• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)

Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)

Ubwanditsi 04 Dec 2018 IMIKINO

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Nshuti Innocent ukina muri Club Stade Tunisien y’i Tunis, yasuye bagenzi be yasize muri APR FC abaganiriza ku byo bakwirinda mu mukino ubahuza na Club Africain.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 4 Ukuboza 2019 saa 19h z’i Kigali, nibwo ikipe ya APR FC ihangana na Club Africain yo muri Tunisia kuri Stade Olympique de Radès mu mukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League.

APR FC yageze muri Tunisia nyuma yo gukora urugendo rwahagurutse mu Rwanda kuwa Gatandatu tariki 1 Ukuboza 2018 saa 16h barara i Doha muri Qatar, bahahaguruka saa tatu z’igitondo cyo ku Cyumweru berekeza muri Tunisia, aho bageze ku gicamunsi.

Iyi kipe icumbitse muri Sentido Phenicia Hotel iri mu gace ka Hammamet hafi y’inyanja ya Méditerranée, yasuwe na rutahizamu w’umunyarwanda Nshuti Innocent ukina muri Club Stade Tunisien yo muri uyu Mujyi wa Tunis, abaganiriza byinshi byabafasha mu mukino wo kwishyura.

Nshuti yabwiye IGIHE ko afitiye icyizere bagenzi be b’abanyarwanda nubwo gutsindira Abarabu iwabo bitoroshye.

Ati “Bafite akazi katoroshye. Naganiriye na bagenzi banjye mbibutsa ko gutinya cyangwa kubaha cyane Club Africain bizatuma ikipe yacu isezererwa kuko Abarabu bakora buri kimwe ngo babone intsinzi harimo no gutera ubwoba uwo bahanganye.”

Yakomeje agira ati “Hano haba abafana bagira amahane kandi bahora inyuma y’amakipe yabo mu bihe bibi n’ibyiza. Ntekereza ko abazakina uyu mukino basabwa kubima amatwi kandi mbafitiye icyizere kuko APR FC ifite abakinnyi benshi bafite inararibonye.”
APR FC yakoreye imyitozo ya nyuma kuri stade ya Rades, nta kibazo cy’imvune ifite kandi yiteguye gusiba amateka mabi yanditswe muri 2011 ubwo yatsindirwaga kuri iyi stade na Club Africain 4-0 nabwo muri aya marushanwa ya CAF.

Abakinnyi 11 APR FC ishobora kubanza mu kibuga kuri uyu mukino

Umunyezamu: Kimenyi Yves

Ba myugariro: Ombolenga Fitina, Buregeya Prince, Herve Rugwiro, Emmanuel Imanishimwe ‘Mangwende’.

Abo hagati: Mugiraneza Jean Baptiste ‘Migi’, Butera Andrew na Imran Nshimiyimana.

Ba rutahizamu: Muhadjiri Hakizimana, Issa Bigirimana na Dominique Savio Nshuti

Nshuti Innocent ukina muri Tunisie yasuye bagenzi be yasize muri APR FC

Kimenyi Yves, umunyezamu wa APR FC afite akazi katoroshye

Ngo barasabwa kudatinya cyangwa ngo bubahe cyane Club Africain

APR FC icumbitse muri Sentido Phenicia Hotel

Iyi Hotel ikora ku nyanja ya Méditerranée

Butera Andrew afite akazi ko kuyobora umukino wa APR FC muri iri joro

Bakoreye imyitozo ya nyuma kuri stade ya Rades

2018-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Mar 2021
Agashya mu mikino Olympic: Umukobwa ukinira ikipe ya Brazil yasabwe numukobwa bakundana ko yazamubera umugore hagati mu kibuga nyuma yaho bari bamaze gutsindwa

Agashya mu mikino Olympic: Umukobwa ukinira ikipe ya Brazil yasabwe numukobwa bakundana ko yazamubera umugore hagati mu kibuga nyuma yaho bari bamaze gutsindwa

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0

Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0

Ubwanditsi 09 Mar 2025
Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda

Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda

Ubwanditsi 05 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu
Mu Mahanga

Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Mu mukino wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda utarabereye igihe, Kiyovu SC itsinze AS Kigali 2-1
Amakuru

Mu mukino wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda utarabereye igihe, Kiyovu SC itsinze AS Kigali 2-1

Ubwanditsi 21 Aug 2024
Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye
IKORANABUHANGA

Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ubwanditsi 09 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru