• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Ubwanditsi 18 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU

Bimwe mu bitangazamakuru byo muri Uganda no mu Rwanda birimo Bwiza, byatangaje ko umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Col. (Rtd) Dr. Warren Kizza Besigye Kifefe yaciye amarenga ko ashobora kuzahatana ku nshuro ya gatanu mu matora ya perezida ategerejwe mu mwaka wa 2021.

Kizza Besigye wo mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ’ Forum for Democratic Change’ (FDC) yahanganye na Perezida Museveni w’Ishyaka, National Resistance Movement (NRM) muri manda enye zishize gusa ntibimuhire, mu cyakunze gukarukwaho ko amatora yibwe.

Mu ijambo rye ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 15 y’ishyaka FDC ku kibuga cya Namboole, Besigye yavuze ko atari yava mu rugendo rwa politiki kuko icyo agamije cyo kubohora Uganda na we ubwe atarakigeraho nk’uko Daily Monitor ibitangaza.

Besigye ati ” Si mwebwe ndwanira. Ndarwana ngo nanjye mbohoke. Abambwira ngo ningende kuko maze igihe muri uru rugamba, nababwira ko ntagenda ntarabohora Uganda, Ndacyahanganye. Singamije kuba umuyobozi, ahubwo kuba mu gihugu aho nzajya ngenda nidegembya. Nziko umunsi umwe ibi nzabigeraho umunsi umwe.”

Besigye avuga ko agamije kubohora inzego z’ubutegtsi za Uganda,abona zikorera Leta aho gukorera Abanya-Uganda.

Asubiza abanenga FDC bavuga ko ntacyo yakoze, Besigye yavuze ko kuba hari ibintu bimwe na bimwe byagiye bihinduka muri Uganda, ari uruhare rw’iri shyaka.

Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Ati ” Abanya-Uganda bamwe bavuga ko FDC ntacyo yakoze ariko bibagirwa ko na duke turi gukorwa muri iki gihugu byatewe n’umuhate wacu. Dufite byinshi twakwishimira muri iyi myaka 15 y’urugamba.”

Dr. Besigye yagarutse kuri iyi ngingo nyuma y’aho bandi batavuga rumwe n’ubutegetsi barimo Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine bamusabye ko yazareka guhangana na Perezida Museveni wamaze gutangwa n’ishyaka riri ku butegetsi (NRM) ko ari we uzarihagararira mu matora yo mu 2021.

Abakurikiranira hafi politiki ya Uganda bavuga ko amagambo ya Besigye yerekana ko aziyamamaza mu matora ya 2021 cyane ko FDC itaratangaza uzayihagararira mu matora.

Kugeza ubu Besigye ni umwe mu bantu bahanganye na Museveni ku buryo bufatika. Mu matora ya 2016, bivugwa ko Besigye yari yatsinze ariko ngo amajwi aribwa.

Ni ibirego NRM yahakanye yivuye inyuma. N’ubwo ari uko bimeze, uyu warwanye urugamba rwo kubohora Uganda ari umuganga bwite wa Museveni, aracyari umugabo wakangaranya NRM mu maso ya benshi.

2019-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo

U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe

Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever

Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever

Ubwanditsi 12 Jan 2021
Uganda: Polisi yahagarikiwe ibiryo kubera kutishyura abayigemurira kuva muri 2015

Uganda: Polisi yahagarikiwe ibiryo kubera kutishyura abayigemurira kuva muri 2015

Ubwanditsi 01 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndi Umunyamerika mu mpapuro ariko mu maraso ndi Umunyarwanda-Meddy
Mu Rwanda

Ndi Umunyamerika mu mpapuro ariko mu maraso ndi Umunyarwanda-Meddy

Ubwanditsi 27 Aug 2017
Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)
IMIKINO

Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo
Amakuru

Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo

Ubwanditsi 29 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru