• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Abaturage baracyari mu rujijo ku hazaza ha Joseph Kabila

RDC: Abaturage baracyari mu rujijo ku hazaza ha Joseph Kabila

Ubwanditsi 06 Aug 2018 POLITIKI

Urujijo ni rwose ku hazaza ha Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, mu gihe hasigaye iminsi itatu ngo igihe cyo gutanga kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu kirangire.

Kugeza tariki ya 8 Kanama, Kabila w’imyaka 47 agomba gutangaza uwo ishyaka rye rizatanga uzamusimbura ku buyobozi cyangwa niba aziyamamariza indi manda mu matora azaba tariki 23 Ukuboza uyu mwaka nubwo atabyemerewe n’Itegeko Nshinga.

Abayoboke ba Kiliziya Gatolika biyemeje kumara iminsi itatu bigaragambya guhera tariki 12 Kanama Kabila naramuka yongeye kwiyamamaza.

Nta na kimwe Kabila aratangaza ku hazaza he muri politiki ya Congo kuko no mu ruzinduko rw’iminsi ibiri aherutse kugirira muri Angola ntacyo yabivuzeho.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Manuel Augusto, yavuze ko Kabila yijeje Perezida Joao Lourenço ko amatora azakorwa mu mucyo kandi ko yasabwe kubahiriza Itegeko Nshinga.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Lambert Mende, yavuze ko Kabila yasabye impuzamashyaka FCC (Front Commun pour le Congo) kumuha amazina ane y’abashobora kuba abakandida, agatoranyamo umwe.

Umwe mu mu bazi neza politiki ya Congo yabwiye Jeune Afrique dukesha iyi nkuru ko abashyigikiye Kabila batifuza ko ava ku butegetsi.

Uyu muntu yavuze ko abari kumwe na Kabila mu mpuzamashyaka bamubwira bati “Uwo twifuza mbere na mbere ni mwe, uwa kabiri ni njye, uwa gatatu ni Aubin Minaku (uyoboye Inteko Ishinga Amategeko) kuko ari we munyamabanga mukuru w’ishyaka iri ku butegetsi.”

Kabila yakwiyamamaza cyangwa agashyiraho umusimbura, azahangana n’abatavuga rumwe na Leta bakomeye barimo Jean Pierre Bemba uherutse kurekurwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) ndetse na Moïse Katumbi wahoze ari Guverineri w’Intara ya Katanga.

Katumbi umaze iminsi mu buhungiro yatewe ubwoba ko niyinjira muri Congo azahita atabwa muri yombi. Uyu mugabo yatangaje ko kuwa Gatanu w’iki cyumweru yangiwe kwinjira mu gihugu cye ku mupaka ugihuza na Zambia.

Nubwo kandidatire zabo zatangwa, hari impungenge z’ukwemerwa kwazo, byose bikazamenyekana tariki 19 Kanama ubwo hazaba hatangazwa by’agateganyo abemerewe kwiyamamaza ndetse na 19 Nzeli ubwo hazaba hatangazwa urutonde ntakuka.

2018-08-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Habuze Ticket ngo Padiri Tomas Nahimana  atahe aze kwiyamamaza kuyobora u Rwanda 2017.

Habuze Ticket ngo Padiri Tomas Nahimana atahe aze kwiyamamaza kuyobora u Rwanda 2017.

Ubwanditsi 28 Jan 2016
Ramazani Shadary ni we Kabila yatanze nk’uwamusimbura

Ramazani Shadary ni we Kabila yatanze nk’uwamusimbura

Ubwanditsi 08 Aug 2018
Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Amateka ya Nyakwigendera  Mazimpaka  Patrick  guhera u Rwanda rwabona ubwigenge .

Amateka ya Nyakwigendera  Mazimpaka  Patrick  guhera u Rwanda rwabona ubwigenge .

Ubwanditsi 30 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020
Amakuru

Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Ubwanditsi 08 Jul 2021
Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo
HIRYA NO HINO

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Ubwanditsi 25 Jan 2019
Amafoto – Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid yasezeranye na Elsa Iradukunda wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017
Amakuru

Amafoto – Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid yasezeranye na Elsa Iradukunda wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017

Ubwanditsi 02 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru