• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Abaturage baracyari mu rujijo ku hazaza ha Joseph Kabila

RDC: Abaturage baracyari mu rujijo ku hazaza ha Joseph Kabila

Ubwanditsi 06 Aug 2018 POLITIKI

Urujijo ni rwose ku hazaza ha Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, mu gihe hasigaye iminsi itatu ngo igihe cyo gutanga kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu kirangire.

Kugeza tariki ya 8 Kanama, Kabila w’imyaka 47 agomba gutangaza uwo ishyaka rye rizatanga uzamusimbura ku buyobozi cyangwa niba aziyamamariza indi manda mu matora azaba tariki 23 Ukuboza uyu mwaka nubwo atabyemerewe n’Itegeko Nshinga.

Abayoboke ba Kiliziya Gatolika biyemeje kumara iminsi itatu bigaragambya guhera tariki 12 Kanama Kabila naramuka yongeye kwiyamamaza.

Nta na kimwe Kabila aratangaza ku hazaza he muri politiki ya Congo kuko no mu ruzinduko rw’iminsi ibiri aherutse kugirira muri Angola ntacyo yabivuzeho.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Manuel Augusto, yavuze ko Kabila yijeje Perezida Joao Lourenço ko amatora azakorwa mu mucyo kandi ko yasabwe kubahiriza Itegeko Nshinga.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Lambert Mende, yavuze ko Kabila yasabye impuzamashyaka FCC (Front Commun pour le Congo) kumuha amazina ane y’abashobora kuba abakandida, agatoranyamo umwe.

Umwe mu mu bazi neza politiki ya Congo yabwiye Jeune Afrique dukesha iyi nkuru ko abashyigikiye Kabila batifuza ko ava ku butegetsi.

Uyu muntu yavuze ko abari kumwe na Kabila mu mpuzamashyaka bamubwira bati “Uwo twifuza mbere na mbere ni mwe, uwa kabiri ni njye, uwa gatatu ni Aubin Minaku (uyoboye Inteko Ishinga Amategeko) kuko ari we munyamabanga mukuru w’ishyaka iri ku butegetsi.”

Kabila yakwiyamamaza cyangwa agashyiraho umusimbura, azahangana n’abatavuga rumwe na Leta bakomeye barimo Jean Pierre Bemba uherutse kurekurwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) ndetse na Moïse Katumbi wahoze ari Guverineri w’Intara ya Katanga.

Katumbi umaze iminsi mu buhungiro yatewe ubwoba ko niyinjira muri Congo azahita atabwa muri yombi. Uyu mugabo yatangaje ko kuwa Gatanu w’iki cyumweru yangiwe kwinjira mu gihugu cye ku mupaka ugihuza na Zambia.

Nubwo kandidatire zabo zatangwa, hari impungenge z’ukwemerwa kwazo, byose bikazamenyekana tariki 19 Kanama ubwo hazaba hatangazwa by’agateganyo abemerewe kwiyamamaza ndetse na 19 Nzeli ubwo hazaba hatangazwa urutonde ntakuka.

2018-08-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

Ubwanditsi 01 Mar 2025
Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Nta terambere rishoboka bikozwe n’umuntu umwe kabone nubwo yaba Perezida-Kagame

Nta terambere rishoboka bikozwe n’umuntu umwe kabone nubwo yaba Perezida-Kagame

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Perezida Nguema wa Guinée Equatoriale yageze i Kigali (Amafoto)

Perezida Nguema wa Guinée Equatoriale yageze i Kigali (Amafoto)

Ubwanditsi 14 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Nkurunziza yaba yaragiye ku butegetsi ashaka amafaranga kurusha kunga Abarundi?
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza yaba yaragiye ku butegetsi ashaka amafaranga kurusha kunga Abarundi?

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwirinda amakosa nk’ay’abayobozi baherutse kwegura
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwirinda amakosa nk’ay’abayobozi baherutse kwegura

Ubwanditsi 17 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru