• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Abaturage baracyari mu rujijo ku hazaza ha Joseph Kabila

RDC: Abaturage baracyari mu rujijo ku hazaza ha Joseph Kabila

Ubwanditsi 06 Aug 2018 POLITIKI

Urujijo ni rwose ku hazaza ha Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, mu gihe hasigaye iminsi itatu ngo igihe cyo gutanga kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu kirangire.

Kugeza tariki ya 8 Kanama, Kabila w’imyaka 47 agomba gutangaza uwo ishyaka rye rizatanga uzamusimbura ku buyobozi cyangwa niba aziyamamariza indi manda mu matora azaba tariki 23 Ukuboza uyu mwaka nubwo atabyemerewe n’Itegeko Nshinga.

Abayoboke ba Kiliziya Gatolika biyemeje kumara iminsi itatu bigaragambya guhera tariki 12 Kanama Kabila naramuka yongeye kwiyamamaza.

Nta na kimwe Kabila aratangaza ku hazaza he muri politiki ya Congo kuko no mu ruzinduko rw’iminsi ibiri aherutse kugirira muri Angola ntacyo yabivuzeho.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Manuel Augusto, yavuze ko Kabila yijeje Perezida Joao Lourenço ko amatora azakorwa mu mucyo kandi ko yasabwe kubahiriza Itegeko Nshinga.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Lambert Mende, yavuze ko Kabila yasabye impuzamashyaka FCC (Front Commun pour le Congo) kumuha amazina ane y’abashobora kuba abakandida, agatoranyamo umwe.

Umwe mu mu bazi neza politiki ya Congo yabwiye Jeune Afrique dukesha iyi nkuru ko abashyigikiye Kabila batifuza ko ava ku butegetsi.

Uyu muntu yavuze ko abari kumwe na Kabila mu mpuzamashyaka bamubwira bati “Uwo twifuza mbere na mbere ni mwe, uwa kabiri ni njye, uwa gatatu ni Aubin Minaku (uyoboye Inteko Ishinga Amategeko) kuko ari we munyamabanga mukuru w’ishyaka iri ku butegetsi.”

Kabila yakwiyamamaza cyangwa agashyiraho umusimbura, azahangana n’abatavuga rumwe na Leta bakomeye barimo Jean Pierre Bemba uherutse kurekurwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) ndetse na Moïse Katumbi wahoze ari Guverineri w’Intara ya Katanga.

Katumbi umaze iminsi mu buhungiro yatewe ubwoba ko niyinjira muri Congo azahita atabwa muri yombi. Uyu mugabo yatangaje ko kuwa Gatanu w’iki cyumweru yangiwe kwinjira mu gihugu cye ku mupaka ugihuza na Zambia.

Nubwo kandidatire zabo zatangwa, hari impungenge z’ukwemerwa kwazo, byose bikazamenyekana tariki 19 Kanama ubwo hazaba hatangazwa by’agateganyo abemerewe kwiyamamaza ndetse na 19 Nzeli ubwo hazaba hatangazwa urutonde ntakuka.

2018-08-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea

Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea

Ubwanditsi 23 Apr 2017
Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore

Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore

Ubwanditsi 11 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FRVB yaciwe amande asaga miliyoni 120 Frw kubera gukinisha abanyamahanga badafite ibyangombwa mu gikombe cya Afurika cy’Abagore
Amakuru

FRVB yaciwe amande asaga miliyoni 120 Frw kubera gukinisha abanyamahanga badafite ibyangombwa mu gikombe cya Afurika cy’Abagore

Ubwanditsi 17 Mar 2022
U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Ubwanditsi 09 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru