• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside

Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside

Ubwanditsi 17 May 2021 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Mu gitabo “Muzehe Rukhasa :Urugendo rw’Ubuzima Bwanjye” Ali Hassan Mwinyi bakunze no kwita “Mzee Rukhasa” aherutse gushyira ahagaragara, yavuze uburyo yababajwe bikomeye na Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo ku buryo iyo yibutse ibyo yiboneye n’amaso ye, yibaza aho ubwo bunyamaswa bwavuye.

Mu buhamya burebure, Ali Hassan Mwinyi wabaye Perezida wa 2 wa Tanzaniya, dore ko yayiyoboye kuva mu mwaka w’1985 kugeza muw’1995, yasobanuye ko muri Mata 1994 yagiye ku Rusumo , ku mupaka w’uRwanda na Tanzaniya, yibonera ibihumbi n’ibihumbi by’imirambo y’Abatutsi yatembaga mu mugezi w’Akagera, harimo n’iyari igifite amacumu n’ibisongo ba nyakwigendera bicishijwe. Ati:Ibyo niboneye birenze ukwemera, n’ubu ntibiramva mu mutwe”

Hassan Mwinyi avuga ko urebye uburyo ubwicanyi bwakozwe, bugahitana abantu basaga miliyoni mu mezi atatu gusa, bigaragaza ko Jenoside yakorewe Abatutsi  yateguwe ikanshyirwa mu bikorwa na Leta ya Yuvenali  Habyarimana n’abamusimbuye ku butegetsi. Ati:”Guhakana itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ubundi bugome, ni ukugoreka amateka, ni ukudashyira mu gaciro”.

Bwana Mwinyi yanakomoje ku burakari bwa Muzehe Julius Nyerere nawe wayoboye Tanzaniya ndetse abaturage b’icyo gihugu bakaba bakimufata nk’Umubyeyi w’Igihugu(Baba wa Taifa”), wababajwe n’uburyo Guverinoma ya Tanzaniya itafashe iya mbere mu kwamagana Jenoside yakorerwaga Abatutsi, uko guceceka Muzehe Nyerere yabibonagamo kubogamira ku butegetsi bwo mu Rwanda bwari buyoboye ubwicanyi. Ibi byanatumye tariki 01 Nyakanga 1994 Mzee Nyerere atumiza ikiganiro n’abanyamakuru, maze atonganya  Perezida Mwinyi, agaragaza ko iyo utamaganye ikibi, amateka agushinja ubugambanyi mu kugikora. Perezida Mwinyi avuga ko icyo gihe yababajwe bikomeye n’amagambo ya “Baba wa Taifa”, ngo aza kumusobanurira ko nta muntu muzima washyigikira ubugome bwagaragariraga isi yose.

Ali Hassan Mwinyi  avuga ko guceceka kw’abategetsi ba Tanzania ngo bitaribigamije gushyigikira abicanyi, ahubwo ngo birindaga kugira uwo babogamiraho “mu mpande zari zishyamiranye Tanzaniya yari umuhuza w’izo mpande, ni ukuvuga Leta y’uRwanda na RPF-Inkotanyi”. Aha rero niho abasesenguzi bunga mu rya Mwalimu Nyerere, bakaba basanga harabaye amakosa yo kwitiranya intambara na jenoside, kuko Abatutsi bicwaga ntawe bari bahanganye nawe.

Mu gusoza ubuhamya bwe kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Ali Hassan Mwinyi avuga ko ibyabaye mu Rwanda byagombye kubera isi yose isomo, bityo ntihazagire ahandi biba ukundi.

Mwalimu Julius Nyerere we azahora yibukwa nk’umuntu wababajwe cyane na Jenoside yakorewe Abatutsi, dore ko ari no mu bantu ba mbere bafite izina rikomeye baje mu Rwanda kwihanganisha Abanyarwanda. Mbere y’uko atabaruka mu Kwakira 1999, Mwalimu Nyerere ni umwe mu babwiraga isi yose uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe, n’ubugome yakoranywe. Amakuru yizewe anavuga ko yanashyigikiye ko icyicaro cy’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho uRwanda, gishyirwa muri Tanzaniya, kuko yumvaga igihugu cye gikwiye kugira uruhare mu guhana abagome bakoze iyo Jenoside no guha ubutabera abayirokotse.

2021-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we

Ubwanditsi 30 Aug 2017
“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa

“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa

Ubwanditsi 22 Jun 2020
Ikibazo cy’Ingutu hagati  DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Ikibazo cy’Ingutu hagati DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Ubwanditsi 26 Dec 2016
Burundi : Uwari wafashwe n’Imbonerakure yoze Rweru akira ageze ku butaka bw’u Rwanda

Burundi : Uwari wafashwe n’Imbonerakure yoze Rweru akira ageze ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki
INKURU NYAMUKURU

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Wayde van Niekerk yesheje umuhigo i Rio
IMIKINO

Wayde van Niekerk yesheje umuhigo i Rio

Ubwanditsi 15 Aug 2016
Goma: Hafashwe imodoka yari itwaye intwaro za gisirikare
Mu Mahanga

Goma: Hafashwe imodoka yari itwaye intwaro za gisirikare

Ubwanditsi 05 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru