• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura   |   15 Mar 2026

  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Général Victor Byiringiro wa FDLR mu mazi abira

Général Victor Byiringiro wa FDLR mu mazi abira

Ubwanditsi 16 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu mpera z’umwaka wa 2018, nibwo hamenyekanye inkuru y’ifatwa ry’umuvugizi wa FDLR, Fils Laforge Bazeye, ari kumwe na mugenzi we ushinzwe iperereza muri FDLR, Colonel Théophile Abega, ubwo bari bavuye I Kampala guhura n’intumwa za RNC k’ ubufatanye na Museveni. Urugendo rwabo i Kampala rwari rugamije ibikorwa byinshi bibangamiye ubutegetsi bwa Kigali kandi ihuzabikorwa ryabo ryakorerwaga aharimo n’i Kampala.” Aba bayobozi bakuru muri FDLR bahuye n’abantu bakomeye b’i Kampala. Banahuye n’abandi bantu batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda hagamijwe gutegura ibitero byinshi.”

Mu itangazo FDLR yashyize ahagaragara ku ifatwa ryabo bayobozi, ndetse bashinja n’uruhare umuyobozi w’agateganyo wa FDLR, Gén. Iyamuremye Gaston alias Byiringiro Victor.

Muri iri tangazo FDLR ivuga ko Fils Laforge Bazeye na Colonel Théophile Abega ari bamwe mu bayobozi ba FDLR batavugaga rumwe na Général Victor Byiringiro kubijyanye no gushaka uburyo bazakorana na RNC.

FDLR ivuga ko inkoramutima za Général Byiringiro zituye kandi zikora akazi k’ubucuruzi mu gihugu cya Mozambique, arizo Bwana Révocat Karemangingo na Théoneste Misago, RNC yamaze kuzigarurira. Amakuru dufite avuga ko, ubu nta rapport bashyikiriza Général Byiringiro itabanje kunyura kuri Kayumba Nyamwasa.

FDLR ivuga ko Général Victor Byiringiro akwiye kwisubiraho, vuba na bwangu, ahagarika gahunda zose arimo zo gushaka gukorana na RNC, yaba anyuze kuri abo bagambanyi cyangwa no kubandi.

Gen.Major Byiringiro Victor wicaye hagati

FDLR ivuga ko amakosa ya Général Byiringiro amaze kurenga inkombe. Aho ashinjwa kwica abasirikare kumaherere, kwiba, gufatisha abasirikare, kuroga, kwica umubano na SADC, gushyira intwaro hasi, n’ibindi bibi byinshi. FDLR iti : Bimaze kuturenga, nta kwihangana tugifite.

Ngo kubera iyo mpamvu niba ntagihindutse, mu mikorere no mu miyoborere ya Général Byiringiro, nyuma y’ukwezi kumwe gusa, ntimuzazuyaze k’umusabira ku Mana ngo imwakire mubayo, uretse ko asanzwe n’ubundi akunda amasengesho harubwo n’ubu yaba arimo kwisabira.

FDLR iti :Turabizi  dufite gihamya ko Général Byiringiro ari we wagambaniye Bwana Bazeye na Colonel Abega mu rwego rwo kubikiza, none ubu bakaba barimo kugaraguzwa agati, mu Rwanda.

Kuva mu mpera z’umwaka w’ 2015 , Ubuyobozi bw’umutwe wa FDLR bwasabye guhabwa iminsi 30 kugira ngo bube bwashyize intwaro hasi mu gihe leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yatangazaga  ko ibikorwa byo kuyirimbura bitangiye.

Nk’uko bigaragara mu ibaruwa yanditswe tariki ya 28/1/2015 igasinywaho n’umuyobozi wa FDLR Gen Maj Byiringiro Rumuri Victor (amazina y’ukuri ni Iyamuremye Gaston) ivuga ko FDLR isaba kongererwa iminsi yo gushyira intwaro hasi no gutanga abarwanyi nabo mu miryango yabo ngo bajyanwe mu nkambi ya Kisangani.

Gen Maj Byiringiro, mu ibaruwa ifite nimero Ref: 28012015/SE/TM/15022015,15032015 yandikiye ubuyobozi bw’umuryango w’abibumbye, ubuyobozi bw’Afurika yunze ubumwe, ubuyobozi bwa SADC na ICGLR hamwe n’abayobozi b’ibihugu bya RDC na Tanzania, asaba ko iminsi yo gushyira intwaro hasi ku barwanyi ba FDLR yakongerwa kuva tariki ya 15/2/2015 kugera 15/3/2015.

Umuyobozi wa FDLR Gen Maj Rumuri aganiriza abarwayi bashyize intwaro hasi mbere yo kujyanwa i Kanyabayonga.

Umuyobozi wa FDLR Gen Maj Rumuri aganiriza abarwayi bashyize intwaro hasi mbere yo kujyanwa i Kanyabayonga.

Impamvu Gen Maj Byiringiro atanga zatumye igikorwa umutwe ayobora wari wiyemeje kitaragezweho ni imiterere y’aho abarwanyi ayobora bavaga bahurizwa mu nkambi za Kanyabayonga muri Kivu y’amajyaruguru hamwe na walungu muri Kivu y’amajyepfo nyuma bakaza kujyanwa Kisangani.

Ikindi ngo cyagoye ibikorwa byo gushyira intwaro hasi ku bushake ni uburyo abashyize intwaro hasi bagiye bafatwa nabi bigaca intege abandi barwanyi, ariko akizeza ko igihe basaba bagihawe bagikoresha neza.

Ubuyobozi bwa FDLR bwasabye kongererwa iminsi yo gushyira intwaro hasi mu gihe amezi atandatu bahawe yarangiye tariki ya 2/1/2015. Ubwo umugaba w’ingabo za RDC [ FARDC] yahagurukaga i Kinshasa ajya gutangiza ibikorwa byo kurwanya FDLR, nibwo yo yarimo yandika ibaruwa yo kongererwa igihe cyo gushyira intwaro hasi.

Gen Etumba Didier, Umugaba wa FARDC avuga ko leta ya RDC  ntako itagize kuko yasabwe kurasa kuri FDLR ntibikorwe ariko ngo igihe nibwo cyagera kuva itarubahirije ibyo yijeje amahanga. Gen Etumba avuga ko mu myaka ishize abarwanyi ba FDLR bari 7500 ariko ubu hasigaye abatageze  1400 bagomba guhashywa kubera ibikorwa byabo bibi.

Umugaba w'Ingabo za RDC mu gutangiza ibikorwa byo kurwanya FDLR bwiswe SAKOLA 2.

Umugaba w’Ingabo za RDC mu gutangiza ibikorwa byo kurwanya FDLR bwiswe SAKOLA 2.

Leta y’Amerika yakiriye neza igikorwa cy’ingabo za RDC cyo kurwanya FDLR, umutwe  witerabwoba umaze imyaka hafi 20 uhungabanya umutekano mu burasirazuba bwa RDC ndetse ukabangamira ubufatanye bw’ibihugu mu iterambere kubera urwicyekwe hagati y’ibihugu.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Jen Psaki, ukuriye ubuvugizi bwa leta y’Amerika rivuga ko FDLR yananiwe gushyira mu bikorwa ibyo yari yiyemeje byo gushyira intwaro hasi, ahubwo ikagikoresha mu guhungabanya umutekano no kwinjiza abana mu gisirikare. Ari nabo irigukoresha ihungabanya umutekano w’u Rwanda iciye mu Burundi.

Mu kwezi k’ Ukwakira 2014, abayobozi b’ibihugu bigize imiryango ICGLR na SADC bari bemeye ko ibikorwa bya gisirikare bishobora gukoreshwa mu kwambura intwaro FDLR mu gihe bigaragaye ko igihe yahawe ntacyo igikoresha, naho tariki 8/1/2015 akanama k’umuryango w’abibumbye gasaba ko hatangizwa ibikorwa byo kurwanya FDLR kumugaragaro.

Leta y’amerika ivuga ko ishyigikiye ibikorwa by’ingabo za RDC hamwe na MONUSCO byo kurwanya FDLR yananiwe gushyira intwaro hasi ku bushake, ikaba isaba ko ibikorwa byo kurwanya FDLR bijyana no kurinda umutekano w’abaturage kandi bigakorwa kugeza igihe amahoro n’umutekano by’abaturage batuye mu karere k’ibiyaga bigari bigarutse.

2019-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Uruzinduko Sophie Wilmès, Minisitiri w’ Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi atangira mu Rwanda kuri uyu wa mbere, rube umwanya mwiza wo kumwibutsa ko u Rwanda rutakiri indagizo y’Ububiligi

Uruzinduko Sophie Wilmès, Minisitiri w’ Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi atangira mu Rwanda kuri uyu wa mbere, rube umwanya mwiza wo kumwibutsa ko u Rwanda rutakiri indagizo y’Ububiligi

Ubwanditsi 26 Oct 2021
Igipolisi cy’u Burundi kishe umunyagihugu Albert Niyondiko kimutemaguje umupanga

Igipolisi cy’u Burundi kishe umunyagihugu Albert Niyondiko kimutemaguje umupanga

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu 10 baguye mu mpanuka y’Ubwato bw’intambara bwa Amerika n’ubundi butwaye Peteroli ku nkengero ya Singapour.
ITOHOZA

Abantu 10 baguye mu mpanuka y’Ubwato bw’intambara bwa Amerika n’ubundi butwaye Peteroli ku nkengero ya Singapour.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Kubera urukundo, asuka amarira iyo abonye Perezida Kagame
ITOHOZA

Kubera urukundo, asuka amarira iyo abonye Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Rayon Sports yatsinze AS Kigali, isanga APR FC ku mukino wa nyuma mu irushanwa ry’Agaciro
IMIKINO

Rayon Sports yatsinze AS Kigali, isanga APR FC ku mukino wa nyuma mu irushanwa ry’Agaciro

Ubwanditsi 29 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru