi bikorwa by’ubugizi bwa nabi azashyiraho ama camera yabugenewe mu gucunga umutekano no gufata aba bagizi ba nabi.

Perezida Museveni kandi ngo yari yavuze ko azakoresha ibizamini bya DNA, mu kumenya uwaba yarishe Susan Magara ndetse akanasaba inzego z’umutekano ubusobanuro ku rupfu rwa Mowzey Radio rwabaye mu kwezi gushize, ariko ibi byose ngo ntabwo Museveni yagakwiye kuba abikora ari uko byamaze kuba ahubwo yagakwiye kujya akumira ubu bugizi bwa nabi butaraba.

2018-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rushyashya yashyize hanze Kayumba na Sisulu mu mibanire y’u Rwanda na Afurika y’epfo

Rushyashya yashyize hanze Kayumba na Sisulu mu mibanire y’u Rwanda na Afurika y’epfo

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Umwamamazabinyoma Christine Uwizera Coleman wigize umuvugabutumwa, arihisha inyuma ya Bibiliya agamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gufasha imitwe y’iterabwoba mu Rwanda

Umwamamazabinyoma Christine Uwizera Coleman wigize umuvugabutumwa, arihisha inyuma ya Bibiliya agamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gufasha imitwe y’iterabwoba mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Oct 2020
Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Ubwanditsi 14 Aug 2025
Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Ubwanditsi 13 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe
Amakuru

Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Ubwanditsi 09 Jan 2021
Amavubi yaguye miswi na RDC mu mukino yarushijwemo bikomeye
IMIKINO

Amavubi yaguye miswi na RDC mu mukino yarushijwemo bikomeye

Ubwanditsi 15 Nov 2018
Burera : Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye
Amakuru

Burera : Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Ubwanditsi 24 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru