• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

Ubwanditsi 14 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abanyarwanda babiri mu gihugu cya Uganda bashinjwe gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu gihe imibanire hagati ya Uganda n’u Rwanda ikomeje kugaragaramo igitotsi cyiyongera aho kugabanyuka.

Ikinyamakuru Chimpreports kivuga ko mu myaka mikeya ishize imibanire y’u Rwanda na Uganda yarushijeho kwangirika bigaha icyuho imyiteguro y’amakimbirane yeruye yavamo imirwano hagati y’ibihugu byombi.

Kunanirwa gucyemura ibibazo biri hagti y’ibihugu byombi nk’ibijyanye n’ubutasi, gushyigikira inyeshyamba no kutuzuza ibyiyemejwe ni bimwe mu bikomeje kugaragaza umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.

Iki kinyamakuru kikaba kivuga ko kuwa 26 Gicurasi 2018, Abanyarwanda babiri bafatiwe muri Mbarara bakekwaho kuba mu gatsiko k’intasi z’u Rwanda muri Uganda. Abafashwe akaba ari; Emmanuel Rwamucyo Rwamukinuzi na Emmanuel Rwamucwe. Abazi ariko ibibera muri iki gihugu bavuga ko ari amayeri ya CIM yo guhimbira ibyaha aba banyarwanda nkuko uwanduhaye amakuru abyemeza.

Aba bombi igisirikare cyavuze ko basanganywe imbunda, bagafungirwa ku cyicaro cya division ya mbere ya UPDF muri Mbarara mbere yo koherezwa I Kampala ngo bahatwe ibibazo. Abo mu muryango wa Rwamucyo ariko bo bavuga ko atigeze atunga imbunda.

Mushiki wa Rwamucyo ati: “Ni ikinyoma gikabije. Ntabwo azi impamvu bari kumushinja gutunga imbunda atigeze agira,”

Ubwo yatabwaga muri yombi, Rwamucyo avugwaho kuba yari atwaye imodoka aturutse Kikagati mu Karere ka Isingiro, aho afite hotel, yerekeje muri Mbarara. Abo mu muryango we bakavuga ko yashakaga kubitsa miliyoni 40 z’Amashilingi kuri konti ye iri muri banki ikorera Mbarara aho yashakaga kwishyura inguzanyo.

Rwamucyo

Rwamucyo ngo ntafite hotel gusa muri Isingiro ahubwo afite n’ibikorwa by’ubucuruzi mu Rwanda.

Muri Mbarara, bivugwa ko Rwamucyo yahamagaye inshuti ye, Rwamucwe ngo amuherekeze kuri banki, ariko bose bakaba baratawe muri yombi bataranohereza ayo mafaranga kuwo yagombaga kwishyura. Abayobozi bavuga ko bombi babajijwe n’Ubutasi bwa gisirikare (CMI) muri Mbuya mbere yo koherezwa muri gereza ya Makindye mbere yo koherezwa mu rukiko rwa gisirikare kuri ubu bakaba bafungiye muri Gereza ya Luzira.

Ibi biravugwa mu gihe u Rwanda rukomeje kunenga ijujubywa ry’abaturage barwo muri Uganda. Ambasaderi Frank Mugambage akaba yari aherutse gusaba ko iki kibazo cyashakirwa umuti. Yanenze itabwa muri yombi ridasobanutse ry’Abanyarwanda baba muri Uganda no kunanirwa kubimenyesha ababashinzwe ari bo ambasade y’u Rwanda.

Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda

Inzego z’umutekano za Uganda zo zikaba zikomeza gutsimbarara zivuga ko Abanyarwanda batabwa muri yombi baba bakekwaho kuba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu.

Ni no muri urwo rwego kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 12 nzeri, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, yasabye Guverinoma ya Uganda gutanga ibisobanuro kuri ibi bikorwa bikomeje byo guta muri yombi Abanyarwanda bari muri Uganda, aho bamwe mu badepite bemeza ko biri mu bituma imibanire y’ibihugu byombi irushaho kuba mibi.

Ikintu gisa nk’igitangaje n’uko abayobozi ba Uganda mu ruhame bemeza ko nta kibazo bafitanye n’u Rwanda gikomeye nk’aho Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Amb. Patrick Mugoya aherutse kubwira Chimpreports ko hari inzira ziri gukoreshwa zo gukemura ikibazo cyavuka.

Yakomeje agira ati: “Imibanire irenze itabwa muri yombi. Niba hari hari bamwe bakekwa bashobora gutabwa muri yombi”. Ni mbere yo gukomeza agira ati: “Imibanire yacu n’u Rwanda ni okay.”

Ibi biraba mu gihe muri iki gihugu havugwa imyiteguro yo gutuza Kayumba Nyamwasa, umaze imyaka 8 muri Afrika y’Epfo aho aba binyuranije n’amategeko agenga iki gihgu, mu minsi ishize Perezida Ramaphosa yasabye Perezida Museveni gucyemura iki kibazo bakareba aho Gen. Kayumba wahoze mu ngabo z’u Rwanda yakwereza. Iyi nkuru turacyayikurikirana tuzayibagezaho neza mu minsi iri imbere.

Kayumba Nyamwasa

2018-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese Uwimana Agnès Nkusi yaba agiye kuba Sawuli wo mui Bibiliya, cyangwa yemeye guhinduka bya nyirarureshwa agirango yivire imbere y’umugenzacyaha?

Ese Uwimana Agnès Nkusi yaba agiye kuba Sawuli wo mui Bibiliya, cyangwa yemeye guhinduka bya nyirarureshwa agirango yivire imbere y’umugenzacyaha?

Ubwanditsi 03 Nov 2022
Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya  Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ubwanditsi 02 Oct 2020
Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Ubwanditsi 14 Apr 2024

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2023
Général Victor Byiringiro wa FDLR mu mazi abira
INKURU NYAMUKURU

Général Victor Byiringiro wa FDLR mu mazi abira

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Impamvu Ronaldo ashima Zidane zirumvikana
IMIKINO

Impamvu Ronaldo ashima Zidane zirumvikana

Ubwanditsi 05 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru