• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024   |   08 Jun 2023

  • Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?   |   07 Jun 2023

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   07 Jun 2023

  • Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza   |   06 Jun 2023

  • Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe   |   05 Jun 2023

  • Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw   |   03 Jun 2023

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

Editorial 14 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abanyarwanda babiri mu gihugu cya Uganda bashinjwe gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu gihe imibanire hagati ya Uganda n’u Rwanda ikomeje kugaragaramo igitotsi cyiyongera aho kugabanyuka.

Ikinyamakuru Chimpreports kivuga ko mu myaka mikeya ishize imibanire y’u Rwanda na Uganda yarushijeho kwangirika bigaha icyuho imyiteguro y’amakimbirane yeruye yavamo imirwano hagati y’ibihugu byombi.

Kunanirwa gucyemura ibibazo biri hagti y’ibihugu byombi nk’ibijyanye n’ubutasi, gushyigikira inyeshyamba no kutuzuza ibyiyemejwe ni bimwe mu bikomeje kugaragaza umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.

Iki kinyamakuru kikaba kivuga ko kuwa 26 Gicurasi 2018, Abanyarwanda babiri bafatiwe muri Mbarara bakekwaho kuba mu gatsiko k’intasi z’u Rwanda muri Uganda. Abafashwe akaba ari; Emmanuel Rwamucyo Rwamukinuzi na Emmanuel Rwamucwe. Abazi ariko ibibera muri iki gihugu bavuga ko ari amayeri ya CIM yo guhimbira ibyaha aba banyarwanda nkuko uwanduhaye amakuru abyemeza.

Aba bombi igisirikare cyavuze ko basanganywe imbunda, bagafungirwa ku cyicaro cya division ya mbere ya UPDF muri Mbarara mbere yo koherezwa I Kampala ngo bahatwe ibibazo. Abo mu muryango wa Rwamucyo ariko bo bavuga ko atigeze atunga imbunda.

Mushiki wa Rwamucyo ati: “Ni ikinyoma gikabije. Ntabwo azi impamvu bari kumushinja gutunga imbunda atigeze agira,”

Ubwo yatabwaga muri yombi, Rwamucyo avugwaho kuba yari atwaye imodoka aturutse Kikagati mu Karere ka Isingiro, aho afite hotel, yerekeje muri Mbarara. Abo mu muryango we bakavuga ko yashakaga kubitsa miliyoni 40 z’Amashilingi kuri konti ye iri muri banki ikorera Mbarara aho yashakaga kwishyura inguzanyo.

Rwamucyo

Rwamucyo ngo ntafite hotel gusa muri Isingiro ahubwo afite n’ibikorwa by’ubucuruzi mu Rwanda.

Muri Mbarara, bivugwa ko Rwamucyo yahamagaye inshuti ye, Rwamucwe ngo amuherekeze kuri banki, ariko bose bakaba baratawe muri yombi bataranohereza ayo mafaranga kuwo yagombaga kwishyura. Abayobozi bavuga ko bombi babajijwe n’Ubutasi bwa gisirikare (CMI) muri Mbuya mbere yo koherezwa muri gereza ya Makindye mbere yo koherezwa mu rukiko rwa gisirikare kuri ubu bakaba bafungiye muri Gereza ya Luzira.

Ibi biravugwa mu gihe u Rwanda rukomeje kunenga ijujubywa ry’abaturage barwo muri Uganda. Ambasaderi Frank Mugambage akaba yari aherutse gusaba ko iki kibazo cyashakirwa umuti. Yanenze itabwa muri yombi ridasobanutse ry’Abanyarwanda baba muri Uganda no kunanirwa kubimenyesha ababashinzwe ari bo ambasade y’u Rwanda.

Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda

Inzego z’umutekano za Uganda zo zikaba zikomeza gutsimbarara zivuga ko Abanyarwanda batabwa muri yombi baba bakekwaho kuba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu.

Ni no muri urwo rwego kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 12 nzeri, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, yasabye Guverinoma ya Uganda gutanga ibisobanuro kuri ibi bikorwa bikomeje byo guta muri yombi Abanyarwanda bari muri Uganda, aho bamwe mu badepite bemeza ko biri mu bituma imibanire y’ibihugu byombi irushaho kuba mibi.

Ikintu gisa nk’igitangaje n’uko abayobozi ba Uganda mu ruhame bemeza ko nta kibazo bafitanye n’u Rwanda gikomeye nk’aho Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Amb. Patrick Mugoya aherutse kubwira Chimpreports ko hari inzira ziri gukoreshwa zo gukemura ikibazo cyavuka.

Yakomeje agira ati: “Imibanire irenze itabwa muri yombi. Niba hari hari bamwe bakekwa bashobora gutabwa muri yombi”. Ni mbere yo gukomeza agira ati: “Imibanire yacu n’u Rwanda ni okay.”

Ibi biraba mu gihe muri iki gihugu havugwa imyiteguro yo gutuza Kayumba Nyamwasa, umaze imyaka 8 muri Afrika y’Epfo aho aba binyuranije n’amategeko agenga iki gihgu, mu minsi ishize Perezida Ramaphosa yasabye Perezida Museveni gucyemura iki kibazo bakareba aho Gen. Kayumba wahoze mu ngabo z’u Rwanda yakwereza. Iyi nkuru turacyayikurikirana tuzayibagezaho neza mu minsi iri imbere.

Kayumba Nyamwasa
2018-09-14
Editorial

IZINDI NKURU

Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”

Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”

Editorial 23 Jul 2019
Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo

Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo

Editorial 16 Nov 2021
Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame

Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame

Editorial 11 Mar 2021
Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Editorial 25 Feb 2019

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

21 Apr 2023
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

03 Apr 2023
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

30 Mar 2023
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

09 Mar 2023
Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

03 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

01 Jun 2023
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

01 Jun 2023
Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

23 Dec 2022
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

29 Nov 2022
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

13 Oct 2022
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

03 Oct 2022
Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

03 Oct 2022

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru