• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Ubwanditsi 18 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU

Bimwe mu bitangazamakuru byo muri Uganda no mu Rwanda birimo Bwiza, byatangaje ko umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Col. (Rtd) Dr. Warren Kizza Besigye Kifefe yaciye amarenga ko ashobora kuzahatana ku nshuro ya gatanu mu matora ya perezida ategerejwe mu mwaka wa 2021.

Kizza Besigye wo mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ’ Forum for Democratic Change’ (FDC) yahanganye na Perezida Museveni w’Ishyaka, National Resistance Movement (NRM) muri manda enye zishize gusa ntibimuhire, mu cyakunze gukarukwaho ko amatora yibwe.

Mu ijambo rye ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 15 y’ishyaka FDC ku kibuga cya Namboole, Besigye yavuze ko atari yava mu rugendo rwa politiki kuko icyo agamije cyo kubohora Uganda na we ubwe atarakigeraho nk’uko Daily Monitor ibitangaza.

Besigye ati ” Si mwebwe ndwanira. Ndarwana ngo nanjye mbohoke. Abambwira ngo ningende kuko maze igihe muri uru rugamba, nababwira ko ntagenda ntarabohora Uganda, Ndacyahanganye. Singamije kuba umuyobozi, ahubwo kuba mu gihugu aho nzajya ngenda nidegembya. Nziko umunsi umwe ibi nzabigeraho umunsi umwe.”

Besigye avuga ko agamije kubohora inzego z’ubutegtsi za Uganda,abona zikorera Leta aho gukorera Abanya-Uganda.

Asubiza abanenga FDC bavuga ko ntacyo yakoze, Besigye yavuze ko kuba hari ibintu bimwe na bimwe byagiye bihinduka muri Uganda, ari uruhare rw’iri shyaka.

Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Ati ” Abanya-Uganda bamwe bavuga ko FDC ntacyo yakoze ariko bibagirwa ko na duke turi gukorwa muri iki gihugu byatewe n’umuhate wacu. Dufite byinshi twakwishimira muri iyi myaka 15 y’urugamba.”

Dr. Besigye yagarutse kuri iyi ngingo nyuma y’aho bandi batavuga rumwe n’ubutegetsi barimo Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine bamusabye ko yazareka guhangana na Perezida Museveni wamaze gutangwa n’ishyaka riri ku butegetsi (NRM) ko ari we uzarihagararira mu matora yo mu 2021.

Abakurikiranira hafi politiki ya Uganda bavuga ko amagambo ya Besigye yerekana ko aziyamamaza mu matora ya 2021 cyane ko FDC itaratangaza uzayihagararira mu matora.

Kugeza ubu Besigye ni umwe mu bantu bahanganye na Museveni ku buryo bufatika. Mu matora ya 2016, bivugwa ko Besigye yari yatsinze ariko ngo amajwi aribwa.

Ni ibirego NRM yahakanye yivuye inyuma. N’ubwo ari uko bimeze, uyu warwanye urugamba rwo kubohora Uganda ari umuganga bwite wa Museveni, aracyari umugabo wakangaranya NRM mu maso ya benshi.

2019-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Dec 2019
Uko Inkende Yurira Igiti Niko Igaragaza Akabuno Kayo

Uko Inkende Yurira Igiti Niko Igaragaza Akabuno Kayo

Ubwanditsi 23 Jun 2018
Ubusinzi n’Uburaya nibyo byaranze igitaramo cyo kwishimira Urupfu rwa Col. Karegeya muri Afrika y’epfo [ AMAFOTO ]

Ubusinzi n’Uburaya nibyo byaranze igitaramo cyo kwishimira Urupfu rwa Col. Karegeya muri Afrika y’epfo [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze

Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze

Ubwanditsi 23 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yateguje ingabo undi mwaka utoroshye
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yateguje ingabo undi mwaka utoroshye

Ubwanditsi 26 Dec 2017
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?
Amakuru

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024
Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko
HIRYA NO HINO

Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Ubwanditsi 12 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru