• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Ubwanditsi 23 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Alex Gisaro ni Umunyamulenge rukumbi uri muri guverinoma ya Kongo-Kinshasa, akaba ari Minisitiri w’Ibikorwa remezo.

Abakurikiranira hafi politiki yo muri Kongo, bahamya ko uwo mwanya Bwana Gisaro awukesha kugambanira benewabo b’Abanyamulenge, ari naho bakuye kumwita” Bangamwabo”.

Koko kandi, mu gihe nyamara Abanyamulenge batabarizwa n’isi yose kubera ivangura n’ihohoterwa bakorerwa n’ubutegetsi bubita” Abatutsi b’Abanyarwanda”, Alex Gisaro we ntasiba kumviksna mu materaniro akomeye no mu itangazamakuru mpuzamahanga, avuga ko “nta kibazo na kimwe Abanyamulenge bafite muri Kongo, kuko bahabwa uburenganzira nk’ubw’abandi Bakongomani, ibibazo bihari bikaba biterwa n’uRwanda”.

Burya rero ubugambanyi burashyira bukagaruka nyirabwo, cyane cyane iyo bwagize ingaruka nko kumena amaraso y’inzirakarengane, gushwiragiza abantu ku maherere, gusambanya abagore ku ngufu, n’ubundi bugome bukorerwa Abakongomani bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Ubu rero imwe mu nkuru zigezweho muri Kongo ni umugambi w’abadepite wo kwirukana Alex Gisaro kuri uwo mwanya wa Minisitiri, ndetse Perezida w’umutwe w’abadepite, Vital Kamerhe, akaba yatumije inteko rusange kuri uyu wa mbere tariki 25/11/2024, ngo itorere icyemezo cyo kwambura icyizere(kwirukana) Minisitiri Alex Gisaro.

Icyifuzo cyo kuvana icyizere kuri Minisitiri Gisaro, cyashyizweho umukono n’abadepite 58 biganjemo abo mu ishyaka UDPS rya Perezida Tshisekedi, ari naryo Alex Gisaro akomokamo. Ibi bikaba bisobanuye ko uyu mugambanyi afite ibyago byinshi byo kwerekwa umuryango usohoka muri guverinoma ya Judith Suminwa Tuluka, yanarusimbuka kandi, ibibi birenze ibi bikaba bimutegereje mu gihe kiri imbere.

Mu birego bituma Minisitiri Gisaro asabirwa gukurwaho icyizere, harimo kuba ngo yarananiwe nibura gusana imihanda yo mu murwa mukuru Kinshasa, ku buryo ubuzima busa n’ubwahagaze ku bakoresha ibinyabiziga.

Uretse ko hari abagira bati” Gisaro nawe yajya yabona”, kubera gucinya inkoro no kugambanira abandi Banyamulenge, ubundi abasesenguzi bavuga ko kuba Kongo itagira imihanda mizima n’ibindi bikorwa-remezo bitabazwa gusa Minisitiri Gisaro, kuko ari zimwe mu ngaruka za ruswa no kutita ku nyungu za rubanda bimaze imyaka itabarika byarahawe intebe muri icyo gihugu.

Biravugwa kandi ko amafaranga yo gusana iyo mihanda ndetse no guhanga imishya yasohotse mu isanduku ya Leta akaboneza mu mifuka y’inkoramutima za Perezida Tshisekedi, ariko nyakamwe Alex Gisaro utagira ijambo,(uretse iryo kugambana) akaba adashobora gutinyuka ngo atunge agatoki aho ayo mamiliyari yarengeye.

Nguwo Gisaro uvuga ko Abanyamulenge n’abandi Banyekongo bavuga ikinyarwanda batigeze bimwa uburenganzira bwabo, ko ahubwo uRwanda ari rwo nyirabayazana w’ibibazo byabo.

Uretse kuba”mpemukendamuke”, ibi byose Alex Gisaro abivuga atayobewe ko kuba muri guverinoma ya Kongo ari Umunyamulenge, hari intagondwa z’Abakongomani zibibonamo”igitutsi” ku gihugu cyabo. Baraje babimwereke rero!

2024-11-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jasmine Kibatenga ni we wegukanye irushanwa rya The Next Pop icyiciro cya mbere ahita yegukana sheki ya miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda

Jasmine Kibatenga ni we wegukanye irushanwa rya The Next Pop icyiciro cya mbere ahita yegukana sheki ya miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Mar 2021
BKArena irakira imikino ya nyuma ya BAL 2023, REG BBC ihagarariye u Rwanda iratangirana na Al Ahly

BKArena irakira imikino ya nyuma ya BAL 2023, REG BBC ihagarariye u Rwanda iratangirana na Al Ahly

Ubwanditsi 19 May 2023
Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo  y’umupira w’amaguru (Police FC)

Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo y’umupira w’amaguru (Police FC)

Ubwanditsi 15 Jul 2016
FDU-Inkingi yashimangiye ko INGABIRE Victoire akiri umuyoboke w’iryo shyaka rikorana na FDLR mu bikorwa by’iterabwoba

FDU-Inkingi yashimangiye ko INGABIRE Victoire akiri umuyoboke w’iryo shyaka rikorana na FDLR mu bikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madame Jeannette Kagame yagizwe umudamu w’indashyikirwa muri Afurika
INKURU NYAMUKURU

Madame Jeannette Kagame yagizwe umudamu w’indashyikirwa muri Afurika

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Perezida Kagame arasura Cote d’Ivoire muri iki cyumweru dutangiye
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame arasura Cote d’Ivoire muri iki cyumweru dutangiye

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine
HIRYA NO HINO

Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Ubwanditsi 30 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru