• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango

Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango

Ubwanditsi 24 Jan 2020 POLITIKI

Urugaga rw’Abavoka bo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EALS), rwajyanye mu nkiko akanama k’Abaminisitiri b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirzuba (EAC) gashinjwa kwica ingingo zitandukanye zikubiye mu masezera yawo.

Akanama k’abaminisitiri ka EAC gasanzwe gafata umwanzuro ku ngingo zitandukanye zireba uyu muryango uhuriweho n’ibihugu bitandatu, karezwe mu rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazub (EACJ) rufite icyicaro Arusha muri Tanzania kuri uyu wa Kane.

EALS ivuga ko inama, ibyemezo n’imyanzuro bikunze gukorerwa muri EAC, akenshi bikorwa Intumwa Nkuru z’ibihugu binyamuryango nta ruhare zabigizemo nyamara atari uko amasezerano yawo abiteganya.

Itangazo EALS yagenewe abanyamakuru rivuga ko nk’urwego rufata ibyemezo muri EAC, akanama k’Abaminisitiri gakwiye kuba ku isonga mu kubahiriza no gushyira mu bikorwa amategeko agenga umuryango nta rwitwazo na rumwe.

Riti “Ikirego cyacu ni uko Inama y’Abaminisitiri yananiwe kubahiriza ibisabwa kuri iyi ngingo.”

EALS ivuga ko gukora inama zitagizwemo uruhare n’Intumwa Nkuru z’ibihugu binyamuryango byatumye habaho ubukererwe mu kugera ku ntego z’amasezerano yawo kandi bigateza amakimbirne n’urujijo mu rugendo rwo kwihuza.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, akaba ari nawe uyoboye inama y’abaminisitiri bawo, Amb. Nduhungirehe Olivier, yavuze ko nta cyo yavuga ku ngingo yamaze kugezwa mu rukiko.

Mu minsi yashize kandi abanyamategeko bo muri EAC bavuze ko kumurikira Inteko y’uwo muryango (EALA) umushinga w’itegeko watangijwe n’Inama y’Abaminisitiri usanga bigoye mu gihe uba utaremezwa n’Inama ya EAC ishinzwe amategeko n’ubutabera.

Iyi nama igizwe n’Intumwa Nkuru z’ibihugu binyamuryango, abaperezida b’Inkiko z’Ikirenga, Abaminisitiri bashinzwe Ubutabera n’Itegeko Nshinga. Umushinga w’Itegeko ugomba kubanza gusuzumwa n’iryo tsinda mbere y’uko ushikirizwa EALA.

Inama y’Abaminisitiri ya EAC kandi ishinjwa kutubahiriza amasezerano y’umuryango, igategura inama ndetse zigafatirwamo imyanzuro kandi umubare w’abagomba kuba bitabiriye kugira ngo hafatwe umwanzuro utuzuye.

Indi ngingo iyi nama y’Abaminisitiri ivugwaho kwica amasezerano, ni uko ngo yashyizeho komisiyo ishinzwe gutanga ibizamini (Ad Hoc EAC Service Commission) itaremerejwe mu nama y’abakuru b’ibihugu.

Itangazo rya EALS rikomeza rigira riti “Turashaka ko imyanzuro yose Inama y’Abaminisitiri yafashe ihabanye n’amasezerano, cyane cyane irebana n’inama ya 39 yabaye mu Ugushyingo 2019 iteshwa agaciro.”

EALS ivug ko iki kirego kigamije kugira ngo abantu bo muri EAC bajye baha agaciro kandi bubahirize amategeko y’umuryango kugira ngo buri wese abone akamaro ko kwihuriza hamwe.

2020-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’Ishami rizakurikirana ishyirwa mu bikorwa rya SDGs muri Afurika y’Amajyepfo

Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’Ishami rizakurikirana ishyirwa mu bikorwa rya SDGs muri Afurika y’Amajyepfo

Ubwanditsi 07 Aug 2019
Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Ubwanditsi 06 Mar 2017
Abanyarwanda icyenda bagejeje Leta ya Uganda mu rukiko

Abanyarwanda icyenda bagejeje Leta ya Uganda mu rukiko

Ubwanditsi 14 Aug 2019
Perezida Putin yamurikiwe Misile zifite ubukana buruta ubw’ izindi zose zabayeho

Perezida Putin yamurikiwe Misile zifite ubukana buruta ubw’ izindi zose zabayeho

Ubwanditsi 03 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso
Mu Rwanda

Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Perezida mushya wa Zimbabwe, Mnangagwa yijeje abaturage demokarasi no guhanga imirimo
Mu Mahanga

Perezida mushya wa Zimbabwe, Mnangagwa yijeje abaturage demokarasi no guhanga imirimo

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Neymar Jr akomeje kwibasirwa n’abafana bamuziza kuvuga ko afasha Mbape.
IMIKINO

Neymar Jr akomeje kwibasirwa n’abafana bamuziza kuvuga ko afasha Mbape.

Ubwanditsi 23 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru