• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside

Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside

Ubwanditsi 17 May 2021 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Mu gitabo “Muzehe Rukhasa :Urugendo rw’Ubuzima Bwanjye” Ali Hassan Mwinyi bakunze no kwita “Mzee Rukhasa” aherutse gushyira ahagaragara, yavuze uburyo yababajwe bikomeye na Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo ku buryo iyo yibutse ibyo yiboneye n’amaso ye, yibaza aho ubwo bunyamaswa bwavuye.

Mu buhamya burebure, Ali Hassan Mwinyi wabaye Perezida wa 2 wa Tanzaniya, dore ko yayiyoboye kuva mu mwaka w’1985 kugeza muw’1995, yasobanuye ko muri Mata 1994 yagiye ku Rusumo , ku mupaka w’uRwanda na Tanzaniya, yibonera ibihumbi n’ibihumbi by’imirambo y’Abatutsi yatembaga mu mugezi w’Akagera, harimo n’iyari igifite amacumu n’ibisongo ba nyakwigendera bicishijwe. Ati:Ibyo niboneye birenze ukwemera, n’ubu ntibiramva mu mutwe”

Hassan Mwinyi avuga ko urebye uburyo ubwicanyi bwakozwe, bugahitana abantu basaga miliyoni mu mezi atatu gusa, bigaragaza ko Jenoside yakorewe Abatutsi  yateguwe ikanshyirwa mu bikorwa na Leta ya Yuvenali  Habyarimana n’abamusimbuye ku butegetsi. Ati:”Guhakana itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ubundi bugome, ni ukugoreka amateka, ni ukudashyira mu gaciro”.

Bwana Mwinyi yanakomoje ku burakari bwa Muzehe Julius Nyerere nawe wayoboye Tanzaniya ndetse abaturage b’icyo gihugu bakaba bakimufata nk’Umubyeyi w’Igihugu(Baba wa Taifa”), wababajwe n’uburyo Guverinoma ya Tanzaniya itafashe iya mbere mu kwamagana Jenoside yakorerwaga Abatutsi, uko guceceka Muzehe Nyerere yabibonagamo kubogamira ku butegetsi bwo mu Rwanda bwari buyoboye ubwicanyi. Ibi byanatumye tariki 01 Nyakanga 1994 Mzee Nyerere atumiza ikiganiro n’abanyamakuru, maze atonganya  Perezida Mwinyi, agaragaza ko iyo utamaganye ikibi, amateka agushinja ubugambanyi mu kugikora. Perezida Mwinyi avuga ko icyo gihe yababajwe bikomeye n’amagambo ya “Baba wa Taifa”, ngo aza kumusobanurira ko nta muntu muzima washyigikira ubugome bwagaragariraga isi yose.

Ali Hassan Mwinyi  avuga ko guceceka kw’abategetsi ba Tanzania ngo bitaribigamije gushyigikira abicanyi, ahubwo ngo birindaga kugira uwo babogamiraho “mu mpande zari zishyamiranye Tanzaniya yari umuhuza w’izo mpande, ni ukuvuga Leta y’uRwanda na RPF-Inkotanyi”. Aha rero niho abasesenguzi bunga mu rya Mwalimu Nyerere, bakaba basanga harabaye amakosa yo kwitiranya intambara na jenoside, kuko Abatutsi bicwaga ntawe bari bahanganye nawe.

Mu gusoza ubuhamya bwe kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Ali Hassan Mwinyi avuga ko ibyabaye mu Rwanda byagombye kubera isi yose isomo, bityo ntihazagire ahandi biba ukundi.

Mwalimu Julius Nyerere we azahora yibukwa nk’umuntu wababajwe cyane na Jenoside yakorewe Abatutsi, dore ko ari no mu bantu ba mbere bafite izina rikomeye baje mu Rwanda kwihanganisha Abanyarwanda. Mbere y’uko atabaruka mu Kwakira 1999, Mwalimu Nyerere ni umwe mu babwiraga isi yose uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe, n’ubugome yakoranywe. Amakuru yizewe anavuga ko yanashyigikiye ko icyicaro cy’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho uRwanda, gishyirwa muri Tanzaniya, kuko yumvaga igihugu cye gikwiye kugira uruhare mu guhana abagome bakoze iyo Jenoside no guha ubutabera abayirokotse.

2021-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Ubwanditsi 29 Sep 2021
Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul  byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba  na Rujugiro yarabigaritse

Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba na Rujugiro yarabigaritse

Ubwanditsi 23 Sep 2016
 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Kigali yasinyishije Otinda Frederick na Ochieng Lawrence bakomoka muri Kenya ndetse na Saturo Edward wakinaga muri Uganda
Amakuru

AS Kigali yasinyishije Otinda Frederick na Ochieng Lawrence bakomoka muri Kenya ndetse na Saturo Edward wakinaga muri Uganda

Ubwanditsi 30 Jul 2022
Col Byabagamba na Rusagara byavugwaga ko batorotse gereza basubiye mu rukiko
INKURU NYAMUKURU

Col Byabagamba na Rusagara byavugwaga ko batorotse gereza basubiye mu rukiko

Ubwanditsi 22 May 2019
Nyakwigendera Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi yashyinguwe I Bamako muri Mali, Nta ntumwa y’u Burundi yitabiriye uyu Muhango wo kumuherekeza
Amakuru

Nyakwigendera Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi yashyinguwe I Bamako muri Mali, Nta ntumwa y’u Burundi yitabiriye uyu Muhango wo kumuherekeza

Ubwanditsi 30 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru