• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango

Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango

Ubwanditsi 24 Jan 2020 POLITIKI

Urugaga rw’Abavoka bo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EALS), rwajyanye mu nkiko akanama k’Abaminisitiri b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirzuba (EAC) gashinjwa kwica ingingo zitandukanye zikubiye mu masezera yawo.

Akanama k’abaminisitiri ka EAC gasanzwe gafata umwanzuro ku ngingo zitandukanye zireba uyu muryango uhuriweho n’ibihugu bitandatu, karezwe mu rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazub (EACJ) rufite icyicaro Arusha muri Tanzania kuri uyu wa Kane.

EALS ivuga ko inama, ibyemezo n’imyanzuro bikunze gukorerwa muri EAC, akenshi bikorwa Intumwa Nkuru z’ibihugu binyamuryango nta ruhare zabigizemo nyamara atari uko amasezerano yawo abiteganya.

Itangazo EALS yagenewe abanyamakuru rivuga ko nk’urwego rufata ibyemezo muri EAC, akanama k’Abaminisitiri gakwiye kuba ku isonga mu kubahiriza no gushyira mu bikorwa amategeko agenga umuryango nta rwitwazo na rumwe.

Riti “Ikirego cyacu ni uko Inama y’Abaminisitiri yananiwe kubahiriza ibisabwa kuri iyi ngingo.”

EALS ivuga ko gukora inama zitagizwemo uruhare n’Intumwa Nkuru z’ibihugu binyamuryango byatumye habaho ubukererwe mu kugera ku ntego z’amasezerano yawo kandi bigateza amakimbirne n’urujijo mu rugendo rwo kwihuza.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, akaba ari nawe uyoboye inama y’abaminisitiri bawo, Amb. Nduhungirehe Olivier, yavuze ko nta cyo yavuga ku ngingo yamaze kugezwa mu rukiko.

Mu minsi yashize kandi abanyamategeko bo muri EAC bavuze ko kumurikira Inteko y’uwo muryango (EALA) umushinga w’itegeko watangijwe n’Inama y’Abaminisitiri usanga bigoye mu gihe uba utaremezwa n’Inama ya EAC ishinzwe amategeko n’ubutabera.

Iyi nama igizwe n’Intumwa Nkuru z’ibihugu binyamuryango, abaperezida b’Inkiko z’Ikirenga, Abaminisitiri bashinzwe Ubutabera n’Itegeko Nshinga. Umushinga w’Itegeko ugomba kubanza gusuzumwa n’iryo tsinda mbere y’uko ushikirizwa EALA.

Inama y’Abaminisitiri ya EAC kandi ishinjwa kutubahiriza amasezerano y’umuryango, igategura inama ndetse zigafatirwamo imyanzuro kandi umubare w’abagomba kuba bitabiriye kugira ngo hafatwe umwanzuro utuzuye.

Indi ngingo iyi nama y’Abaminisitiri ivugwaho kwica amasezerano, ni uko ngo yashyizeho komisiyo ishinzwe gutanga ibizamini (Ad Hoc EAC Service Commission) itaremerejwe mu nama y’abakuru b’ibihugu.

Itangazo rya EALS rikomeza rigira riti “Turashaka ko imyanzuro yose Inama y’Abaminisitiri yafashe ihabanye n’amasezerano, cyane cyane irebana n’inama ya 39 yabaye mu Ugushyingo 2019 iteshwa agaciro.”

EALS ivug ko iki kirego kigamije kugira ngo abantu bo muri EAC bajye baha agaciro kandi bubahirize amategeko y’umuryango kugira ngo buri wese abone akamaro ko kwihuriza hamwe.

2020-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi

Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi

Ubwanditsi 23 Sep 2017
FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura

FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura

RUSHYASHYA 04 Dec 2025
Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Mbere y’uko usohoka mu nzu ntunatekereza ngo ngiye hanze gukora iki? – Perezida Kagame

Mbere y’uko usohoka mu nzu ntunatekereza ngo ngiye hanze gukora iki? – Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore umuti Perezida Kagame yatanze watuma Afurika isatira iterambere Aziya igezeho
INKURU NYAMUKURU

Dore umuti Perezida Kagame yatanze watuma Afurika isatira iterambere Aziya igezeho

Ubwanditsi 28 Jan 2018
Bugesera: Polisi yafashe moto yibwe i Kigali igiye kugurishwa i Burundi
Mu Mahanga

Bugesera: Polisi yafashe moto yibwe i Kigali igiye kugurishwa i Burundi

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Kayitesi umugore wa Lt. Joel Mutabazi yafatiwe muri Hotel arikumwe na Kayumba Nyamwasa
ITOHOZA

Kayitesi umugore wa Lt. Joel Mutabazi yafatiwe muri Hotel arikumwe na Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 15 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru